RFL
Kigali

Ubwumvikane bucye buri muri Ghana bushobora gutuma Amavubi abyina mu 2017

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:30/08/2016 18:03
3


Mu busanzwe ikipe y’igihugu ya Ghana yamaze kubitsa itike yayo yo kujya mu gikombe cya Afurika cy’ibihugu kizabera muri Gabon mu 2017, gusa ibintu ntabwo bimeze neza mu buyobozi bwa siporo muri iki gihugu ku buryo amakuru aturuka i Accra anavuga ko bamwe mu bayobozi babona ko byakemurwa no kutazitabira igikombe cya Afurika.



Ibibazo byatangiye kuvuka ubwo umutoza w’ikipe y’igihugu ya Ghana, Avram Grant yahamagaraga abakinnyi 23 bagomba kwitegura gukina n’u Rwanda ariko Minisiteri ya siporo muri Ghana ikavuga ko nta bushobozi bw’amafaranga buhari bwatuma abakinnyi bakina hanze batega indege bakagera muri Ghana.

 

Image result for Ghana National Team

Kapiteni Andre Ayew na Avram Grant ubwo bari mu gikombe cya Afurika giheruka 

Nyuma yo kumva ko Minisiteri ibakuyeho amaboko, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ghana (GFA) ryafashe icyemezo cyo kubwira abakinnyi ko bakirwanaho bakagera mu mwiherero ari nabwo kapiteni Andrew Ayew yahitaga yishingira kuzishyura amatike y’abakinnyi bakina hanze batabasha kubona ubushobozi.

Sannie Darra umuyobozi ushinzwe itumanaho mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ghana, yafashe icyemezo cyo kubwira ubuyobozi bwo hejuru ko aho kugira ngo bakomeze bazunguritane mu bibazo byaba byiza bikuye mu gikombe cy’isi cya 2017 kuko ngo ibyo barimo byose baba bari kuvunikira ubusa.Uyu muvugizi avuga ko kuva Edwin Nii Lantey Vanderpuye yagirwa Minisitiri wa Siporo n'urubyiruko nta terambere barabona.

“Kuva Minisitiri yaza ku buyobozi sinzi niba turi kwisunika tujya imbere cyangwa tujya inyuma.Bamwe mu bayobozi ba GFA bagerageje guhura nawe baraganira ariko ntarindi jambo rimuvamo uretse kuvuga ngo nta mafaranga ahari yo gutegera abakinnyi bakava mu makipe bakinamo baza mu mwiherero. Nk’uko nakomejekubibwira abantu, turi gutecyereza ko twakikura mu mikino y’igikombe cya Afurika burundu”. Sannie Darra mu kiganiro na Happy FM nk’uko ikinyamakuru Pulse.com cyabyanditse.

Iri zunguritana riri kuba mu gihugu cya Ghana rirabanziriza umukino iki gihugu gifitanye n’u Rwanda kuwa 3 Nzeli 2016 i Accra muri Ghana mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2017. Mu gihe Ghana yaba yikuye muri uru rugendo, u Rwanda rwahabwa itike yo kugana mu gikombe cya Afurika 2017 ibintu byaba bibaye ku nshuro ya kabiri mu myaka 12 ishize kuko u Rwanda ruherukayo mu 2004.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sese seko7 years ago
    Izo ni inzozi. Bamaze kwizera I ticket none ngo bivanemo ? ntibishoboka nukwuvugira gusa baba bivugira
  • kalisa7 years ago
    Ntabwo ari direct ko u Rwanda rwabona tike kuko na Mauritius itarakina na Mozambique byaterwa nuko byarangiye bitsindanye, ariko Ghana ntiyakora ikosa ryo kudakina kubera ibindi bihano byakurikiraho
  • bob7 years ago
    Umushonji arota arya, ariko icyo giceri ntitwakitesha nibafate icyemezo vuba nako tubanze tunabatsinde tubafatanye n ibyo bibazo





Inyarwanda BACKGROUND