RFL
Kigali

Mu gusoza "Mawazine Rhythms Of The World" yaberaga muri Maroc, Alicia Keys yishimiwe cyane

Yanditswe na: Denise Iranzi
Taliki:10/06/2014 8:27
0


Rimwe mu maserukiramuco ya muzika akomeye cyane muri Afurika ryitwa “Mawazine Rhythms Of The World” ryaberaga i Rabat muri Maroc ku nshuro yaryo ya 13 ryatangijwe n’umuhanzi Justin Timberlake, rikaba ryasojwe ku mugaragaro n’umuhanzikazi Alicia Keys.



Umuhanzikazi Alicia Keys wamenyekanye cyane ku isi mu ndirimbo ze nka Girl on Fire, No one n’izindi nyinshi mu gitaramo cyasoje iri serukiramuco akaba yagaragaje imbaraga nyinshi ndetse n’abafana bari bacyitabiriye bakaba banyuzwe bikomeye n’imiririmbire ye.

Alicia in Morocco

Alicia uzwi cyane kandi ku buhanga bwe mu gucuranga Piano yacurangiye abanya Maroc karahava

Alicia in Morocco

Iri serukiramuco ryitabiriwe n’abahanzi benshi batandu kanye bavuye mu mpande enye z’isi barimo abo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Justin Timberlake ari nawe waritangije ku mugaragaro,

Justin Timberlake

umwe mu baririmbyi bakomeye b’injyana ya RnB, Ne-Yo,

Ne Yo

itsinda “The Commodores”  ryaririmbwagamo n’umuhanzi Lionel Richie,

Commodore

 itsinda “Kool And The Gang”,

Kool And The Gang

Robert Plant n’itsinda rye,  

Robert

umubirigi ukomoka mu Rwanda Stromae

Stromae

 ndetse n’ umunya- Puerto Rica Ricky Martin.

Ricky

Abitabiriye iki gitaramo ndetse n’abateguye iri serukiramuco bakaba bahamya ko Alicia Keys yatumye iri serukiramuco rigira umusozo utangaje kandi ushimishije cyane.

Denise IRANZI

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND