RFL
Kigali

Savio Kabugo ntari mu bakinnyi ba Uganda Cranes bazaza i Kigali

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:16/08/2017 21:38
0


Savio Kabugo myugariro ukomeye w’ikipe ya Proline FC na Uganda Cranes kuri ubu yasohotse mu mwiherero agana muri Afurika y’Epfo aho agiye mu igeragezwa mu ikipe ya Bloemfontein Celtic.



Savio wari mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga Uganda inyagira Amavubi ibitego 3-0, iyi kipe yo mu cyiciro cya mbere muri Afurika y’Epfo yamwoherereje itike y’indege kuwa Mbere bituma anasiba imyitozo ya Uganda Cranes yo kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Kanama 2017. Savio Kabugo kandi yanabanje mu kibuga ubwo Uganda Cranes yisobanuraga na South Sudan mu mikino ibiri yo mu ijonjora rya kabiri.

Kuba Kabugo adahari abasesenguzi b’umupira w’amaguru muri Uganda bavuga ko kapiteni Bernard Muwanga wakinnye hagati mu kibuga mu mukino ubanza ndetse na Paul Musamali baziyongeraho Timothy Awany bazafatanya mu gukina mu mutima w’ubwugarizi.

Si ku nshuro ya mbere Savio Kabugo agiye muri Afurika y’Epfo kuko mu myaka itambutse uyu musore ukinira Proline FC yagiye mu igeragezwa mu ikipe ya Bidvest Wits.

Dore abakinnyi ba Uganda Cranes bari mu mwiherero:

Benjamin Ochan (G.K), Ismael Watenga (G.K), Saidi Keni (G.K), Deus Bukenya, John Adriko, Isaac Muleme, Paul Musamali, Timothy Awany, Bernard Muwanga, Simon Sserunkuma, Martin Kiiza, Tom Masiko, Paul Mucureezi, Erisa Ssekisambu, Derrick Nsibambi, Shafiq Kagimu, Moses WaiswaMuzamiru Mutyaba, Nico Wakiro Wadada na Milton Karisa

Savio Kabugo arebana na Manzi Thierry kuri St Mary's Stadium Kitende

Savio Kabugo arebana na Manzi Thierry kuri St Mary's Stadium Kitende

Savio Kabugo (13) ubwo yari ategereje kouruneri yatewe na Bizimana Djihad

Savio Kabugo (13) ubwo yari ategereje koruneri yatewe na Bizimana Djihad

Savio Kabugo ubwo yari arinze Mubumbyi Bernabe

Savio Kabugo ubwo yari arinze Mubumbyi Bernabe

Savio Kabugo ari mu bakinnyi batumye Amavubi abura igitego

Savio Kabugo ari mu bakinnyi batumye Amavubi abura igitego

  11 ba Uganda Cranes

11 ba Uganda Cranes babanje mu kibuga hazazamo impinduka mu mukino wo kwishyura

11 Antoine Hey yabanje mu kibuga

Na 11 b'Amavubi babanje mu kibuga hazazamo impinduka kuko nka Mubumbyi Bernabe ntazakina

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND