RFL
Kigali

Ntibisanzwe: Kubera gahunda ya 'Guma mu rugo' umwana w’umusore yateye inda bashiki be babiri bakiri bato

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:22/10/2020 15:12
0


Iyi nkuru yo muri Uganda irababaje! Bitewe n’ingamba zo gufunga no guhagarika ibikorwa by’imibereho byabaye ku isi hose kubera coronavirus, hirya no hino habayeho ibintu bitari byiza birimo gutwita, gufata ku ngufu, ubujura ubwicanyi ndetse n’ibindi,



Umuhungu w'imyaka 17 yateye inda bashiki be bombi bafite imyaka 16 na 14. Uyu mwana muto yahoze akundana na bashiki be bombi mu gihe cyo gufunga kubera icyorezo cya Coronavirus, muri kiriya gihe, nta wundi muntu basigaranaga mu rugo kuko umubyeyi wabo umwe bafite ari we nyina yabaga yagiye gushaka imibereho kugira ngo abana be barye.

Rimwe ari muri weekend rero ubwo nyina atari yagiye ku kazi, yafashe umwanya uhagije wo kwita ku bana be noneho atangira kubona ibimenyetso bidasanzwe byo gutwita ku mukobwa we mukuru, urumva rero akimubona yaramuhamagaye aramuganiriza biza kurangira umwana avuze ko yaryamanye na musaza we.

Birumvikana umubyeyi yaguye mu kantu abura icyo akora ariko mu gihe yari agikomeje iperereza aza no gusanga undi mukobwa we w’imyaka 14 atwite asanga na we yaratewe inda na musaza we, umubyeyi byaramurenze abura inyifato ariko abanza kubaza umuhungu we ko ari we wateye inda bashiki be na we atazuyaje arabyemera.

Kuva ubwo umubyeyi yahise ata ubwenge abura ayo amira n’ayo acira na cyane ko ari umukristo aribaza niba areka abakobwa be bakazabyarira musaza wabo cyangwa se niba yabemerera gukuramo izo nda zombi.

Src: Thesprintmagazine.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND