Umuraperi P Diddy yatangaje ko yatangije ishyaka rye rya politiki aho intego yaryo izaba ari ukwita ku byifuzo by’abirabura batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse ko ashyigikiye Joe Biden mu matora azaba uyu mwaka.
Sean John Combs uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka P Diddy
cyangwa Puff Daddy mu mpera z’icyumweru dusoje ubwo yagiraga ikiganiro kuri
Televiziyo ye “Revolt TV” yatangaje ko ashyigikiye Bwana Joe Biden uhagarariye
ishyaka ry’abademokarate mu matora azaba mu Gushyingo uyu mwaka, ndetse ko aya
matora ayafata nko gufata icyemezo cy’urupfu n’ubuzima. Diddy yaboneyeho gutangaza
ko yatangije ishyaka rye rya politiki yise ‘Our Black Party’ bishatse kuvuga ngo "Ishyaka ryacu nk'abirabura".
P Diddy yatangaje ko yatangije ishyaka rye yise "Our Black Party"
Diddy yavuze ko iri shyaka rizibanda mu kuvugira
abirabura batuye muri leta zunze ubumwe za Amerika ndetse no kwita ku byifuzo byabo. Yakomeje
avuga ko iri shyaka yaritangije arikumwe n’abagenzi be b’abirabura mu rwego rwo
guha ijambo, imbaraga muri politiki, kurwanya ubukene, guhagarika ubufasha
buhabwa igipolisi, kurwanya irondaruhu mu buvuzi, guteza imbere imishinga y’abirabura,
gutanga uburezi bufite ireme ndetse buriwese yibonamo n’ibindi bitandukanye kuri kominote y’abirabura
batuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Puff Daddy yakomeje avuga ko intego ye ya mbere ari
ukuvana Donald Trump ku butegetsi aho mu magambo ye yagize ati:”Trump aramutse
atowe, ndizera ndashidikanya mu mutima wange ko hazabaho intambara y’amoko [abazungu
n’abirabura]. Iriya mitekerereze ni mibi cyane, uyu mugabo ntago yitaye ku buzima
bwacu ndetse n’imiryango yacu igiye kuzatora. Turi mu ntambara. Ibi ntago turi
kubifata nkaho ari intambara yeruye. Turi kubifata nk’amatora y’umukuru w’igihugu.
Turi mu ntambara hagati y’urukundo n’urwango.”
Yakomeje avuga ko byaba bisa nkaho ntacyo yitayeho aramutse ashishikarije abantu ngo ntibatore nkuko yari aherutse kubishishikariza abakunzi be mu mezi macye ashize aho yababwiraga ko batatanga amajwi yabo mu gihe ibyifuzo byabo bidahuye na gahunda za Joe Biden uhagarariye abademokarate mu matora. Diddy ni umwe mu byamamare bishyigikiye Bwana Joe Biden mu matora ndetse akaba numwe mubamusabye ko yahitamo umugore w’umwirabura nkuzamubera Visi Perezida naramuka atowe.
P Diddy yatangaje ko ashyigikiye Joe Biden mu matora azaba mu Ugushyingo
Joe Biden nawe ntabwo yaje kubatenguha kuko yaje
guhitamo Madamu Kamala Harris nk’umuzamubera Visi Perezida aramutse atowe mu
matora ateganijwe mu Ugushyingo uyu mwaka.
Src: NME & USA TODAY
TANGA IGITECYEREZO