RFL
Kigali

Abakobwa gusa: Ibimenyetso byakwereka ko umusore mukundana atazigera akurongora

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:22/10/2020 17:39
1


Mu bucuti, rimwe na rimwe umuntu agira ubwoba agatinya ibibi. Yego, ibyo byiyumvo ni ibisanzwe! Nta muntu wifuza gutangira ikintu kitazaramba. Ni byiza kubona ibimenyetso hakiri kare hanyuma ukikiza ibishoboka byose bishobora kubabaza umutima wawe bikawushengura.



Mu buzima busanzwe birashoboka ko wakundana n’umuntu ariko ejo mugashwana bitewe n’impamvu runaka gusa na none hari ubwo umusore mukundana ashobora kukwanga ariko ntabikwereke, aha rero hari ibimenyetso ushobora kugenderaho kugira ngo umenye ko mutazigera mubana.

Bimwe muri ibyo bimenyetso ni ibi bikurikira:

Abahoze ari inshuti ze bose abita abasazi: Nubwo umusore mukundana akubwira ko yakundanye n’abandi bakobwa benshi, iyo umubajije uko bari bameze akubwira ko bose ari abasazi, iki ni ikimenyetso gifatika kikwereka ko nawe azakwita umusazi vuba aha.

Ntabwo aba ashaka ko muganira ku bijyanye n’ubukwe: Niba umusore mukundana atifuza kuvuga kuri gahunda z’ubukwe, ndakumenyesha ko ubukwe bwanyu uzabutegereza igihe kirekire niba utamwigobotoye, icyo ni ikimenyetso kikwereka ko atifuza kuzabana nawe.

Buri gihe akubwira ko ategereje igihe nyacyo: Niba umusore mukundana buri gihe ahora aguha urwitwazo rw’uko ategereje igihe gikwiriye, ntabwo abirimo, abaye ari umuntu ushaka gukora ikintu runaka agikora atitaye ku ngaruka ariko niba ahora akubwira ko ategereje igihe cya nyacyo, nta muntu ufite.

Ntabwo aba ashaka kukwerekana mu muryango we: Nubwo kukwereka umuryango we ntacyo bishobora kuvuga kuko bitamubuza kuguca inyuma, ariko kuba adashaka kukujyana mu muryango we ngo bakumenye bishobora kuba ikimenyetso cy’uko atazigera akurongora.

Akora uko ashoboye akakuba kure: Niba umusore mukundana ashobora kumara igihe kinini mudahuye kandi nta mpamvu ifatika birashoboka ko ashaka gutandukana nawe, iyo aza kuba ari umuntu ukigukunda koko yagerageza uko ashoboye kose akabona umwanya muto wo kubonana nawe.

Ntashaka kukugaragaza mu ruhame: Niba umusore mukundana adashaka kwereka abantu ko muri kumwe, birashoboka ko adashaka kwereka abantu ko yafashwe, iki si ikimenyetso cyiza.

Ntakuvuga muri gahunda ye y’ejo hazaza: Niba umusore mukundana atagushyira mu mishinga ye y’ahazaza ntabe ari na we utangiza ibiganiro bijyanye n’umushinga w’ubukwe, ndakeka atagukunda.

Ikiganiro kijyanye n’ubukwe kimutera kurakara: Niba agira ubwoba akarakara, akabura uko yifata mu gihe umubajije ibijyanye n’ubukwe, ntabwo yiteguye kukurongora.

Src: Parledamour.fr

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Arine3 years ago
    Ubwo se nibyo biragoranye kugirango umenye komukundana





Inyarwanda BACKGROUND