Umuririmbyikazi Rihanna Robyn Fenty, kuri iki cyumweru yari yabukereye mu gihugu cy'Ubufaransa ku kibuga cya Parc des Princes aho ikipe ya PSG yakinaga n'ikipe ya Marseille mu mukino ukomeye cyane wa shampiyona, warangiye Zlatan Ibrahimovic yandikishije amateka mashya..
Muri uyu mukino Rihanna ntiyari we wenyine kuko yari kumwe n'ibindi byamamare birimo abanyamideri nka Kendall Jenner na Gigi Hadid.
Abanyamideri Kendall Jenner(ibumoso) na Gigi Hadid(iburyo) na bo bari babukereye kuri sitade ya Parc Des Prince
Uyu mukino warangiye ari ibitego bya PSG 2-1, ku ruhande rw'umukinnyi Zlatan Ibrahmovic byari ibirori kuko ibitego bibiri yatsindiye ikipe ye ya PSG byatumye aca agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere muri shampiyona y'ubufaransa ukiniye ikipe ya PSG ufite ibitego byinshi aho yujuje ibitego 110.
Zlatan Ibrahimoic mu mukino yatsinzemo ikipe ya Marseille ibitego 2
Nyuma yo gutsinda ibi bitego, Zlatan Ibrahmovic yandikishije amateka aho yaciye agahigo agaca k'Umunyaportugali Pedro Pauleta wari ufite ibitego 109 mu mikino 211 kuva mu mwaka wa 2003 kugeza mu mwaka wa 2008 akinira ikipe ya PSG.
Zlatan Ibrahimovic yahawe ishimwe nka rutahizamu w'ibihe byose muri PSG
Umwihariko mu gahigo umukinnyi Zlatan Ibrahimovic yaciye, ni uko kugeza ubu hashize imyaka itatu gusa akinira ikipe ya PSG, aho ibitego 110 abitsinze mu mikino ijana na mirongo itatu n'irindwi mu gihe mugenzi we umukurikiye Pedro Pauleta akaba yarakiniye ikipe ya PSG imyaka itanu n'imikino 211 irengaho imikino 74.
Remy Niyingize
TANGA IGITECYEREZO