RFL
Kigali

Songa avuga ko ibitego bitatu (ha-trick) yatsinze ari ukumara abatoza impungenge-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:23/10/2017 20:39
0


Rutahizamu w’ikipe ya Police FC Songa Isaie, avuga ko kuba muri izi ntangiro za shampiyona ari kwitwara neza bidasonuye ijana ku ijana ko yagarutse mu bihe bye byiza ahubwo ko ari muri gahunda yo kugira ngo abatoza b’iyi kipe babone ko akwiriye kujya akina abanza mu kibuga.



Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2017 ubwo yari amaze gutsinda ibitego bitatu wenyine mu mukino (hat-trick)  ari umusaruro wo gukora cyane no kwereka abatoza ko akeneye umwanya uhoraho mu bakinnyi babanza mu kibuga (First-Eleven).

“Ntabwo navuga ko nagarutse mu bihe byanje byiza. Gusa icyangombwa ni icyizere bakomeje kungirira (Abatoza). Nanjye ntabwo namutenguha (Seninga Innocent) mba ngomba kubyerekana ko nkwiriye kubanza mu kibuga”. Songa Isaie

Nyuma y’umukino uyu musore yahawe umupira (ballon) bari bakinnye nk’uko bisanzwe mu mategeko agenga umupira w’amaguru. Gusa avuga ko Atari uwo yahawe na FERWAFA ahubwo ko ari ikipe ye ya Police FC bahise bamubwira ko awutahana nk’ishimwe kuko nta mupira wa FERWAFA wari ku kibuga.

“Ni uwanjye ndawutahana, ndawujyanye. Iyo utsinze hat-trick amategeko mu ikipe ni uko uba ugomba gutahana umupira. Nanjye ubu ni uwanjye. Oya ntabwo ndibuwusubize, ni Police FC iwumpaye bawumpaye nk’impano. Binyongerera morale nkumva ko ngomba gukora cyane”. Songa Isaie

Songa Isaie yagoye abugarira b'Amagaju FC

Songa Isaie yagoye abugarira b'Amagaju FC

Mu bitego 4-1 Police FC yatsinze Amagaju FC, Songa Isaie yafunguye amazamu ku munota wa mbere (1’), ashyiramo ikindi ku munota wa 18’, aza gushyiramo agashinguracumu ku  munota wa 54’ w’umukino. Igitego cyabaye icya kabiri mu mukino cyatsinzwe na Mwizerwa Amin ku munota wa 3’ w’umukino. Igitego cy’impozamarira cy'Amagaju FC cyatsinzwe na Ndizeye Dieudonne ku munota wa 75’ bivuye mu ishoti rikomeye yateye Nzarora Marcel akabura uko abyifatamo.

Songa Isaie utaragize amahirwe yo kubanza mu kibuga mu mwaka w’imikino ushize wa 2016-2017, kuri ubu mu mikino ibiri aheruka gukina amaze gutsinda ibitego bine (4), birimo kimwe yatsinze Mukura Victory Sport na bitatu yanyagiye Amagaju FC. Police FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota atandatu (6) inyuma ya APR FC ifite amanota arindwi (7) zose mu mikino itatu (3).

Songa Isaie acunga n'uwari agiye gutera koruneri

Songa Isaie acunga n'uwari agiye gutera koruneri

Somga aganira na Azam TV

Songa aganira na Azam TV

 Mico Justin agorana na Habimana Hassan

Mico Justin agorana na Habimana Hassan

Bziimana Noel kapiteni w'Amagaju FC ashaka aho yatanga umupira

Bzimana Noel kapiteni w'Amagaju FC ashaka aho yatanga umupira

Mwizerwa Amin 17 yari yabanjemo  atsinda igitego ndetse akaba yarakinaga kiu ruhande byakomera akajya hagati mu kibuga mu gihe Police FC yabaga imaze gutakaza umupira

Mwizerwa Amin 17 yari yabanjemo  atsinda igitego ndetse akaba yarakinaga kiu ruhande byakomera akajya hagati mu kibuga mu gihe Police FC yabaga imaze gutakaza umupira

Mwizerwa Amin yari yabanjemo  atsinda igitego ndetse akaba yarakinaga ku ruhande byakomera akajya hagati mu kibuga mu gihe Police FC yabaga imaze gutakaza umupira

Songa Isaie (9) na Mwizerwa Amin bsihimira umusaruro batanze mu mukino

Songa Isaie (9) na Mwizerwa Amin bishimira umusaruro batanze mu mukino

Ndayishimiye Celestin agenzura umupira agana mu izamu

Ndayishimiye Celstin ufite isabukuru y'amavuko amaze iminsi afasha Police FC inyuma ku ruhande rw'ibumoso

Ndayishimiye Celestin agenzura umupira agana mu izamu

Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu karere ka Nyamagabe bibumbiye hamwe bafana Amagaju FC

Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu karere ka Nyamagabe bibumbiye hamwe bafana Amagaju FC

Twagirimana Pacifique umunyezamu w'Amagaju FC yahaboneye ikarita y'umuhondo

Twagirimana Pacifique umunyezamu w'Amagaju FC yahaboneye ikarita y'umuhondo

Muhawenayo Gad Umunyezamu w'Amagaju FC mbere yo gusimbura Twagirimana Pacifique

Muhawenayo Gad Umunyezamu w'Amagaju FC mbere yo gusimbura Twagirimana Pacifique

Ishimwe Issa Zappy azamukana umupira inyuma iburyo

Ishimwe Issa Zappy azamukana umupira inyuma iburyo

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC

Abakinnyi ba FC Amagaju bafata ubutumwa bw'abatoza

Abakinnyi ba FC Amagaju bafata ubutumwa bw'abatoza

Aba Police FC nabo byabaye uko

Aba Police FC nabo byabaye uko

Mico Justin (8) ashaka uko yacika Celestin Niyokwizerwa

Mico Justin (8) ashaka uko yacika Celestin Niyokwizerwa (21)

Munezero Dieudonne w'Amagaju FC yinjiye mu gice cya kabiri kigitangira akora impinduka mu gusatira kw'Amagaju FC

Munezero Dieudonne w'Amagaju FC yinjiye mu gice cya kabiri kigitangira akora impinduka mu gusatira kw'Amagaju FC

Habimana Hussein myuagriro wa Police FC ku mupira

Habimana Hussein myuagriro wa Police FC ku mupira  imbere ya Shaban Hussein Chabalala

Songa Isaie ashaka igitego

Songa Isaie ashaka igitego

 Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Ndizeye Joseph umunyamakuru wa RBA yogeza umukino

Ndizeye Joseph umunyamakuru wa RBA yogeza umukino

Umugwaneza Charlotte kapiteni wa APR WBBC ikipe yo kwivuko yatsinzwe areba

Umugwaneza Charlotte kapiteni wa APR WBBC ikipe yo kwivuko yatsinzwe areba

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kicukiro

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kicukiro 

Nsengiyumva Moustapha  yinjiye mu kibuga ku  munota wa 59' asimbura Mwizerwa Amin

Nsengiyumva Moustapha  yinjiye mu kibuga ku  munota wa 59' asimbura Mwizerwa Amin

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira nyuma yuko yari yinjiye asimbuye Songa Isaie ku munota wa 55'

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira nyuma yuko yari yinjiye asimbuye Songa Isaie ku munota wa 55'

Nzarora Marcel yinjijwe igitego kimwe mu minota 90'

Nzarora Marcel yinjijwe igitego kimwe mu minota 90'

Abasimbura b'Amagaju FC

Abasimbura b'Amagaju FC

Nduwimana Pabro umutoza mukuru w'Amagaju FC

Nduwimana Pabro umutoza mukuru w'Amagaju FC

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC ahabwa ikarita y'umuhondo ya mbere muri uyu mwaka w'imikino

Habimana Sosthene umutoza mukuru wa FC ahabwa ikarita y'umuhondo ya mbere muri uyu mwaka w'imikino

Avbakinnyi ba Police FC bahura n'abayobozi nyuma y'umukino

Abakinnyi ba Police FC bahura n'abayobozi nyuma y'umukino

AMAFOTO: Saddam MIHIGO

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND