RFL
Kigali

#1MillionMaths: MTN ku bufatanye na Siyavula bazanye irushanwa ku banyeshuli biga mu yisumbuye mu wa 1-4 binyuze kuri Ayoba

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:19/10/2020 15:31
1


Siyavula n’ikigo cy’ubushakashatsi bw’ibanda ku mibare n’ubumenyi gikomoka muri Africa Yepho, kuri iyi nshuro iki kigo cy’ifatanije na MTN Rwanda batangiza irushanwa bize #1MillionMaths rizaba hifashijwe Application ya Ayoba. Muri ibi by’iciro byabanyeshuli abazatsinda harimo abazahabwa Telefone zigezweho na Mudasobwa



Muri iri rushanwa umunyeshuli azajya yiyandikisha anyuze kuri Application ya Ayoba. Ku muntu usanzwe adakoresha iyi Apllication ashobora kuyibona anyuze kuri www.ayoba.me. Kuzaba yiyandikishije muri iri rushanwa azajya abona ibibazo bya buri munsi binyuze kuri Ayoba aho azajya abibona ku muyoboro(Channels) witwa #1MillionMaths channel.

Ku rundi ruhande, umunyeshuli ashobora kuzajya akora ibibazo anyuze kurubuga rwitwa www.maths.rw, kuri uru rubuga uzajya ahagera azajya ashyira imyirondoro ye asangeho ibibazo byo gukora.

Ku kijyanye n’imikoranire ya MTN na Siyavula, bwana Desire Ruhinguka umuyobozi mukuru w’ibikorwa mu gisata cy’amasoko muri MTN yagize ati”Icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka zikomeye ku banyeshuli. Binyuze muri iyi mikorere twizeyeko bizabafasha guhangana nacyo binyuze mukoresha ikoranabuhanga mu kwisuganya no guteza imbere imyigire

Umunyeshuli azajya ahabwa amanota aruko yize neza ingingo zizajya ziba zatanzwe, yakoze ibibazo byose, nyuma amanota azajya ayahabwa aruko yarangije gukora ibibazo byose, uzajya atsinda azajya ahembwa aruko ari mubasubije neza cyane binyuze kurubuga rwa Siyavula.

Umunyeshuli uzajya akurikira agasubiza neza azajya ahabwa ibihembo bya buri munsi birimo amafaranga yo guhamagara(airtime), Murandasi(Internet Data) kugeza uku kwezi ku kwakira kurangiye.

    

                             

Muri iri rushanwa hazahembwa abanyeshuli ba 3 biga kuva mu mwaka wa 1 kugeza mu mwaka wa 4 muyisumbuye. Abatsinze bazatangazwa mu mpera zukwakira babe aribo bahabwa Telefone zigezweho(Smart Phone) na Mudasobwa.

Bwana Dr Mark Horner umuyobozi mukuru wa Siyavula akaba inzobere muri nuclear physics  yagize ati” Siyavula n’inzira yo kwigira kuri murandasi yibanda mu gutanga ibibazo by’imibare n’ubumenyi(Science) ku banyeshuli bo mu mashuli yisumbuye aho bakora isuzuma hifashishijwe telefone zabo bagahita babona ibisubizo ndetse bakabona raporo y’imyigire yabo.

#1MillionMaths n’irushanwa rifite umwihariko mu kugira abanyeshuli intyoza mu mibare kandi binyuze muburyo bushimishije, bw’irushanwa kandi hari n’amahirwe yo gutsindira ibihembo bihambaye”. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kay noè3 years ago
    Niga mu mwaka wa kabiri nkaba nifuza gutsindira ibihembo ariko nkaba nzi imibare





Inyarwanda BACKGROUND