RFL
Kigali

Impanga zavutse zifatanye imitwe zasubiye mu rugo zitandukanye nyuma yo kumara umwaka n'amezi umunani zitabwaho

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:20/10/2020 12:25
0


Abakobwa b'impanga bavutse bafatanye imitwe batandukanijwe umwaka ushije n'itsinda ryo mu bitaro bikuru bya Street Ormond i Londres, uyu munsi basubiye iwabo muri Pakisitani bameze neza.



Safa Bibi na Marwa Bibi babazwe ibintu bitatu bikomeye, bamara amasaha arenga 50 mu ibagiro, Nyina wabo, Zainab Bibi, yavuze ko yishimiye kuba yabasubije mu miryango yabo yose. 



Ati: "Abakobwa bitwaye neza cyane. Marwa yateye imbere kandi akeneye inkunga nkeya". "Tuzakomeza gukurikirana Safa kandi tumwiteho neza. Imana nibishaka, bombi bazatangira kugenda."


Ubusanzwe impanga zivuka zifatanye imitwe ntizikunze kuba nyinshi n’izivutse biragoye ko zifatanurwa neza kuko akenshi umwe muri zo ahita apfa ariko biratangaje ko izi zo zabashije gukomeza kubaho nyuma yo gutandukanywa


Izi mpanga zatandukanijwe muri Gashyantare 2019, kuva icyo gihe babanaga na nyina na nyirarume i Londres. Amafaranga yose y’ubuvuzi n’ibindi bikoresho - arenga miliyoni imwe y’amadorali - yishyuwe n’umuterankunga wigenga wo muri Pakisitani Murtaza Lakhani.


gutandukanya Safa na Marwa ubu bafite imyaka itatu nigice ntabwo byari byoroshye, Umuganga ubaga witwa Owase Jeelani yavuze ko we n'itsinda "bishimiye cyane" uko igikorwa cyagenze neza gusa avuga ko Marwa ameze neza ariko ntiyizera ko Safa azamera neza

Src: The Guardian






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND