RFL
Kigali

Real Madrid yegukanye igikombe cy' isi cy'amakipe yubaka amateka - AMAFOTO

Yanditswe na: Alphonse Mukundabantu
Taliki:21/12/2014 9:18
2


Ikipe ya Real Madrid yongeye kwandika amateka yegukana igikombe cy’ isi cy’ amakipe bwa mbere mu myaka 112 imaze ibayeho, cyaberaga mu gihugu cya Maroc ku mugabane w’ Afurika, itsinze San Lorenzo ibitego 2-0 bya Sergio Ramos na Gareth Bale, ndetse yuzuza imikino 22 y’ instinzi zikurikiranya n’ ibikombe 4 mu mwaka umwe gusa



Sergio Ramos niwe wafunguye amazamu ku munota wa 37 mu gice cya mbere ku gitego yatsindishije umutwe hanyuma mu gice cya kabiri ku munota wa 51 Gareth Bale ashyiramo igitego cya 2 cyanahesheje itsinzi y’ igikombe ikipe ya Real Madrid

Iyi nstinzi yatumye Real Madrid itozawa na Carlos Ancelotti yuzuza imikino 22 yikurikiranya idatsindwa ndetse ituma yegukana igikombe cy’ isi cy’ amakipe bwa mbere mu mateka yayo, mu myaka 112 imaze ibayeho

RAMOS

Ramos yafunguye amazamu ku munota wa 37 n’ umutwe

RAMOS

Aha Sergio Ramos watowe nk’ umukinnyi witwaye neza kurusha abandi muri uyu mukino yishimiraga igitego cya mbere yatsinze ku munota wa 37

BALE

Gareth Bale ubwo yatsindaga igitego cya kabiri muri uyu mukino wa nyuma

BALE

Gareth Bale afatanya na bagenzi kwishimira igitego  cya kabiri

Muri uyu mukino Cristiano Ronaldo utajya usiba kubona inshundura z’ ikipe bahanganye ntiyabashije kubona igitego ariko akaba yafashije cyane bagenzi be kugera kuri iyi intsinzi, byanatumye benshi bakomeza kwibaza ku magambo yavunzwe na Perezida w’ ishyirahamwe ry’ umupira w’ amaguru ku mugabane w’ uburayi, Michel Platini, uherutse gutangaza ko abona umwe mu badage ariwe ukwiye umupira wa zahabu uzatangwa mu kwezi kwa mbere nyamara Cristiano Ronaldo akomeje gutsinda no kwegukana ibikombe ari kumwe n’ ikipe ye

CR7

Abenshi ntibumva ukuntu Michel Platini yatangaje ko Cristiano Ronaldo adakwiye umupira wa zahabu nyamara akaomeje kunyeganyeza inshundura no kwegukana ibikombe hamwe na Real Madrid

Iki gikombe cyatumye Carlos Ancelotti akaomeza kubaka izina dore ko mu mezi 16 amaze atoza Real Madrid amaze kurusha umubare w’ ibikombe Jose Mourigho wahamaze imyaka 3 yose. Ubu Real Madrid ikaba imaze guca agahigo ko kwegukana ibikombe bigera kuri 4 mu gihe kitarenze umwaka umwe

ANCELOTTI

Carlos Anceloti ahaesheje Real Madrid igikombe cya 4 mu mwaka umwe gusa ahita arusha umbrae w’ ibikombe Jose Mourighno yahasize mu myaka 3 yose yahamaze

Sergio Ramos niwe mukinnyi watowe nk’ umukinnyi witwaye neza muri uyu mukino mu gihe Iker Casillas yujuje imikino 700 yose akinira Real Madrid mu marushanwa atandukanye

REAL

REAL

Aha abakinnyi bose ba Real Madrid bishimiraga igikombe cy’ isi cy’ amakipe bari bataregukana kuva Real Madrid yabaho

RONALDO

Cristiano Ronaldo yishimira igikombe yagizemo uruhare rukomeye

BALE

Gareth Bale umaze kumenyerwaho gutsinda ku mukino wa nyuma yishimira igikombe

REAL

Uturutse ibumoso Keylor Navas, Javier Hernandez, James Rodriguez, Marcelo na Ronaldo bishimira igikombe

IGIKOMBE

Iki nicyo gikombe Real Madrid yari itaregukana na rimwe

REAL

Aha ni nyuma y’ umukino Gareth Bale ahobera Cristiano Ronaldo na Pepe ahobera James Rodriguez

Alphonse M.PENDA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • dallas9 years ago
    Amafraga arakora alsenal ijye yiga
  • 9 years ago
    Ibyishimo kubafana ba Real Madrid,





Inyarwanda BACKGROUND