RFL
Kigali

Kuri uyu wa kabiri Tuyisenge Jacques arakora umwitozo wa mbere mu ikipe y’igihugu

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:30/08/2016 10:47
0


Rutahizamu w’ikipe ya Gormahia ndetse n’Amavubi yaraye asesekaye ku kibuga cy’indege i Kanombe aho aje mu Rwanda gutanga umusanzu mu ikipe y’igihugu Amavubi ifitanye umukino utoroshye na Ghana mu mpera z’iki Cyumweru.



Tuyisenge ni umwe mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bahamagariwe kuzakina na Ghana ariko  akaba ariwe wahageze nyuma y’abandi.

Tuyisenge Jacques

Tuyisenge Jacques ubwo yari ageze ku kibuga cy'indege 

Mugiraneza Jean Baptiste ‘Miggy’ umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Azam FC  muri Tanzania ndetse na Niyonzima Haruna ukinira Yanga Africans  bageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku Cyumweru ndetse Miggy we yahise akora imyitozo kuri uyu wa mbere.

Ku kijyanye na Haruna Niyonzima, umutoza Jimmy Mulisa yavuze ko hari utuntu yarimo atunganya bityo kuba atabonetse mu myitozo aruko adahari ahubwo ko agomba gukora kuri uyu wa Kabiri.

Sugira Ernest ukinira AS Vita Club muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yageze mu mwiherero mu masaaha ya mugitondo (Kuwa Mbere) bityo ahita agana mu myitozo.

Kuri uyu wa Kabiri biteganyijwe ko imyitozo iba irimo abakinnyi bose bakina hanze y’u Rwanda, nyuma kuri uyu wa Gatatu nibwo hazamenyekana abakinnyi 18 bazurira indege bagana i Accra muri Ghana.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND