Paul Bitok umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball mu Rwanda yahamagaye abakinnyi 18 bagomba kwinjira mu mwiherero bategura kwitabira imikino Nyafurika izabera mu Misiri, Cairo kuva kuwa 20-30 Ukwakira 2017.
Abakinnyi 18 bahamagawe barimo na Mutabazi Yves uri mu igeragezwa mu gihugu cy’ u Bugereki igihugu yagiyemo aturuka muri APR VC. Aba bakinnyi bazavamo abazurira indege bagana muri Turkey aho bazabanza kunyura bagakina imikino ya gishuti mbere yo kumanuka i Cairo gushaka itike igana mu gikombe cy’isi mu 2018 nk’uko amakuru agera ku INYARWANDA abivuga.
Aba bakinnyi bagomba kujya mu mwiherero urarayo (Residential Camp) kuzageza igihe Paul Bitok azafatamo abo azajya muri Turkey aho bazamara icyumweru kimwe mbere yuko bagera i Cairo kuwa 18 Ukwakira 2017.
Paul Bitok umutoza w'ikipe y'igihugu
Dore abakinnyi 18 bahamagawe:
1. Mutabazi Bosco
2. Rwigema Simon
Abakira bakanatanga imipira (Setters):
3. Cyusa Jacob
4. Mahoro Yvan
5. Sibomana Paul
Hagati:
6. Madison Placide
7. Muvara Ronald
8. Musoni Fred
9. Robert Nshimiyimana
10. Kanamugire Prince
11. Peace Twagirayezu
Ibumoso:
12. Ntagengwa Olivier
13. Mukunzi Christophe
14. Kavalo Patrick
15. Mutabazi Yves
16. Fred Mutabazi
Iburyo:
17. Yakan Guma
18. Murangwa Nelson
TANGA IGITECYEREZO