RFL
Kigali

Beyonce ni we muntu wa mbere ku isi uvuga rikijyana mu mwaka wa 2014

Yanditswe na: Denise Iranzi
Taliki:25/04/2014 10:07
2


Ikinyamakuru Time cyashyize hanze urutonde rw’abantu bavuga rikijyana ku isi maze umuhanzikazi Beyonce aza ku isonga, inyuma ye haza Papa Fransisco, Vladmir Putine, Christiano Ronaldo, Barack Obama n’abandi benshi.



Nk’uko iki kinyamakuru cyakomeje kubigaragaza Beyonce yagiye agira uruhare rukomeye mu bikorwa bitandukanye birimo no guhesha ishema abagore ku isi yose mu kazi akora. Nk’uko umwe mu bayobozi bakuru ba Facebook yabitangaje bo bafata Beyonce nk’umuntu ukomeye cyane ah obo banamwita “The Boss” ahanini bagendeye ku bimuranga kuri urur rubuga(profile).

Reba hano urutonde rw’abahize abandi

1.Beyoncé

Beyonce

2.Janet Yellen umwe mu bagore bakungahaye cyane muri USA

Janet

3.Vladmir Putin perezida w’igihugu cy’Uburusiya

Putine

4.Ngozi Okonjo Iweala, umunyanijeriyakzi wahoze ari minisitiri w’imari muri Nijeriya

Okonjo

5.Carl Icahn umwe mu baherwe bibitseho imigabane myinshi y’amasosiyeti akomeye y’ubucuruzi muri USA

carl

6.Rand Paul umunyapolitike wo mu ishyaka ry’aba Republican akaba na Senateri wa Kentucky muri USA.

Paul

7.Kerry Washington umukinnyikazi wa filime wo muri Leta Zunze ubumwe za Amerika

Kerry

8.Christiano Ronaldo umukinnyi w’umupira w’amaguru, ukinira ikipe ya Real Madrid yo mu gihugu cya Esipanye

Ronaldo

9.Papa Fransisco umushumba wa Kiliziya Gatorika

Papa

10.Narenda Modi umunyapolitiki w’umuhinde.

Narenda Modi

Kuri uru rutonde kandi hagaragaraho Perezida Obama, umuhanzikazi Miley Cyrus, Hillary Clinton, Steve Mc Queen n’abandi benshi.

Denise IRANZI






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gigi9 years ago
    Bravooooooo Miley cyrus
  • sisqo9 years ago
    bose heriminatii





Inyarwanda BACKGROUND