RFL
Kigali

Ubwo Gicumbi FC yanyagirwaga n’Amagaju FC, umunyamabanga wayo yari yibereye ku mukino wa APR FC na Musanze FC

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:28/12/2017 15:10
0


Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2017 ubwo APR FC yanganyaga na Musanze FC igitego 1-1, Dukuzumuremyi Antoine Umunyabanga mukuru w’ikipe ya Gicumbi FC yari yibereye kuri sitade ya Kigali mu gihe ikipe abereye umuyobozi yari imerewe nabi n’Amagaju FC ku kibuga cy’i Gicumbi.



Ni gake cyane ushobora kubona umugaba w’ingabo runaka ata ingabo ze ku rugamba akaba yajya kwishimira ibyo abandi bagezeho cyangwa akaba yafata indi gahunda itandukanye n’inyungu zagira umumaro ku ngabo ze mu gihe ziri ku rugamba. Gusa siko Dukuzumuremyi Antoine abibona kuko Gicumbi FC yatsinzwe ibitego 4-1 adahari ahubwo ari kwirebera uko APR FC na Musanze FC zigwa miswi.

Aganira na INYARWANDA, Dukuzumuremyi Antoine yavuze ko kuri uyu wa Gatatu yari yakoreye mu ntara agera i Kigali amasaha y'umukino yegereje bituma areba umukino wari hafi aho kujya mu Karere ka Gicumbi. Yagize ati: "Ntabwo nari i Gicumbi. Nari nakoreye mu ntara, amasaha ya match agera ngeze i Kigali ndeba match yari hafi."

Dukuzumuremyi Antoine (Uwa kabiri uva iburyo mu bicaye imbere) muri sitade ya Kigali

Dukuzumuremyi Antoine (Uwa kabiri uva iburyo mu bicaye imbere) muri sitade ya Kigali

Biba biteye ikibazo kubona umwe mu bayobozi bafata ibyemezo mu ikipe ikina adahari nta n’indi mpamvu yamubuza kuba ari hafi y’ikipe ye nyamara mu gihe cyo kunenga umusaruro abatoza n’abakinnyi baba babonye ugasanga ni bo bafata ingamba mu gusinya ku mpapuro zihagarika cyangwa zirukana abatoza nyamara nabo na ruhare baba bagaragaje ko bakunze amakipe yabo.

Muri uyu mukino waberaga ku kibuga cy’i Gicumbi, Amani Mugisho Mukeshi, Munezero Dieudonne, Dusabe Jean Claude bita Nyakagezi na Shaban Hussein Tchabalala nibo batsindiye Amagaju FC mu gihe uwitwa Nzungu ariwe watsinze igitego cy’impozamarira cya Gicumbi FC yari mu rugo.

Nyuma y’imikino icumi (10) ya shampiyona, Gicumbi FC iri ku mwanya wa 13 n’amanota icumi (10) kuko bamaze gutsindamo imikino itatu (3) bakaba baranganyije umwe (1) bagatsindwa imikino itandatu (6). Binjije ibitego birindwi (7) batsindwa ibutego 16 bityo bakaba bafite umwenda w’ibitego bitandatu (6). 

Musanze FC nabo bari bafite intebe y'abatoza ituzuye kuko Radjabu utoza abanyemzamu ntabwo yabonetse

Musanze FC nabo bari bafite intebe y'abatoza ituzuye kuko Radjabu utoza abanyezamu ntabwo yabonetse

Rwabugiri Omar (Hagati) yari yaje kureba amakipe yombi yaciyemo

Rwabugiri Omar (Hagati) yari yaje kureba amakipe yombi yaciyemo

Abakinnyi ba APR FC ku munota ea 90'

Abakinnyi ba APR FC hasi

Abakinnyi ba APR FC ku munota wa 90'

Rujugiro umufana wa APR FC

Rujugiro umufana wa APR FC

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kigali

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kigali

Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC  wari wabanje hanze

Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC wari wabanje hanze

Mazimpaka Andre nawe ntiyari yorohewe

Mazimpaka Andre nawe ntiyari yorohewe

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Abasimbura ba APR FC

Abasimbura ba APR FC

Abasimbura ba FC  Musanze

Abasimbura ba FC  Musanze

Rugwiro Herve  yigorora imbere y'abasifuzi

Rugwiro Herve yigorora imbere y'abasifuzi

Peter Otema niwe kapiteni wa FC Musanze

Peter Otema ni we kapiteni wa FC Musanze

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports

Kanamugire Moses wahoze muri Rayon Sports 

Mudeyi Suleiman wahoze muri FC Gicumbi ubu ari muri FC Musanze

Mudeyi Suleiman wahoze muri FC Gicumbi ubu ari muri FC Musanze

Wai Yeka Tatuwe watsinze igitego cya Musanze FC

Wai Yeka Tatuwe watsinze igitego cya Musanze FC

Mazimpaka Andre ubu niwe nimero ya mbere muri FC Musanze

Mazimpaka Andre ubu ni we nimero ya mbere mu izamu rya  FC Musanze 

Shyaka Philbert wahoze muri Mukura VS ntaratangira kubona umwanya muri Musanze FC

Shyaka Philbert wahoze muri Mukura VS ntaratangira kubona umwanya muri Musanze FC

Mugabo James ushinzwe ibikorwa by'ikipe ya FC Musanze (Team Manager)

Mugabo James ushinzwe ibikorwa by'ikipe ya FC Musanze (Team Manager)

FC Musanze bishyushya mbere y'umukino

FC Musanze

FC Musanze bishyushya mbere y'umukino

Abasifuzi bishyushya

Abasifuzi bishyushya

Nduwayezu Jean Paul (Ibumoso) na Harerimana Obed (Iburyo) babanje hanze

Nduwayezu Jean Paul (Ibumoso) na Harerimana Obed (Iburyo) babanje hanze

Niyonkuru Ramadhan bita Boateng ukina hagati muri Musanze FC yavuye mu kibuga asimbuwe

Niyonkuru Ramadhan bita Boateng ukina hagati muri Musanze FC yavuye mu kibuga asimbuwe 

Ombolenga Fitina ku mupira

Ombolenga Fitina ku mupira

Niyonkuru Ramdhan na Mudeyi Suleiman bapaga urukuta

Niyonkuru Ramdhan na Mudeyi Suleiman bapanga urukuta 

Mudeyi Suleiman ashyira hasi Ombolenga Fitina

Mudeyi Suleiman ashyira hasi Ombolenga Fitina

Hakizimana Francois afashe Nshuti Innocent

Hakizimana Francois afashe Nshuti Innocent 

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC Musanze acyaha Mudeyi Suleiman

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC Musanze acyaha Mudeyi Suleiman

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND