RFL
Kigali

Bralirwa na RBA bazakorana gute na FERWAFA, ese harimo izihe mbogamizi?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:17/10/2020 15:22
0


Mu nama y'inteko rusange ya FERWAFA iri kubera muri Hotel Dove ku Gisozi, Umuyobozi wa FERWAFA Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascene yatangaje ko bageze kure ibiganiro n'abaterankunga, gusa abanyamuryango berekana impungenge zabo.



Umuyobozi wa FERWAFA yahereye ku muterankunga bari mubiganiro ariwo Bralirwa, avuga ko bagiranye ibiganiro kandi biteguye kuzerekana amasezerano uko azaba ameze mu minsi iri imbere. Muri gahunda FERWAFA izagirana na Bralirwa, harimo kwamamaza ku bibuga ndetse uru ruganda rukaba hafi amakipe kugeza ku mufana wo hasi kandi byose bizakorwa hagamijwe inyungu z’abanyamuryango ba FERWAFA.

Bigeze kuri iyo ngingo umuyobozi wa Rayon Sports Murenzi Abdallah yatangaje ko biteye impungenge muri ayo masezerano kuko ikipe abereye umuyobozi ifite undi muterankunga kandi ukora bimwe na Bralirwa. Gusa FERWAFA yemeye ko mu biganiro bazagirana icyo kibazo bazakirebaho.

Umuyobozi wa FERWAFA kandi yakomeje avuga ku masezerano bazagirana n'ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru RBA avuga ko bazakorana mu buryo bwa nunguke wunguke. Aha abantu bazajya bamamaza kuri RBA binyuze mu mikino, FERWAFA izajya igira icyo ibona na RBA yunguke.


Murenzi Abdallah arasaba ubushishozi ku masezerano ya FERWAFA

Umuyobozi wa Gasogi United, KNC yazamuye ikiganza, abaza ikibazo ndetse afite impungenge ko uwo muterankunga RBA atagira Decoder bizatuma abantu bareba imikino ku buryo bworoshye kandi bishobora gutera igihombo ku makipe. Aha KNC yari atewe impungenge n'uko hari amakipe akura amikoro yayo ku bibuga mu gihe rero RBA yakerekana iyo mikino abantu benshi bakigumira mu rugo.


KNC atewe impungenge n'amafaranga bishyuzaga ku mikino






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND