RFL
Kigali

Rulindo: Abafana bibumbiye muri APR FC Zone 1 bubatse umuhanda banatangira abantu 20 ubwisugane mu kwivuza-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:27/05/2018 10:52
0


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gicurasi 2018 wari umunsi w’umuganda rusange kuko wari uwa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Abafana ba APR FC bibumbiye mu cyo bise APR FC Zone banyarukiye mu Karere ka Rulindo mu murenge wa Shyorongi bubaka umuhanda banatanga ubwisungane mu kwivuza ku baturage batabugiraga.



Ni igikorwa cyabereye mu murenge wa Shyorongi, akagari ka Bugaragara mu mudugudu wa Gatimba mu karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru aho aba bafana bafatanyije n’abaturage, polisi n’ingabo z’igihugu mu kubaka umuhanda wa metero 600 (600m) kugira ngo abaturage bakomeze bagenderanire hatabayeho ikibazo.

Nyuma y’iki gikorwa cyari cyahujwe n’umuganda rusange ngarukakwezi, APR FC Zone 1 bafashe umwanya bagenera ubwisungane mu kwivuza imiryango ine (4) igizwe n’abantu 20 kugira ngo babafashe kujya bivuza bitarinze gusaba imibare irenze ubushobozi basanzwe bafite.

Gatete Thomson umunyajyanama muri APR FC Zone 1 yavuze ko ari igikorwa bakoze muri gahunda yo gufatanya n’abanyarwanda muri rusange muri gahunda yo kuzamurana no gufatanya mu kubaka igihugu bishatsemo imbaraga nk’urubyiruko rusanzwe ruhuzwa na siporo cyane ikipe ya APR FC. Yagize ati:

Twakoze umuganda wabereye i Rulindo, twubatse umuhanda nka APR FC Zone 1 dufatanyinyije n’abaturage, Polisi n'ingabo z'igihugu. Mu nama ya nyuma y'umuganda zone 1 yageneye abaturage 20 ubwisungane mu kwifuza, yanageneye kandi abaturage 20 imyambaro ku bantu byagaragaye ko bayikeneye.

APR FC

Ubwo bubakaga umuhanda

Ubwo bubakaga umuhanda

Nyuma yo kugenera abaturage imyambaro, ubwisungane no kuba bari barangije gukora umuganda bubaka umuhanda, APR FC Zone 1 bakinnye umukino wa gishuti n’ikipe y’abiga umupira w’amaguru i Shyorongi, APR FC Zone 1 itsinda ibitego 5-3.

Bamwe mu bafan usanga ari abubatsi, abaganga, abacuruzi n'indi myuga itandukanye

Bamwe mu bafana usanga ari abubatsi, abaganga, abacuruzi n'indi myuga itandukanye 

Umuganda urangiye

Umuganda urangiye 

Gahunda yo gutanga imyenda

Gahunda yo gutanga imyenda 

Imiryango ine igizwe n'abantu 20 yahawe ubwisungane mu kwivuza

Imiryango ine igizwe n'abantu 20 yahawe ubwisungane mu kwivuza

Nyuma bafashe ifoto rusange mbere yo kujya gukina umukino wa gishuti

Nyuma bafashe ifoto rusange mbere yo kujya gukina umukino wa gishuti






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND