RFL
Kigali

Tekashi 6ix9ine akurikiranweho icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’imyaka 13 y’amavuko

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:22/10/2020 8:59
0


Umuraperi Tekashi 6ix9ine nyuma yo gusohorwa muri gereza yongeye gushinjwa icyaha cyo gufata ku ngufu umwana w’umukobwa utarageza imyaka y’ubukure. Ibi bije nyuma y’amashusho yagiye hanze mu mwaka 2015 agaragaza uyu musore ahohotera uyu umukobwa



Daniel Hernandez uzwi nka Tekashi 6ix9ine cyangwa 6ix9ine nyuma yo gukatirwa imyaka ine muri gereza ariko akaza gusohorwa ngo akomereze igihano cye hanze kubera impamvu zitandukanye harimo icyorezo cya Covid-19 ndetse n’indwara yo mu myanya y’ubuhumekero yari arwaye, amakuru avuga ko yongeye gushinjwa n’umukobwa ko yamukoreye ihohotera rishingiye ku gitsina mu birori bahuriyemo mu myaka itanu ishize.

Uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko kuwa kabiri w’iki cyumweru nibwo yashinjwe n’uyu mukobwa wagaragaye mu mashusho y’urukozasoni uyu musore yashyize ku mbuga nkoranyambaga mu mwaka 2015. Ubwo ibi byabaga uyu mukobwa yari afite imyaka 13 gusa y’amavuko.

Uyu mukobwa yavuze ko ubwo yazaga muri ibi birori byabereye mu gace ka Harlem muri New York Kuwa 21 Gashyantare 2015 yari yatumiwe n’uyu musore na mugenzi we Tay Milly. Akomeza avuga ko ubwo yari muri ibi birori aba basore babiri bamuhaye inzoga n’ibiyobyabwenge nyuma baza kumufata amashusho yambaye ubusa ndetse ari no mu bikorwa by’ubusambanyi nabo.

Nyuma yo gufata aya mashusho aba basore baje kuyashyira ku mbuga nkoranyambaga nkuko bigaragara mu ikirego uyu mukobwa yashyikirije urukiko rukuru rwo mu mugi wa Manhattan. Ubwo ibi byose byabaga Tekashi yari afite imyaka 18 y’amavuko naho mugenzi we yari afite imyaka 21 y’amavuko.


6ix9ine akurikiranweho icyaha cyo gutafa ku ngufu umukobwa utarageza imyaka y'ubukure

Muri iki kirego uyu mukobwa akomeza avuga ko muri ibi birori hafashwe videwo zigera muri 3 zigaragaza we n’aba basore babiri bari mu bikorwa by’urukozasoni. Kubera imyaka yari afite muri icyo gihe, no kuba harahawe inzoga n’ibiyobyabwenge nibyo uyu mukobwa ashingiraho avuga ko byatumye aba basore bamufatirana ndetse bakamufata naya mashusho.

Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru The New York Times uyu musore yavuze ko yari ahantu hatari ahanyaho ndetse no mu gihe kitari icya nyacyo ubwo ibi byabaga mu mwaka 2015. Iki kirego kije nyuma y’uko uyu musore ajyanwe mu bitaro ubwo yafataga imiti myinshi igabanya ibiro ndetse na Caffeine nyinshi bikamugiraho ingaruka.


Uyu musore aherutse kujyanwa mu bitaro nyuma yo gufata imiti myinshi

Tekashi aherutse gusohorwa muri gereza mu mezi macye ashize nyuma yo kumaramo imyaka ibiri ubwo yari amaze guhamwa n’ibyaha bitandukanye birimo nk’ubugambanyi mu bwicanyi ndetse n’ubujura bukoreshejwe intwaro, ibi byose akaba yarabikoze akiba mu gatsiko k’amabandi kitwa Nine Trey Gang.

 

Src: TMZ & VULTURE & NME






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND