RFL
Kigali

AS Kigali vs Kamonyi FC: Umukino wari wateguwe ku munsi w'umugore wasubitswe ugeze ku munota wa 10-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:9/03/2017 17:17
1


Kuwa Kabiri tariki 8 Werurwe 2017 hizihijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore, umunsi n’u Rwanda rwizihiza cyane harebwa ibyagezweho n’umugore hanarebwa ibibura kugira ngo akomeze atere imbere. Muri urwo rwego, kuri uyu wa Kabiri mu Karere ka Kamonyi byari biteganyijwe ko ikipe yabo ikina na AS Kigali ariko umukino ntiwarangira kubera imvura



Ni umukino wari umwe mu bikorwa bitandukanye byabereye muri aka Karere birimo nk’igice abali n’abategarugoli bamuritse ibyo bagezeho (Imurikagurisha) ndetse abayobozi batandukanye bagiye bagira ubutumwa batanga bugamije iterambere ry’umugore w’umunyarwanda n’isi muri rusange.

Ku bijyanye n’uyu mukino, Umujyi wa Kigali ufatanyije n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bari bateguye uyu mukino uhuza ikipe ya Kamonyi FC na AS Kigali amakipe ahora ahanganye muri shampiyona mu rwego rwo kwerekana ko umwali n’umutegarugoli ntaho bahejwe kuko na ruhago bayiconga.

Gusa ku bw’amahirwe macye uyu mukino wakinwe iminota icumi (10’) mbere y'uko imvura igwa amazi akuzura ikibuga cya Kamonyi, ababishinzwe bagahita bemeza ko uyu mukino usubikwa. Ikipe ya AS Kigali yakinaga uyu mukino nyuma y’isezererwa burundu rya Nyinawumuntu Grace wari umutoza wayo, kuri ubu ikaba itozwa na Mbarushimana Shabani wahoze ari umwe mu batoza bungirije muri AS Kigali (Abagabo).

Nyuma y'aho Umujyi wa Kigali usheshe amasezerano wari ufitanye na Nyinawumuntu Grace, bamwe mu bakinnyi bahisemo kuba batakomeza gukinira iyi kipe adahari, bahitamo kuyivamo ari nabwo ubuyobozi bw’ikipe bwahisemo kugura abandi bakinnyi bakomeza kuyongerera imbaraga mu kibuga.

 AS Kigali Women

AS Kigali yahagurutse kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo igana ku Kamonyi

AS Kigali Women

.............Mu nzira bagenda

Kamonyi LIve

Bageze mu karere ka Kamonyi ahari kubera ibirori muri rusange

AS Kigali

Abari bari kumwe n'ikipe barimo n'umutoza basesekara ku butaka bwa Kamonyi

AS Kigali Women

............Bamaze kugezwa mu byicaro 

Hymne nationale

Haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu

Abagore

Abagore bagiye bagaragaza aho bavuye n'aho bageze

AS Kigali Women

Abatuye akarere ka Kamonyi bamurika ibyo bagezeho bigizwemo uruhare n'umugore

AS Kigali Women

AS Kigali Women

AS Kigali bishyushya

AS Kigali Women

AS Kigali yari yiteguye guhatana na Kamonyi FC bahora bahanganye muri shampiyona

amakipe Yombi asuhuzanya

Amakipe yombi asuhuzanya

11 ba AS Kigali

11 ba AS Kigali babanje mu kibuga

Abasifuzi b'umukino

Abakapiteni n'abasifuzi b'umukino

11 ba Kamonyi

11 ba Kamonyi babanje mu kibuga

AS Kigali Women

Abayobozi

Abayobozi batandukanye basuhuza amakipe yombi

AS Kigali Women

Imvura yahise igwa ikibuga cyuzura amazi

AS Kigali Women

Abakinnyi bagerageje gukuramo amazi biba gukora ubusa, umukino urasubikwa

Photo-Credit: @CityOfKigali






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • danny daniel head of hammer 7 years ago
    nibyiza pe!!





Inyarwanda BACKGROUND