Kuri iki cyumweru tariki 25 Ukwakira 2020 ni bwo ikipe ya Mukura Victory Sport yasuzumishije abakinnyi ndetse n'abakozi bayo mu gikorwa cyo kwitegura umwaka w'imikino 2020/21.
Ni igikorwa cyatangiye mu ma Saa 11:00 za mu gitondo, kuri sitade mpuzamahanga y'Akarere ka Huye aho hapimwe abantu bagera kuri 35. Gasana Jerome ukurikirana ubuzima bw'iminsi yose bw'ikipe ya Mukura, mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru yatangaje ko ari igikorwa cyagenze neza kandi abakinnyi bitabiriye.
Yagize ati "Umuhango ugenze neza uko twari twabiteguye kuko abakinnyi
bahageze ku gihe yaba n'abaganga. Dupimye abantu bagera kuri 35 barimo
n'abakozi abakinnyi batapimwe barimo Bikorimana Gerard, Duhayindavyi Gael, uri
mu nzira. Kandi nabo twizeye kuzabapimisha nibamara kuhagera".
Mutijima Janvier nomero 3 wa Mukura
Biteganyijwe
ko ibisubizo by'abapimwe bizaboneka ku wa mbere tariki 26 Ukwakira 2020 hanyuma
abakinnyi batangire umwiherero ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020.
Iragire Saidi ari mu bakinnyi bapimwe nyuma yo kuva muri Rayon Sports
Ku
ruhande rwaho ikipe ya Mukura izaba Gasana yatangaje ko batarabona aho ikipe
izaba ariko bari mu biganiro. Ati "Turi mu biganiro n'abantu benshi bafite
amacumbi gusa ikibura ni uguhitamo hamwe tuzaba kandi nabyo byatinzwaga no kuba
tutari twakamenye igihe tuzatangira".
Ngirimana Alex myugariro wa mukura kuva mu mwaka w'imikino 2019-20
Mukura Victory Sport yashoje ku mwanya wa 4
wa shampiyona y'umwaka w'imikino 2020-21 biteguye kurusha ndetse bakitwara neza
dore ko Gasana anavuga ko bikunze batwara igikombe cya shampiyona.
Tuyishimire Eric ari mu bakinnyi bapimwe
Djilali Bahloul umutoza mushya wa Mukura
Nzeyurwanda Djihad umuzamu mushya wa Mukura
TANGA IGITECYEREZO