RFL
Kigali

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Mashami Vincent mbere y'umukino wa Cape Vert

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:27/10/2020 12:25
11


Iyi baruwa yanditswe n'umukunzi w'ikipe y'igihugu Amavubi, wifuje kunenga, gushima ndetse no kugira icyo asaba umutoza w'ikipe y'igihugu Mashami Vincent, mbere y'umukino ubanza u Rwanda ruzakina na Cape Vert uteganyijwe ku wa 11 Ugushyingo 2020.



Bwana Mashami Vincent,

Ndabizi neza ko utanzi ariko njye ndakuzi ndetse n'ibikorwa byawe. Nkwandikiye iyi baruwa kugira ngo ngire bimwe nkwibutsa ugomba kuzirikana ndetse nkugire n'inama mbere yo gukina na Cape Vert.

Mu by'ukuri nkubwiye ko nanditse iyi baruwa nishimye naba nkubeshye, gusa ariko bigomba kubaho kubera ko igihe kibaye kirekire abanyarwanda tutabona ibyishimo by'ikipe duhuriyeho twese, uwagarura 2003 na 2004 ubanza ahari twakwihanagura ayo tumaze imyaka irenga 15 turira.

Ese byibura muzirikana ko Miliyoni zituye iki gihugu ari mwe ziba zihanze amaso? Mutekereza iki iyo mumaze imyaka irenga ibiri muyoboye ikipe y'igihugu ariko ntimube mwagaragaza intambwe n'imwe mwateye?

Ese nta soni zibakora iyo mubona umusaruro wanyu waraciye umukuru w'igihugu ku kibuga?

Ese ko Abanyarwanda batabasaba byinshi, ibyishimo byonyine ku kibuga ko biba bihagije, iyo wowe n'abo musangiye umugambi mwicaye mukagabana imisoro iba yavuye mu bikorwa byabo bya buri munsi, nta gicuro mugira?

Ese ko kuvuga ari ugutaruka muzirikana ko mudufitiye ideni mutarishyura? Mu gihembwe gishize nabonye abaturanyi bose bari mu gikombe cya Afurika tubakurikira ku mateleviziyo, njye byanteraga ipfunwe, gusa bikanantera ishyaka ryo kubyereka abana banjye kugira ngo nabo bazabone icyo kuvuga. Ese nawe byari uko?

Gusa nabonye waratangiye kureba kure kuko hari amazina mashya yahamagawe mu ikipe y'igihugu ariko ntibihagije kuko hakiri benshi bategereje gufungurirwa imiryango.

Nubwo COVID-19 yadutwaye abantu, gusa nabonye yaratumye bamwe bagira isuku, Ese nizere ko iyo suku no mu ikipe uyoboye irimo! Ni ukora neza tuzakugororera ariko nukomeza kutubabaza nabwo tuzabiguhembera.

Ese intego mufite kuri Cape Vert itari mu magambo ni iyihe? Ubu ndabizi muba mubara mu madorali amafaranga ya za misiyo n'akavagari muhembwa, mudatekereza ku buribwe tumaranye imyaka irenga 16.

Byibura se niba no gutwara CECAFA muheruka mu myaka 22 ishize byarabananiye, mwatugaruriye Muzehe ku kibuga ko tumukumbuye?

Ese ubu umwana ufite imyaka 15 nzakoresha iki musobanurira ko ikipe y'igihugu ihari kandi ikina amarushanwa?

Reka wenda ntegereze, gusa iyo ibicu bikubakubye umenya ko imvura igiye kugwa, ariko iyo nta kimenyetso na kimwe gihari uba usa n'uri mu nzozi.

Reka ndeke kwizimba mu magambo, gusa nakubwiraga ko tubabaye kandi tubabaye, dukeneye ibyishimo, ariko unabona ko bidashoboka burya ubunyangamugayo ni bwiza, ushobora kubirekera ba nyirabyo ugasubira mu Gisaka kuko ntiwahahemutse.

Ndagusaba gutekereza kabiri ndetse no kugira ibyo uhindura ukimara gusoma iyi baruwa.

Bikorewe mu Rwanda, tariki ya 27 Ukwakira 2020

Uwanyu kandi ukunda u Rwanda n'Abanyarwanda

Mashami Vincent amaze imyaka ibiri atoza ikipe y'igihugu nyuma y'igenda ry'umudage Antoine Hey





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Elias3 years ago
    Njye ntabwo nemeranya nuyu wibasiye mashami rwose yikosore abibaze ferwafa na Minisport kko mashami agoragoza abahari. Uyu muntu arambabaje kuba yibasiye mashami n'ubwo claim yibyishimo twese tuyimva arko so mashami yayibaza rwos
  • Kkkkk3 years ago
    Ukoma urusyo akoma ningasire , ikibazo ni Ferwafa , mashami ararengan .
  • Mugi3 years ago
    Ibyoavuga nibyo cne pe nacyipedufite
  • Hhh3 years ago
    Kuki mushaka kurengera mashami. Niba abo batamuha ibyo akeneye kugirango abo insinzi. Namanike amaboko, kuko niwe ugomba kubazwa umusaruro wikipe y'igihugu. Aho kwicara yimarira za mission na salary kandi azi neza ko ntacyo azaduha. Ubunyangamugayo ningombwa. Ayo mafaranga arimo kubagendaho akubaka ibyumba byamashuri. Mbona agikwiye, ari impinduka mu ikipe, hakavaho icyo bita turaziranye, hagahamagarwa uwo babona koko ukwiye guhagararira igihugu.
  • nshinestor2019@gmail.com3 years ago
    Mashami abaye inyangamugayo yakwegura kuko guhembwa udatanga umusaruro nabwo nubujura
  • MURAZIMANA 3 years ago
    Mashami ararengana ahubwo Ferwafa ntacyo imaze pe kuko byose bipfira mumiyoborere mibi y'abayobora umupira w'amaguru muRwanda nibo batuma ikipe yacu itagira Aho ijyera rwose mugihe tutayoborwa n'abantu bazi umupira ntakintu tuzajyeraho rwose kereka umunsi Ferwafa izayoborwa n'abigeze gukina umupira kurwego rwohejuru nibwo bizajyerwaho naho uwandikiye Mashami yamurenganyije
  • Francis Mugisha3 years ago
    Ese nkubu nkubwiye nti utabutsya abwitubumera naba nkosheje numvise amagambo ubwiye Mashami ndavuganti Minister ushinzwimikino nariguhita nguha ikipe yigihugu yumupira wamaguru maze ukadukorera ibyananiyabandi byakunanira ugasekwa ukitwa wamugabombwa usekimbohe oroshya nkubwireko ntamuntu numwe wangintsinzi ahu iramutenguha ndibukako mubatoza mwigeze nokugira abazungu bafite namazina akomeye ariko ahobagarukiraga naba Mashami barahagera Mashami nka Mashami siwe wirukanye president kukibuga rero ibibazo nimubishakirahandi hatari mubatoza.
  • Paul 3 years ago
    Nanjye ndunga muryo abandi bavuze, Mashami ararengana. Ibibazo biri mu mavubi byabazwa FERWAFA na Ministère ya sport. Uwanditse iyi nkuru ati muri 2003, nanjye nti ese biriya byakozwe muri 2003 ntibyari n'ubundi kudutura hasi. Iriya kipe yagiye muri CAN 65% yari yibereyemo abacanshuro gusa, harimo n'abari bakandagije ikirenge bwa mbere mu Rwanda. Nta fondation twari twarubakiyeho, niyo mpamvu nyine tutakomeje kugaragara. Ubu nsigaye nshimishwa ko amakipe yacu asigaye yibanda ku basore bacu, abanyamahanga bakaza ahubwo kwunganira. Hasigaye ko FERWAFA ivana akajagari muri organisation ya championnat yacu noneho tukagira competition ikomeye aho amakipe byibuze nk'icumi ahangana anganya ubuhanga.
  • Ishimwe didier3 years ago
    Mbona urwanda rwacurucyihasi mubintubijyanye nmupira wamaguru
  • Simparingabo3 years ago
    Mashami ararengana abakinnyibo nishyashya?
  • Simparingabo Daniel mashami ararengana azajya mumaguru yabakinnyi3 years ago
    Nibantampunga abayanye yakoriki





Inyarwanda BACKGROUND