RFL
Kigali

Mu Chris yavuze imbogamizi z'abahanzi bakizamuka, Mr Bapty ahishura ko yinjira bwa mbere muri Studio ubwoba bumutashye-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:19/11/2020 20:06
0


Abahanzi bakizamuka akenshi bagaragaza imbogamizi bahura nazo muri muzika, hari ubushobozi buke bamwe baba bafite cyangwa se abandi bagasuzugurwa nk'ibyo we afata ko bibaho kenshi kandi bica intege umuhanzi muto.



INYARWANDA.COM, iganira n’aba basore 2, Mu Chris na Mr Bapty, batangaje uburyo umuziki wabo uhagaze n'aho bashaka kuwugeza. Umuhanzi Mugwaneza Christian uzwi nka Mu Chris umwe mu binjiye muri muzika nyarwanda muri 2014, aherutse gushyira hanze indirimbo yise “Warakinkoze” aririmbamo urukundo rwagusaza kubera kwiringira uwo wakundaga ukamubura kubera gukunda iraha.


Mu Chris i Bumoso, Mr Bapty i Buryo

Mu Chris afite indirimbo zigera kuri 6 harimo; “Kimbagira” (yakoranye n’umuhanzi Fissa),” Ni Hatari” yakoranye na Pacento, ”Kanjogera”, ” Why”, “Warakinkoze” na “Ahashashe” yakoranye n’umuhanzi winjiye muri muzika Mr Bapty.

Mr Bapty, avuga ko gukora indirimbo no kwinjira muri Studio bwa mbere byamugoye kujyana n’injyana, ariko agenda amenyera gacye gacye. Yinjijwe muri studio bwa mbere n’inshuti ye Mu Chris afata nk'aho ariwe wamutinyuye. Muri 2014, Mu Chris yashakaga gukorana n’indirimbo na bamwe mu bahanzi bari bahagaze neza icyo gihe ariko ntibyakunze.

KANDA HANO WUMVE IKIGANIRO TWAGIRANYE N'ABA BASORE


KANDA HANO UREBE AHASHASHE YA MU CHRIS FT MR BAPTY


    





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND