RFL
Kigali

Ku myaka 11, Se yamuhatiye kuryamana na nyirakuru ashaka kumurinda kuzaba umutinganyi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:23/11/2020 14:23
0


Daniel Dowling ubu afite imyaka 36, ​​yakorewe ihohoterwa afite imyaka 11, byamusabye ubutwari bukomeye kugira ngo atsinde ubwoba ndetse yamagane ako karengane yakorewe kuva akiri muto arikorerwa na se.



Kubera ko Daniel Dowling, ubu ufite imyaka 36, ​​yatewe ubwoba n’ibi bintu byabaye, abanza kwanga kubivuga ngo bitazamenyekana ​​ariko nyuma yiyemeza kubishyira hanze avuga ko afite imyaka 11 se yamuhatiye kuryamana na nyirakuru. Abamutotezaga bakatiwe igihano cy'igifungo cy'imyaka 5 kuri se, Richard Dowling, n'imyaka 8 kuri nyirakuru, Annette Breakspear.

Daniel Dowling ati: “Uruhare rwa data rwari ukundinda ariko yabirenzeho yangiza ubwana bwanjye. Sinzigera nshobora kurenga ibyo. Byatangiye ari nk’imikino, ndabyibuka ko hari ku cyumweru ubwo twakinaga twibereye mu rugo, papa yatanze itegeko avuga ko muri uwo mukino uzajya utsindwa azajya akuramo imyenda, byaje kurangira nyogokuru atsinzwe asigara yambaye ubusa maze papa antegeka kumukorakora hose.

Igihe cyo kuryama kigeze papa antegeka kujya gusezera nyogokuru ariko nkamusoma narabikoze rero birangira amfashe ku ngufu, kuva ubwo abigira akamenyero, muri icyo gikorwa banyerekaga filime z’urukozasoni bambwirra ko ariko bikorwa”.

Nyuma y’uko urukiko rukase uru rubanza, Richard Dowling ari na we se wa Daniel Dowling yireguye avuga ko yashakaga kwigisha umuhungu we kutaryamana n’abo bahuje ibitsina ngo kuko yabonaga umuhungu we afite ibyo bimenyetso n'uko ahitamo kumwigisha gukora imibonano mpuzabitsina na nyirakuru.

Src: The Sun

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND