Iyo havuzwe umuhanzikazi Miley Cyrus, benshi bahita bumva udushya n’ibintu bidasanzwe akunda gukora aho ari hose ariko cyane cyane igihe ari ku rubyiniro. Imyambarire ye, kunywera itabi ku rubyiniro imbere y’abafana, n’ibindi bikaba bimwe mu byagiye bimuranga. Ubu ariko noneho ibyo yakoze ni agahomamunwa.
Ubwo uyu muhanzikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoreraga igitaramo mu mujyi wa New-York, umwe mu bafana be witwa David yaje gusabwa n’uyu mukobwa ko yamusanga ku rubyiniro maze imbere y’abafana be, amwemerera gusomana nawe mu ruhame, ndetse uyu musore akaba yaranamukorakoye umubiri wose adasize no mu bice by’ibanga nko mu mabere.
Ibi byatumye abantu bakomeza kwibaza cyane kuri uyu muhanzikazi, dore ko mu mpera z’umwaka ushize ubwo yanyweraga itabi mu ruhame, ababyeyi benshi bavuze ko batazongera kwemerera abana babo kujya mu gitaramo yateguye kuko ashobora kujya abanduza zimwe mu ngeso zitari nziza akorera mu ruhame imbere y’imbaga y’abafana be.
Manirakiza Théogène
TANGA IGITECYEREZO