Ikipe ya Real Madrid yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’iburayi (UEFA Champions) ku nshuro ya 13 itsinze Liverpool ibitego 3-1 ku mukino wa nyuma wakinirwaga kuri sitade limpiyskiy National Sports Complex iri I Kiev muri Ukraine.
Real Madrid ni yo yari ifite amahirwe mbere y’umukino bigendanye n’inshuro imaze gutwara iki gikombe ndetse n’uburyo yari kuba ishaka gukomeza guca agahigo ko kuba ikipe ya mbere ku isi itwaye iki gikombe inshuro eshatu (3) yikurikiranya (2018, 2017 na 2016).
Karim Benzema ni we wafunguye amazamu ku munota wa 51’ w’umukino biturutse ku mupira yahawe ka Karius umunyezamu wa Liverpool ubwo yashakaga kuwujugunya akawumutera ku kaguru. Iki gitego cyaje kwishyurwa na Sadio Mane ku munota wa 55’ akoresheje umutwe ku mupira wari uvuye muri koruneri.
Real Madrid yaje kwerekana ko ishaka igikombe ubwo Gareth Bale wari winjiye mu kibuga asimbuye yahise atsinda igitego ku munota wa 64’ ku mupira yahawe na Marcel. Gareth Bale yaje gushyiramo agashinguracumu ku munota wa 83’ ubwo yateraga ishoti ari hanze y’urubuga rw’amahina umunyezamu Karius akabura uko abyifatamo.
Real Madrid baterura igikombe cya 13 mu mateka
Muri uyu mukino, ikipe ya Liverpool yaje kuzongwa ubwo Mohammed Salah wari witezwe yaje kuva mu kibuga agize ikibazo cy’imvune nyuma yo kugongana na Sergio Ramos kapiteni wa Real Madrid. Bitewe nuko abugarira ba Real Madrid batinyaga kuzamuka cyane bamusize, baje kwirekura batangira gukina bitonze bityo ubwo Gareth Bale yari amaze kuza ni bwo abugarira ba Liverpool batangiye gukinira inyuma ari nako kwinjizwa ibitego bibiri mu minota micye.
Uyu mukino wabonetsemo ikarita imwe y’umuhondo yahawe Sadio Mane ku munota wa 82’ azira kubangamira Sergio Ramos. Real Madrid yateye amashoti atandatu (6) agana mu izamu havamo ibitego bitatu (3), bateye amashoti atandatu (6) aca kure y’izamu. Real bagize uburyo bwo gutindana umupira ku kigero cya 61%, batera koruneri icyenda (9), bararira inshuro zirindwi(7), bakora amakosa atandatu (6), batera free-kicks eshatu (3). Real Madrid nta karita n’imwe batahanye.
Loris Karius umunyezamu wa Liverpool hari ibitego yatsinzwe bikababaza abafana
Ku ruhande rwa Liverpool, bateye amashoti abiri agana mu izamu babonamo igitego kimwe (1), bateye amashoti atatu (3) aca kure y’izamu (3), bagumanye umupira ku kigero cya 39% mu minota 90’ muri rusange. Bateye koruneri eshanu (5), bararira inshuro eshatu (3), bakora amakosa 18, babonye ikarita imwe y’umuhondo yahawe Sadio Mane, bateye imipira irindwi (7) iteretse.
Karius hasi yibaza ibiri kuba
Kimwe mu bitego bya Gareth Bale
Bale yishimira igitego
Nyuma y'umukino ni bwo Gareth Bale na John Achterberg umunyezamu wundi wa Liverpool bihanganishije Karius
Nyuma y'umukino ni nabwo Loris Karius yasabye imbabazi abafana ba Liverpool
Umwe mu bafana na Liverpool yihinnye hanze ya sitade ararira
Abafana ba Liverpool ku munota wa 90'
Jurgen Klopp umutoza wa Liverpool amaze kwambara umudali
C.Ronaldo n'umutoza we Zinedine Zidane basekana ibyishimo
Gareth Bale yishimira igikombe nyuma y'ibitego bibiri yatsinze mu mukino
Karim Benzema ni we wafunguye amazamu
Abakinnyi ba Real Madrid birukankana igikombe
Umunya-Senegal Sadio Mane ni we watsinze igitego cya Liverpool
Iminota 29' yari ihagije ngo Mohammed Salah abe atakibarizwa mu kibuga
Ubwo Sergio Ramos yari amaze kumugusha
Abafana ba Liverpool ubwo bari bamaze kubona imvune ya Mohammed Salah
Mohammed Salah yahise asohoka mu kibuba hajyamo Adam Lalana
Abafana ba Liverpool mbere y'umukino
Ibirori nyabanjirije umukino
Dua Lipa umuhanzikazi waririmbye muri uyu muhango
Umuryango wa Sergio Ramos bareba umukino
Mohammed Salah atarava mu kibuga yari yatanze akazi gakomeye
Gareth Bale ubwo yageraga ku kibuga
Uyu yari yitwje icyapa avuga ko ashaka amatike kuko yari yashize
Mbere y'umukino abafana ba Liverpool bari bafite icyizere
AMAFOTO: DailMailOnline
TANGA IGITECYEREZO