RFL
Kigali

"Ndasaba Perezida n'abandi bafite ububasha kuri RURA kurenganura abaturage" Ingabire Marie Immaculée

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:19/10/2020 21:21
8


Madamu Ingabire Marie Immaculée Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda yagaragaje ko atishimiye izamurwa ry'ibiciro by'ingendo bitishimiwe n'abaturage benshi byakozwe n’Urwego rw’Igihugu ngenzuramikorere RURA.



Mu kiganiro yagiranye na Radio & TV10 kuwa 18 Ukwakira 2020 uyu muyobozi wa Transparency International Rwanda (TIR), yavuze ko ibyo RURA yakoze byo kuzamura ibiciro bitishimiwe n'abaturage.

Yagize ati :”Ni ukuri pe! Iri kwiteranya n’abaturage [RURA] mu buryo buteye ubwoba. Nta muntu n'umwe wishimye mu gihugu kubera biriya bibazo bya transports [ingendo]”. 

Madamu Ingabire yongeyeho ko yibaza impamvu RURA yazamuye ibiciro kandi ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byaramanutse ndetse ko ku isi yose hari kugenda hagabanywa ibiciro mu nzego zitandukanye zigenga ubuzima bwa buri munsi harimo n’ingendo. 

Yakomeje asaba Umukuru w’igihugu n’abadepite kurenganura abaturage harebwa uko ibi biciro by’ingendo byagabanywa. Ati "Ndasaba Perezida wa Repubulika n'abandi bafite ububasha kuri RURA kurenganura abaturage kuko bababajwe kandi banabangamiwe cyane n'ibiciro biri hejuru cyane ishyiraho".

Umuyobozi wa RURA, Lt Col Patrick Nyirishema ku Cyumweru tariki 18 Ukwakira 2020 yabwiye Televiziyo Rwanda ko uru rwego rutiteguye guhita ruhindura ibi biciro kuko byakoranywe ubushishozi.

Ibi kandi bije nyuma y’uko abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga harimo n’ibyamamare bagaragaje ko batishimiye izamurwa ry’ibiciro by’ingendo. Iri zamuka ry’ibiciro rije nyuma y’icyemezo leta yafashe cyo koroshya zimwe mu ngamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 aho muri izo ngamba harimo no kongera umubare w’abantu bagenda mu modoka rusange zitwara abantu.

RURA iherutse gutangaza ko yagabanyije ibiciro by’ingendo byari bisanzwe mu gihe hubahirizwaga ingamba zo kwirinda COVID-19, ubwo mu modoka zitwara abantu hagendagamo kimwe cya kabiri cy’abagenzi zigomba gutwara, ariko nyuma yo gutangaza ibi biciro bishya abaturage bagaragaje ko amafaranga yagabanyijwe ari macye cyane byasubirwamo.


Ingabire arasaba Perezida Kagame kugira icyo akora ku kibazo RURA yateje mu baturage





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndungutse3 years ago
    Nange mbaze,niba atarugukenesha abaturage,kuberiki hatumbagizwa igiciro cya service hatarebwe icyo umuturage yinjiza?Ntabwo abanubose bahembwa kukwezi,hari ugurisha igitoke......kugirango agemurire umuntu chk,mwabaye mureberera abaturage koko,abashoramaribo nubundi kobahezwe!
  • Johnson3 years ago
    Birakwiye rwose ko ibiciro bigabanywa si no mungendo gusa nibiribwa twarashize inzara iratumaze pe!
  • Joseph3 years ago
    Nukuri turasaba ubufasha kuri H.E Paul kagame perezida wacu niwe uribudukemurire ikibazo cyacu nukuri inzara iraryana ushyireho transport uvuza ubuhuha irihanzaha ntabwo byavamo nihahandi utangira kureba abayobozi nabi kd ataribo araba bamuvangira biha post ukagirango nakarima kabo cg bamuha post runaka ugira nibusiness afunguye so!plz turasaba kurenganurwa banyakubwahwa birimunshingano zabo Murakoze
  • Rwanda3 years ago
    Ndagushiliye madame Marie Immaculée kuba utita Ku kuba wowe udatega ukemera ukavugira rubanda ndagusabye ngo utangire uvuge no ku mushinga w'ibyiciro abaturage bagiye gushyirwamo hakurikijwe ibyo binjiza nabyo interval byahawe ziteye ubwoba wasobanura ute ukuntu umuntu winjiza 600,001 ashyirwa mu kiciro kimwe n'uwinjiza za mibbiards koko? Wasobanura ute ko umuntu winjiza 60,001 ajya mu cyiciro kimwe n'uwinjiza 600,000? Mubaze abahanga mubya statistics murasanga uzi intervals zishobora kuba zikoze mu Rwanda honyine kuva isi yabaho. Umuntu utinjiza ntuvuze 1/2 cy'ibyo mugenzi we yinjiza ntibashyirwa mu cyiciro kimwe
  • Peter3 years ago
    Yewe mwavuze akavuyo ko muri REB mutarabona aka RURA.erega nimugihe,njye nkekako imodoka nyinshi zikora mumuhanda iri izabagererari n'abakoroneri.kandi NGO ufite azongererwa umukene yakwe nutwo afite.gusa twizeyeko umubyeyi wacyu uduhoza kumutima akaduhora hafi akadukemurira ibibazo byose duhura nabyo HE PAUL KAGAME azabikemura bidatinze
  • Peter3 years ago
    Erega buriya babona bigendera mumamodoka yabo bakumvako ibyabaturage ntibibarebe kandi kandi zakabaye inshingano zabo mukubareberera no kubarenganura.nonese RURA niyihe mpamvu nyamukuru yaba yarayiteye kuzamura ibiciro kuriya kandi iziko ibikomoka kuri petrol byagabanutse ikanamenya ko umushahara w'umukozi utiyongera.
  • Oswald Xander3 years ago
    Mwiriwe nibyo koko niharebwe icyakorwa mumaguru mashya koko ibiciro byiryendo bisubirwemo kuko birihejuru Kandi uryereranyije nuburyo covid_19 yazeryereje abantu (ingaruka yasigiye ) abaturange muri rusange murakoze
  • Bigirimana Alexis3 years ago
    Nukuri Turasaba Abayobozi Ba RURA Barebere Hamwe Inyungu Zabaturage bareke Kugira Aho Babogamira Cyane Ko Covid Nta Ruhande Narumwe Itakozeho"





Inyarwanda BACKGROUND