RFL
Kigali

Ikiruhuko cy'iminsi 3, uruvunganzoka rw'abifuza kureba umurambo we : Bimwe mu bikorwa byakurikiye urupfu rwa Maradona

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:27/11/2020 8:57
1


"Iyaba byashobokaga ko umuntu agarura ibihe inyuma akagira ibyo ahindura nabyemera ariko igitego ni igitego sinahindura igitego natsinze, yewe sinshobora guhindura ibyiza nakoze nkiri mu kibuga" Diego Armando Maradona.



Yaba abamubonye akiri mu kibuga yaba abakinanye na we ndetse n'abamwumvise mu mateka, abasomye inkuru ze, bose nta muntu utababajwe n'urupfu rwa Diego Maradona ikigirwamana cy'umupira w'amaguru.

Mu buzima bwa buri munsi iyo umuntu avutse biba bizwi ko igisigaye ari ukuzitaba Imana n'ubwo umunsi uba utazwi. Maradona wabonye izuba mu 1960 nta wari uzi ko azaba Maradona witangiye Argentina, Maradona wababaje Abongereza, Maradona wabaye icyitegererezo ku bakinnyi batandukanye, gusa icyari kizwi ni uko igihe cyari kuzagera akitaba Imana aribyo byabaye ku mugoroba wa tariki 25 Ugushyingo 2020.

N'ubwo umuntu iyo yitabye Imana ahaye agasomyo ka nyuma ubuzima hari benshi bagiye barimo amadeni, hari ababa bamurimo amadeni ariko byose biba imfabusa gusa hari igikurikira urupfu rw'umuntu by'umwihariko iyo yari umuntu uzwi.


Indabyo, imipira yo gukinana, ni byo biri kugaragara cyane ku baza gusura umurambo wa Maradona

None, urupfu rwa Maradona rurakurikirwa n'iki?

Bimwe mu bikorwa byakurikiye inkuru y'iruhuko ridashira rya Maradona, harimo kuba umuyobozi w'igihugu cyamwibarutse, Alberto Fernandez yatanze ikiruhuko cy'iminsi 3 abantu bazirikana ndetse bunamira uyu mwubatsi w'amateka y’umupira w'amaguru muri iki gihugu cya Argentina.

Usibye ikiza cya Coronavirus cyibuza abantu guhurira hamwe ari benshi byitezwe ko bwa mbere muri Arigentina hagiye kugaragara amatsinda y’abantu azirikana ikirangirire kitabye Imana kurusha ikindi gihe cyabayeho.


Abafana biriwe bashyamiranye na Polisi bifuza kujya kureba aho umurambo wa Maradona uruhukiye

Urupfu rwa Maradona, rusize ubwumvikane no guhuriza hamwe ku bafite aho bahuriye n'umupira w’amaguru yaba abakinnyi b'u Bwongereza bari mu kibuga ubwo yatsindaga cya gitego cy’ukuboko, abenshi bagaragaje ubutwari bw’uyu mugabo. Ikindi kintu kitezwe kuzakurikira urupfu rwa Maradona ni sitade ya Napoli yo mu Butariyani byitezwe ko izitirirwa izina ry'uyu munyabigwi wayikiniye imikino 188 ayitsindira ibitego 81. Iyi sitade isanzwe yitwa San paolo Stadium, ikaba sitade ya gatatu muri sitade zakira abantu benshi mu Butariyani.


Ubwo umubiri wa Maradona wajyanwaga aho Perezida akorera

Nyuma y'urupfu rwa Maradona hitezwe gutangwa amakuru atarigeze amenyekana ku byo uyu mukinnyi yakoze harimo igitego cy’ukuboko yatsinze, ibiyobyabwenge byamuvuzweho, uko yifataga, imyumvire ku mpaka zo kuba umukinnyi wa mbere ku isi hagati ye na Edson Arantes do Nascimento uzwi nka Pele.

Hari byinshi bizakurikira urupfu rw'uyu munyabigwi ariko ikiruta ibindi byose ni uko ubu isi n'abayituye bagiye gutangira kubara iminsi amasaza n'imyaka ishize Diego Armando Maradona atuvuyemo.


Abakunzi ba Maradona ni benshi ku marembo y'aho umurambo uri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Elyse3 years ago
    Maradona am very sad because of you ohhh R.I.P





Inyarwanda BACKGROUND