Ubusanzwe ku bantu bakundana hari ibyo batinya gukorera mu maso ya rubanda kuko baba batinya icyo ababibona bari buvuge.
Gusa
na none iyo bigeze ku kwitangira urukundo no gushaka icyatuma rugenda neza,
ntacyo uwo ariwe wese uri mu rukundo adakora. Abantu benshi usanga bifuza ko
abakunzi babo babakunda bitagira umupaka kabone n’iyo baba bari mubandi bantu.
Hari
rero imimaro ikomeye kuba wakwita ku mukunzi wawe no kumugaragaro bifitiye
urukundo rwawe.
1.
Bigaragaza ubushake ufite muri urwo
rukundo
Iyo
mubasha kwisanzura no kugaragaza urukundo rwanyu no hanze muri rubanda, biba
bigaragaza ko mwifitiye ikizere kandi munyuzwe n’urukundo rwanyu. Bigaragaza ko
utitaye cyane kubabareba kandi bishimisha uwo mukundana. Abenshi usanga iyo
utinya kuganira nawe ngo abantu bababone cyangwa ukaba utapfa kumuhobera abantu
bababona akeka ko hari ibyo wihisha cyangwa wenda ukaba umuca inyuma kuburyo
udashaka ko abandi utendeka bamenya ko hari ibanga mufitanye. kubabana ho biba ari ikibazo gikomeye.
2.
Bituma mwembi mwumva mwishimiwe
Kubura
kwishimirwa n’uwo ukunda ni kimwe mu bitsitaza urukundo. Umwe mubakundana
atangira kwikeka ko hari urwego yaba atagezaho kugukunda cyangwa ko utabona
umuhate we muri urwo rugendo. Kuba rero wakunda kwishimira no kwereka
amarangamutima uwo ukunda mu ruhame bimwereka ko akunyura kandi ko umwishimira.
3.
Binezeza umukunzi
Ubusanzwe
kuba umuntu yagira ibyiza agukorera mwiherereye mwaba muri mubandi akabihisha
bitera urwikekwe. Iyo umukunzi wawe atijena ko muri kumwe, akakwitaho aho muri
hose bituma unezerwa ugahora wumva ko uri uw’agaciro kandi koko ufite umuntu
ukwitaho. Umukunzi utita uko rubanda rubabona mwikundanira aba agukunda by’ukuri.
4.
Bibera abana urugero rwiza
Kwereka
abana banyu uburyo wita ku mukunzi wawe n’uburyo umwitaho aho mwaba muri hose
bibabera byiza cyane. Kubona ko mubanye neza, buri wese akunze undi kandi cyane
nabo bibaha icyerekezo cy’uko bumva bagomba kubana n’inshuti zabo.
5.
Bibabera umuhuza ukomeye no mubihe bitoroshye
Birashoboka
ko mwarakaranya mu gihe muri murugo ariko iyo mwitoje kuguma gufatana ikiganza
muri mubandi bituma koko mubikora mukisanga mwongeye kwihuza. Kuba mwarakaranya
ariko mwagera muri rubanda mukaguma gufatana ibiganza byerekana uburyo koko
muri abunganizi, mukundana kandi mudashaka uwabanyuzamo ijisho.
Gusa
muri iyi nkuru nituvuga kwita ku mukunzi wawe no mubihe muri muri rubanda ntumwishishe, wumve kumushyigikira, kumuba hafi, kwishimirana mugaseka,
gusangira no kudatandukana. Ntiwumve bimwe umuntu yakwita gushira amanegu
ugasanga murasomana n’imbere y’abana muri rubanda, cyangwa ibindi byose ubona
byabangamira ababireba aho kugira ngo bibabere urugero rwiza.
Src:
opera
TANGA IGITECYEREZO