RFL
Kigali

Sinzi Tharcisse, yabashije kurokora abantu muri Jenoside kubera gukina Karate

Yanditswe na: ndayizeye claude
Taliki:13/04/2013 8:36
0


Imyaka 19 irashize Sinzi Tharcisse abashize kurokora abantu bagera ku 118 muri Jenoside yakorewe Abatutsi ntakindi kimufashije kubigeraho buretse kuba yari asanzwe ari umukinnyi ukomeye wa Karate.



Aganira na Radio Salus kuwa Kane yababwiye ko kuba asanzwe ari umukinnyi ari kimwe mu byamufshije nyuma ya Jenoside kuko yasaga nk’uwahungabanye na we.

Sinzi ati “Waba wishimye cyangwa ububaye, gukora siporo bigufasha kwibagirwa umubabaro wose wasigiwe na Jenoside.”

“Siporo ni nk’umuti w’ububare, kuko igihe uri gukina uba usa nk’uhuze. Ubusanzwe siporo ifasha umubiri kumera neza, ariko buriya n’abantu bagira inama abahungabanye bashatse bajya bayikoresha nk’umuti wafasha umuntu wahungabanye kuko igufasha kwibagirwa byose igihe uri kuyikora.”

Sinzi Tharcisse ni umwe mu bo Jenoside na we yakozeho cyane kuko yamutwaye umufasha ndetse n’umwana umwe yari afite, akaba yari yarashatse mu mwaka w’1992.

Sinzi ubu ufite imyaka 50, akora muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda aho amaze imyaka 25, afite Dan ya gatanu muri Karate akaba asanzwe atanga ubuhamya mu bihe nk’ibi byo kwibuka.


Ati “Nakomeje gutanga ubuhamya nkangurira abantu kudacika intege kandi bagakomeza guharanira kwiteza imbere bakagerageza kurenga ibihe bibi twaciyemo.”

Ubwo Jenoside yatangiraga Sensei Sinzi yari i Huye tariki ya 6 Mata 1994 ubwo hatambukaga itangazo kuri radiyo ribuza abantu kuva mu mazu yabo, nyuma y’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana.

Sinzi na we yagumye iwe kugeza tariki ya 12 z’ukwezi kwa 4, nyuma aza gufata icyemezo we n’umuryango we cyo kuva mu mujyi wa Butare akerekeza mu gace k’iwabo i Rubona kuko yizeraga ko ari ho bazabonera umutekano.

Aha i Rubona (hari n’ikigo cy’ubushakashatsi k’ubuhinzi ISAR Rubona) baje kuhateranira bagera ku 3,480 bavuye mu bice bitandukanye byo mu Majyepfo, kuko bakekaga ko bahabonera ubuhungiro, ni uko Sinzi atangira kubegeranya bose, abumvisha ko bagomba kwirwanaho.

Tariki ya 23 ibintu byasaga nk’aho bigituje ndetse benshi bari bataramenya neza ibiri gukorwa nk’uko Sinzi akomeza abivuga, ku buryo aho bari, bari bakomeje kugendana n’Abahutu, nyuma ni bwo batangiye kugenda bamenya neza ko hari kwicwa Abatutsi gusa.

Nyuma tariki ya 26, Sinzi n’abo bari kumwe ni bo Batutsi bonyine bari basigaranye i Rubona. 

Nyuma Abantu batandukanye bavuye imihanda yose nka Gitarama, Kigali ndetse na za Gikongoro bakomeje kuza babiyungaho, kuko bumvaga ko ako gace barimo karimo umutekano.

Ibi ariko uko byakomezaga gusakara ko Abatutsi bose barimo kwerekeza aho i Rubona ni na ko byagiye bigera ku bicanyi, maze ahagana tariki ya 28 Mata, indenge z’abasirikari ba cyera zitangira kubamishaho urusasu.

Sinzi wari usanzwe ari ni umukaratika ukomeye ntiyacitse intege ahubwo yiyemeje kongera gukusanya abari basigaye, ni ubwo ntahari hahari ho gucikira, bafashe bakomeje kwirwanaho bagenda, baza kwisanga bageze ku mugezi w’Akanyaru.

Ati “ Ntabwo twari dufite icyemezo cyo kwerekeza ku Kanyaru, gusa ku bw’umugambi w’Imana twaje kwisanga ari ho tugeze.”

Muri uko kuraswa n’indege ndetse n’uko guhunga birwanaho, ni bwo umufasha we ndetse n’umwana we umwe bari bafite bahasize ubuzima.

Kwambuka Akanyaru ntibyari ibintu byoroshye dore ko inzira yose bari baje barwana n’abicanyi ndetse bamwe bakajya bahasiga ubuzima, gusa abarokokaga, Sinzi yakomezaganyaga na bo.

Akanyaru gasanzwe kabamo invubu ku buryo benshi batinyaga kukambuka ngo zitabarya, dore ko hari na bamwe zanaryaga cyane cyane ku batari bazi koga cyane, gusa barahatanye bagerageza kwambuka, kuko nta yindi nzira yari ihari yo kuba yarokora ubuzima bwabo.

Mu bantu bakabakaba 4,000 bari kumwe, 118 gusa ni bo Sinzi yabashije kwambukana Akanyaru, bagera i Burundi.

Sinzi ati “Urukundo ni yo nzira yonyine izadufasha kwikura muri ibi bibazo twasigiwe na Jenoside.”

Kuri ubu, Sinzi Tharcisse atuye ahitwa ku Mukoni mu mujyi wa Huye, akaba yarongeye gushaka, aho afite umugore n’abana batatu.

Mu mwaka wa 2011, akaba yaraje gushimirwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye ku bw’igikorwa gikomeye yakoze, arokora abantu muri Jenoside.

IMFURAYACU Jean Luc






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND