Ubusanzwe kubona umuntu w’ukuri wo kubana nawe ubuzima bw’igihe cyose ntibyoroha. Abantu bagenda bahura n’abantu benshi, abanyempano zitandukanye, banaberewe n’ubuzima butandukanye barimo, ariko ibyo ntibibagira abakenewe mu buzima bwihariye.
Iyo
rero umuntu yavuga ko ijuru rikumwenyuriye ugahura n’umukunzi wa nyawe, ubuzima
bwawe buba bugiye guhinduka kandi byanze bikunze uba ugiye kwiga byinshi byiza
n’ubwo ntakibura n’ibibi.
Muri
iyi nkuru turagaruka ku bintu byiza umuntu yigira mu rukundo arimo n’umukunzi
wa nyamwe mu w’uzima bwe.
1.
Urugendo rwo kiyomora no kwiyubaka rurihuta
Ntagushidikanya
ko guhura n’umukunzi w’ukuri w’ubuzima bwawe bigufasha gukira ibikomere wari
umaranye igihe runaka kubera ibindi bintu wagiye uhura nabyo mbere y’uko
mumenyana. Akababaro, abagutengushye, mbese imitwaro wari wikoreye isa nkaho
itangira koroha, bityo urugendo rwo gukira no kwiyubaka bushya rukoroha kandi
rukihuta. Ntiwongera gutwarwa n’amarangamutima ashingiye kuri ako gahinda kuko
uba uri mu marangamutima ashingiye ku munyenga w’urukundo.
2.
Bigufasha kwikunda cyane kurenza uko wabigenzaga
Urukundo
nyarwo n’umukunzi mwiza byigisha ubirimo kumenya agaciro ke. Ibi bituruka ku
kuba umuntu mukundana ahora akwereka ko uri uw’agaciro bikanakwereka nawe
uburyo uri ingenzi atari ku bandi gusa, ahubwo kuri bo no kuri wowe muri
rusange. Ubusanzwe si ngombwa ko umuntu yiha agaciro gusa ari uko hari
umweretse ko agafite, ariko iyo ubishidikanyaho kugira umukunzi ukaguha,
akanakwereka ko uri ingenzi mu buzima bwa burimunsi bituma nawe ubibona.
3.
Ibitekerezo byawe bibi birahinduka
Urukundo
rw’ukuri rugufasha gutekereza ibyiza gusa. Nurugeramo uzabona ko ibibi byose
watekerezaga ku buzima bwawe no kuhazaza hawe bizatangira kugenda nka nyomberi.
Uzatangira kubona no gutekereza ibyiza kuko aribyo uzaba wifuza kubanamo n’umukunzi
wawe kandi ni nabyo nawe azaba akwereka.
4.
Inzozi zawe n’intego zawe bizatangira guhabwa agaciro gakomeye
Umukunzi
w’ukuri azagushyigikira anagusunikire ku nzozi zawe burigihe cyose na buri
mwanya wose abonye. Azatuma ugira ibigukurura byinshi mu gushyira mu bikorwa no
kugira impamo inzozi zawe.
5.
Uziga ibintu bishya utari ufite mbere
Hari
ubwo uzasanga kwita ku bandi ntabyo wagiraga. Nuhura n’umukunzi nyawe uziga,
umenye uko bita ku kiremwamuntu. Biba bimeze nko kongera kwiga ibintu byiza
byose ukabyigira ku muntu wa nyawe kandi w’ukuri ari nabyo bizakugira
umwunganizi nyawe.
TANGA IGITECYEREZO