Sol Campbell wahoze akinira ikipe ya Arsenal ndetse akayifasha kwegukana ibikombe bya shampiyona n’ ibya FA ashobora kuzaba umuyobozi w’ ujyi wa London mu mwaka wa 2016 asimbuye Boris Johnson nk’ uko byifuzwa n' ishyaka rya Conservative MPs riri ku butegetsi muri uyu murwa mukuru w' u Bwongereza
Ubuyobozi bw’ ishyaka rya Conservative MPs riri ku butegetsi muri uyu murwa mukuru w’ u Bwongereza nibwo bwasabye Sol Campbell wahoze akinira Arsenal n’ ikipe y’ igihugu y’ u Bwongereza igihe kitari gito, iki kifuzo ubuyobozi bukaba bwaragishyikirije uyu mugabo biciye mu kiganiro yagiranye n’ umuyobozi w’ iri shyaka Grant Shapps
Sol Campbell yakiniye Arsenal anayifasha kwegukana ibikombe bya shampiyona na FA
Sol Campbell afite imyaka 40 y’ amavuko. Yakiniye ikipe ya Arsenal kuva mu mwaka wa 2001 kugeza muri 2006 atuye mu ikipe ya Tottenham nayo yari yaragezemo mu mwaka wa 1992. Nyuma yaje kwerekeza mu ikipe ya Portsmouth, Notts County hanyuma asoreza ruhago muri Newcasttle mu waka wa 2011. Yakiniye kandi ikipe y’ igihugu y’ u Bwongereza igihe kitari gito kandi agenda yitwara neza
Sol Campbell ashobora kuyobora umujyi wa London, ari nawo murwa mukuru
Sol Campbell yakiniye ikipe y' igihugu y' u Bwongereza
Boris Johnson ashobora kuzasimburwa na Sol Campbell
Biteganijwe ko amatora y’ umuyobozi w’ umujyi wa London azaba mu kwezi kwa Gicurasi mu mwaka wa 2016
Alphonse M.PENDA
TANGA IGITECYEREZO