RFL
Kigali

Impano hanze ya Kigali: Uwase Ella w’imyaka 4 twamusanze muri Studio, yasohoye indirimbo ihimbaza Imana, Se nawe ni umunyamuziki-VIDEO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:18/11/2020 8:18
0


Umujyi wa Kigali ufatwa nk’igicumbi cy’impano zitandukanye, gusa no hanze ya Kigali hari abanyempano bazi muzika, yaba kuririmba (Abahanzi) no gutunganya indirimbo (Producers).



INYARWANDA.COM, yibanda cyane ku banyempano batandukanye, Abahanzi, Abakinnyi, Abanyamideli, Abanyarwenya n’abandi, yatembereye mu karere ka Huye nka hamwe hakunze kugaragara impano zitandukanye ariko uko imyaka ishira n’indi igataha, imyidagaduro yo mu karere ka  Huye igenda isubira inyuma cyane aho nta bahanzi bacyerekana imbaraga n’ishyaka rya muzika bityo Huye ikagenda yibagirana ku banyempano.


Ibumoso, Producer CareBeat, i buryo (Umuhanzikazi Ella w'imyaka 4 y'amavuko

Umunyamakuru akigera mu mujyi wa Huye, yinjiye muri imwe muri Studio ikora umuziki yitwa “The Winner Record” ikoreramo Producer uzwi muri Huye nka “Care Beat”. Twasanze hicayemo Umwana muto w’umukobwa ufite imyaka 4 y’amavuko witwa “Uwase Iganze Ella”. Uyu mwana yatweretse impano ye, asanzwe ari umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya ko guhimbaza Imana. Afite indirimbo imwe yitwa “Isoko Idakama”, uyu mwana kandi yari yicaranye na Se, Ndahimana Janvier (CareBeat) muri iyo Studio ye.

Uyu mwana wiga mu ishuri ry'incuke,  yabajijwe n’umunyamakuru icyo akunda, Ella yagize ati: “Nkunda Capati no kuririmba”. Se w’uyu mwana Care Beat, niwe wabajijwe byinshi ku mwana we (Ella) no kuri muzika ye (Ku giti cye). 

Ku bijyanye n’impano y’umwana we Ella, yagize ati:”Umwana wanjye Ella, nanjye yarantunguye, akunda umuziki cyane, kubera ko ndi Producer hano, muri studio haza abahanzi batandukanye, bagakora indirimbo nawe agahita abikunda ashaka kubigana ukabona ashaka kuririmba, naramwihoreye tumukorera indirimbo, araririmba mbona afite impano kandi indirimbo ye ya mbere yakirwa neza”.


Care Beat, nawe n'ubwo atunganya muzika, ni umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Afite indirimbo yise “Care/Keya”. Mu gihe amaze muri muzika, ayikora anayikorera abahanzi ba Gospel n’izindi njyana, hari ishusho abona ku bahanzi bakorera mu Ntara cyane cyane mu mujyi wa Huye aho akorera.

Yagize ati: “Umuhanzi ntabwo biba byoroshye gufata igihangano ngo akizane muri Kigali, rimwe na rimwe no kuhakorera kubera ubushobozi buke abenshi baba bafite, urabona hari nk’igihe umuhanzi hano i Butare ananirwa no gukora indirimbo, kuko aba yagurishije itungo nk’Ihene, urumva ko biba bikibagora mu mikorere ya muzika.”.

Akomeza avuga ko abantu b’i Kigali bumva ko nta bahanzi bashoboye bo mu Ntara kandi mu by'ukuri  barashoboye. Ati: “Abahanzi ba hano ntibiyumvamo Kigali cyane kuko n’uhageze bumva nta mpano afite kandi barashoboye, baciki intege cyane, itangazamakuru rikorera muri Kigali, ntabwo rigerageza kuzamura impano zo hanze yaho, kubona umunyamakuru yamanutse mu ntara kureba abanyempano biragoye”.

The Winner Record, Studio itunganya muzika mu Karere ka Huye

Akarere ka Huye, kari muri tumwe twarimo imyidagaduro yari ku rwego rwo hejuru ariko ubu cyane byaragabanutse, ntawakwirengagiza ko abahanzi bakomeye barimo Urban Boys ari ho bazamuriye impano bakaza kuhava bagakorera muzika yabo mu mujyi wa Kigali.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO “ISOKO IDAKAMA” YA ELLA


KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO “CARE/KEYA” YA JANVIER (CARE BEAT)


      

 

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND