RFL
Kigali

Rayon Sports yakoreye imyitozo ku Mahoro, Ndayishimiye avuga ko nta gihunga afite imbere ya Rivers-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/04/2017 20:18
1


Ku gicamunsi cy’uyu wa Kane tariki 20 Mata 2017 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri sitade Amahoro ku kibuga iyi kipe izakiriraho Rivers United (Nigeria) mu mukino wo kwishyura, umukino Ndayishimiye Eric Bakame avuga ko utamuteye igihunga nubwo abafana bavuga ko yabatsindishije ibitego mu mukino ubanza.



Aganira n’abanyamakuru nyuma y’imyitozo, uyu mugabo usanzwe ari na kapiteni wa Rayon Sports yavuze ko mu mukino ubanza bagiye muri Nigeria batazi neza uko Rivers United ikina bityo bikaba byarabagoye kuyikuraho amanota atatu. “Nta gihunga ahubwo biri kudutera morale kuko icyo dushaka ni ugushimisha abafana ba Rayon Sports kandi bazishima kuwa Gatandatu”.

“Burya hari igihe ukina n’ikipe ikaba yagutsinda nawe ukaba ubona binagoye kubona igitego yakikubanje, ariko icyo nabwira abafana ba Rayon Sports nuko uko twayitekerezaga siko twayibonye. Twasanze ari kipe ifite buri kimwe, ibitego yabonye byari iby’ikipe iri iwabo”. Ndayishimiye Eric Bakame.

Ndayishimiye avuga ko magingo aya biteguye neza kandi ko ubuyobozi bubari inyuma cyo kimwe n’abafana kandi ko bazabashimisha batahana amanota atatu kuwa Gatandatu. Imyitozo yakozwe kuri uyu wa Kane yibandaga mu gutera imipira y’imiterekano ndetse no gutera amashoti agana mu izamu nyuma yo guhererekanya umupira hafi y’urubuga rw’amahina (Pressing).

Rayon Sports izakira Rivers United kuwa Gatandatu tariki 22 Mata 2017 kuri sitade Amahoro saa cyenda n’igice (15h30’), umukino Rayon Sports isabwamo ibitego 3-0 kugira ngo ihite ibona itike y’amatsinda ya CAF Total Confederations Cup.

Kwinjira kuri uyu mukino ni amafaranga ibihumbi bibiri mu myanya isanzwe (2000 FRW), ibihumbi bitatu ahatwikiriye (3000FRW), ibihumbi bitanu mu myanya yegereye iy’icyubahiro (5000 FRW), ibihumbi icumi (10.000FRW) mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi 20 (20.000 FRW) mu cyubahiro cyisumbuyeho.

Ndayishimiye Eric Bakame aganira n'abanyamakuru

Ndayishimiye Eric Bakame aganira n'abanyamakuru

Rayon Sports itangira imyitozo

Rayon Sports itangira imyitozo

Amaboko ajya hirya no hino

Amaboko ajya hirya no hino

Manzi Thierry imbere

Manzi Thierry imbere

Rayon Sports biruka bazenguruka ikibuga

Rayon Sports biruka bazenguruka ikibuga

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Ndayishimiye Eric Bakame mu mwitozo

Ndayishimiye Eric Bakame mu mwitozo

Ndayishimiye Eric Bakame na mugenzi we Mutuyimana Evariste

Ndayishimiye Eric Bakame na mugenzi we Mutuyimana Evariste

Rwigema Yves ntari mu bakinnyi bazifashishwa kuko afite ikibazo cy'imvune yakuye ku mukino wa Sunrise FC

Rwigema Yves ntari mu bakinnyi bazifashishwa kuko afite ikibazo cy'imvune yakuye ku mukino wa Sunrise FC

Munezero Fiston

Myugariro Munezero Fiston

Umwitozo wo kubanza mukicara bakaza gusifura mugahaguruka mukiruka

Umwitozo wo kubanza mukicara bakaza gusifura mugahaguruka mukiruka

Kuryama bagasifura mukabyuka mukiruka

Kuryama bagasifura mukabyuka mukiruka

Mugabo Gabriel Gaby

Mugabo Gabriel Gaby 

Moussa Camara

Moussa Camara

Mutsinzi  Ange Jimmy na Irambona Gisa Eric

Mutsinzi Ange Jimmy na Irambona Gisa Eric

Mutuyimana Evariste

Mutuyimana Evariste

Masud Djuma atanga amabwiriza

Masud Djuma atanga amabwiriza

Rwarutabura  atoza bagenzi be uko bazafana

Rwarutabura atoza bagenzi be uko bazafana

Rwarutabura

Rwarutabura 

Moussa Camara yabanje kugira akabazo nyuma akomezanya n'abandi

Moussa Camara yabanje kugira akabazo nyuma akomezanya n'abandi

Muhawenimana Claude ukuriye abafana ba Rayon Sports abahungisha ikibuga

Muhawenimana Claude ukuriye abafana ba Rayon Sports abahungisha ikibuga

Nahimana Shassir ubwo yari agize ikibazo nyuma yo kugongana na Mugisha Francois Master

Nahimana Shassir ubwo yari agize ikibazo nyuma yo kugongana na Mugisha Francois Master

Nahimana Shassir

Nahimana Shassir

Nahimana Shassir avurwa

Nahimana Shassir avurwa

Savio Nshuti Dominique arajya akina asatira asubira inyuma anafasha mu kugarira

Savio Nshuti Dominique arajya akina asatira asubira inyuma anafasha mu kugarira

Savio Nshuti Dominique

Savio Nshuti Dominique

Kwizera pierrot

Kwizera Pierrot mu myitozo

Manishimwe Djabel imbere ya bagenzi be arinda umupira

Manishimwe Djabel imbere ya bagenzi be arinda umupira

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.COM

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nambaje6 years ago
    Ariko gasenyi urakabwa kuvuga Ngo river united Ngo ntacyo ikubwiye kandi yaragutsize ibitego bitati





Inyarwanda BACKGROUND