RFL
Kigali

Twizerane Mathieu ni we wegukanye “Central Challenge”-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:10/09/2017 18:56
0


Twizerane Mathieu ukinira ikipe ya Huye Cycling For All ni we wagize amahirwe yo kwegukana agace ka Rwanda Cycling Cup 2017 aho abasiganwa bahagurukaga i Nemba ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi bagana mu mujyi wa Muhanga ku ntera ya kilometeo 150, uyu musore akaba yarahagenze amasaha atatu(3h) n’amasegonda 47”.



Abasiganwaga mu bakuru (Men Elite) n'abatarengeje imyaka 23 batangiriye isiganwa i Nemba ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi saa 09:30. Bagombaga gusoreza i Muhanga bakoze intera ya 150 km. Ingimbi n’Abakobwa bo bahagurukiye i Nyamata berekeza i Muhanga ku ntera ya 81Km, isiganwa ryakinwe kuri uyu wa Gatandatu.

Abakinnyi bari mu isiganwa batangiye kwivangura bageze Bishenyi. igikundi cy’imbere cyakunze kuzamo Twizerane Mathieu wa CCA y’i Huye, Uwizeye Jean Claude wa Les Amis Sportif, Rene ukiniwabo wa Les Amis Sportif na Patrick Byukusenge na Gasore Hategeka ba Benediction y’i Rubavu.

Twizerane wari wayoboye igihe kirekire kuva i Rugobagoba kugera binjiye i Muhanga ahitwa mu cya kabiri yaje gusoza isiganwa ntawe umuciyeho. Yahakoresheje amasaha atatu n’iminota mirongo ine n’Irindwi (3h00’47min). Gosore Hategeka (Nyabihu Cycling Team) wegukanye Rwanda Cycling Cup 2016 yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje amasaha atatu (3h), umunota umwe (1’) n’amasegonda 58”.

Ibi bihe bifitwe na Gasore Hategeka ni byo Ukiniwabo Jean Paul Rene yakora (Les Amis Sportifs) na Munyaneza Didier (Benediction) bakoresheje mu gihe Ndayisenga Valens (Tirol Cyling Team) yaje ku mwanya wa 14 akoresheje amasaha atatu (3h), iminota irindwi (7’) n’amasegonda 20”.

Ikimenyetso cy'intsinzi n'ibyishimo

Ikimenyetso cy'intsinzi n'ibyishimo

Bazamuka agasozi ka Kivumu

Bazamuka agasozi ka Kivumu 

Ibirometero byinshi by'isiganwa Valens Ndayisenga yari imbere ariko aza gutobokesha ipine bituma asigara

Ndayisenga Valens (ubanza iburyo) yagize ikibazo cy'igare bituma asigwa

Ndayisenga witegura Tour du Rwanda 2017 akomeje imyitozo mu mihanda yo mu Rwanda

Ndayisenga Valens agana i Muhanga

Ibyishimo byamurenze kuko ari intsinzi ya mbere ye

Twizerane agera i Muhanga

Ingabire Beatha yongeye kwisubiza icyubahiro

Ingabire Beatha yabaye uwa mbere mu bakobwa

Eric bita Karadiyo niwe watsinze mu ngimbi

Eric Manizabayo nawe yahize abandi mu cyiciro cy'abatarengeje imyaka 23

Uko abatarengeje imyaka 23 bakurikiranye

Ni ubwa mbere Twizerane Mathieu yaba uwa mbere

Nyuma ya “Central Challenge” hazakurikiraho isiganwa rizakinwa hazengurukwa ikiyaga cya Muhazi rizaba kuwa 23 Nzeli 2017 nk’uko gahunda isanzwe ibiteganya. Andi masiganwa azaba asigaye ni urugendo rwa Kigali-Rubavu (Rubavu Challenge) rizakinwa kuwa 21 Ukwakira 2017, Rubavu-Musanze izakinwa ku munsi uzakurikira naho isiganwa risoza rizakinwe kuwa 16 Ukuboza 2017 abasiganwa bava i Gicumbi bagana i Kigali. 

Basiganwa kuva i Nemba kugera i Bugesera

Kuwa 23 Nzeli 2017 abasiganwa bazaba bari ku kiyaga cya Muhazi

AMAFOTO: NGABO Robben/Umuseke






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND