RFL
Kigali

Michael Jackson ni we uyoboye urutonde rw’ibyamamare byavuye ku Isi byinjije agatubutse mu 2020

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:17/11/2020 7:09
1


Ikinyamakuru Forbes Magazine gikora intonde zitandukanye zibanda cyane ku byamamare ndetse n’abantu batunze agatubutse kuri iyi si, mu rutonde ngarukamwaka rw’ibyamamare byavuye ku iyi si ya rurema byinjije agatubutse muri mwaka ruyobowe na nyakwigendera Michael Jackson aho na Kobe Bryant witabye Imana muri uyu mwaka nawe ari kuri uru rutonde.



Si ubwa mbere Michael Jackson wamenyekenye cyane mu njyana ya Pop ayoboye uru rutonde kuko no mu mwaka ushize ariwe wari ku mwanya wa mbere ndetse hakaba hashize imyaka igera ku munani yose ariwe uza ku mwanya wa mbere.

Ku rutonde ry’uyu mwaka Michael Jackson imibare igaragaza ko yinjije agera kuri miliyoni mirongo ine n’umunani z’amadorali ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ($48,000,000) aya yose akaba 70% yaravuye mu bihangano bye.

Michael Jackson yitabye Imana mu mwaka wa 2009 aho amakuru yavugaga ko yazize umuti urengeje igipimo yatewe bityo bikamuviramo urupfu. Ku rutonde rwasohotse mu mwaka ushize yari yinjije agera kuri miliyoni mirongo itandatu z’amadorali ($60,000,000), nyuma y’uko indirimbo ze zirebwe cyangwa zumviswe kuri murandasi inshuro zigera kuri miliyari ebyiri na miliyoni ebyiri (2.1 billion streams) ugereranyije n’umwaka wabanje aho byari inshuro zigera kuri miliyari imwe na miliyoni umunani (1.8 billion Streams).

Kuri uru rutonde kandi hagaragaramo nyakwigendera Kobe Bryant wahoze ari umukinnyi wa Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uherutse kwitaba Imana azize impanuka y’indege ya kajugujugu muri Mutarama uyu mwaka. 

Muri iyi mpanuka kandi Kobe yari kumwe n’umukobwa we Gianna Bryant w’imyaka 13 y’amavuko nawe akaba yarahasize ubuzima. Uyu mugabo yakunzwe n’abatari bacye cyane cyane ubwo yakinaga mu ikipe ya Los Angeles Lakers yakoreyemo ibigwi byinshi.

Mu byatumye Kobe Bryant yinjiza aya mafaranga nk'uko raporo yabigaragazaga harimo nk’ibikoresho bya siporo bitandukanye by’uyu mugabo byagurishijwe n’uruganda rwa Nike nyuma y’urupfu rwe, aho abantu batandukanye baguze ibi bikoresho ku bwinshi.

Abandi bagaragara kuri uru rutonde harimo nk’umuhanzi Elvis Presley, umuraperi Juice WRLD, umuhanzi Bob Marley, John Lennon, Prince, Freddie Mercury n’abandi.

Dore uko urutonde ruteye

 

10. Prince (umuhanzi) $10M


Yitabye Imana Kuwa 21 Mata 2016

 

9. John Lennon (umuhanzi) $13M


Yitabye Imana Kuwa 8 Ukuboza 1980


8. Bob Marley (umuhanzi) $14M


Yitabye Imana Kuwa 11 Gicurasi 1981

 

7. Juice WRLD (umuhanzi) $15M


Yitabye Imana Kuwa 8 Ukuboza 2019

 

6. Kobe Bryant (umukinnyi) $20M


Yitabye Imana Kuwa 26 Mutarama 2020

 

5. Elvis Presley (umuhanzi) $23M


Yitabye Imana Kuwa 16 Kanama 1977

 

4. Arnold Palmer (umukinnyi) $25M


Yitabye Imana Kuwa 25 Nzeri 2016

 

3. Charles Schurlz (yakoraga amashusho azwi nka Cartoon) $32.5M


Yitabye Imana Kuwa 12 Gashyantare 2000

 

2. Dr. Seuss (umwanditsi) $33M


Yitabye Imana Kuwa 24 Nzeri 1991

 

1.Michael Jackson (umuhanzi) $48M


Yitabye Imana Kuwa 25 Mutarama 2009

 

Src: Forbes & Daily Mail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • chartina nyirahagenimana3 years ago
    imana ibakire mubayope





Inyarwanda BACKGROUND