N'ubwo Covid-19 icyaduka benshi mu bahanga bari bafite impungenge z'uko Africa izazahazwa n’iki cyorezo, gusa ntabwo ari ko byangenze ahubwo ni wo mugabane uyoboye mu kutibasirwa cyane! Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora OMS yatangaje ko muri Africa ubwiyongere bw’ubwandu bwa Covid-19 bwacogoye.
Bwana Dr
Tedros Adhanom Ghebreyesus mu kiganiro yatanze ubwo yari yitabiriye inama ya Financial
Times Africa Summit yavuze ko ubwiyongere buhagaze nabi ku rwego rwa Africa
ndetse ko uyu mugabane ikijyanye no gupima ubwandu bushya uri hejuru n'ubwo
ugenda uhura n’ingorane zo kubona ibikoresho byifashishwa mu gupima (testing
kits).
Dr Tedros ati ”Bimwe mu biri gutanga icyizere harimo ubwiyongere bucye buri muri Africa, uyu mugabane ni wo utarigeze uzahazwa cyane ugereranije n’indi kandi n'ubu hari ubwiyongere bucye cyane”. Yunzemo agira ati ”Iri gabanuka riratanga icyizere”.
Icyorezo cya Covid-19 mu maza yacyo ya mbere byabanje gusa n'aho benshi bari bafite
impungenge z'uko gishobora kuzagira ingaruka nyinshi ku mugabane wa Africa
usanzwe ufite amikoro macye ndetse n’ikoranabuhanga rikiri hasi gusa ntabwo
ari ko byaje kugenda kubera ingamba zikakaye zagiye zishyirwaho n’ibihugu
bitandukanye.
Uyu muyobozi
w’iri shami ry’Umuryango w'Abimbumbye muri iyi nama yatangaje ko ikindi gisa
n'icyagize akamaro kuri Africa ni uko yari isanzwe ihura n’indwara z’ibyorezo bityo
ikaba yari ifite ubunararibonye mu guhangana n’ibyorezo.
Dr Tedros
Adhanom Ghebreyesus yavuze ko n'ubwo ubwandu buri kujya ku rwego rwo hasi Africa
ifite ikibazo cy’ibikoresho byifashishwa mu gupima iyi virus gusa atangaza ko
OMS/World Health Organization ayobora iri gushaka umuti w'iki kibazo.
Dr Tedros
ati ”Inzira nziza z’ubuvuzi kandi zinoze
n’ibintu bibiri bigomba gukorana. Mu gihe abaturage bagera ku buvuzi bwiza, inkingo
n’imiti, iki gihe ubukungu ndetse n’ubucuruzi butera imbere. Ubuvuzi kuri bose
kandi bwiza ni inkingi y'umutekano, umutuzo ndetse n’ubusugire ku batuye Isi”.
Yongeyeho ko
iki cyorezo cyabigishije byinshi nk’Umuryango w'Abibumbye ishami rishinzwe
ubuzima ko ubuvuzi atari ifiyeri ahubwo ari ikintu nkenerwa mu buzima bwa
muntu bwa buri munsi!
Kuri uyu munsi
wa none, muri Africa, abantu barwaye Covid-19 bagera kuri 1,577,644 naho
abamaze guhitanwa n’iki cyorezo baragera kuri 38,396 nk'uko bitangazwa n'ikigo gishinzwe
kurwanya indwara z’ibyorezo muri Africa 'Africa Centres for Disease Control
and Prevention'.
Src:
Businessinsider
TANGA IGITECYEREZO