RFL
Kigali

Umunyamakuru wa KT Radio Isaac Kuradusenge yambitse impeta umukinzi we Kayumba Sylvie anamusaba ko bazabana-AMAFOTO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:17/10/2020 12:24
3


Umunyamakuru w'imikino ku gitangazamakuru cya KT Radio, Isaac Kuradusenge yambitse impeta umukunzi we Kayumba Sylvie anamusaba ko bazabana akaramata.



Kuri uyu mugoroba tariki 16 Ukwagira 2020 i Nyamirambo, ni bwo Isaac Kuradusenge wigeze gukora kuri Authentic Radio yasabye Kayumba Sylvie ko bakomezanya urugendo rw'ubuzima kubera imico myiza yamusanganye.


Inyarwanda iganira n'uyu munyamakuru w'imikino twamubajije impamvu yahisemo Kayumba Sylvie atubwira ko yanyuzwe n'uko yamusanze, yagize ati "Tumaranye imyaka irenga itatu kuko twahuriye ku rusengero twese dusengeraho Kicukiro. Kayumba Sylvie Turaziranye cyane navuga ko amahitamo yanjye  ashingiye ku bintu byinshi anyereka. Kayumba Sylvie akunda ibyo nkora, ni umukobwa  ukunda abantu kandi akunda gusenga cyane muri rusange anyuze ibyifuzo byanjye."

Ku wa kane tariki 15 ni bwo Kayumba Sylvie yari yagize isabukuru y'amavuko nayo yaje gutungura n'umukunzi we.

Isaac Kuradusenge ni umunyamakuru ukora mu ishami ry’imikino ku binyamakuru bya KT Press ari byo Kigali Today ndetse na KT Radio, akaba yaranyuze no kuri Authentic Radio.


Byabaye ngombwa ko Isaac yongera gusaba Kayumba Sylvie niba azamubera umufasha


Sylvie nawe ati "Ndabyemeye"


Impeta y'urukundo yari yahageze kare


Urukundo rumaze imyaka itatu


Sylvie akunda gusenga


Biyemeje gukundana ubuziraherezo





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • niyomugabopetti3 years ago
    Kwiyubaka
  • shema3 years ago
    mwari w'i Rwanda niba koko ukunda gusenga bikurimo ukabikora ubikunze nkuko byavuzwe haruguru nakugiraga inama yo kujya wambika ibice by'ibanga byose kuko ntamunyamasengesho wo kugaragaza amabere ku karubanda.
  • Muryongoli3 years ago
    Ahubwo se uyu ubu si umugore !!! Yego baba !!





Inyarwanda BACKGROUND