RFL
Kigali

Etincelles FC 0-1 Rayon Sports: Robertinho avuga ko Rayon Sports ibura abakinnyi babiri-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:21/10/2018 11:00
0


Roberto Goncalves Alveira de Calmo uzwi nka Robertinho umutoza mukuru wa Rayon Sports nyumayo kubona amanota atatu akina na Etincelles FC yavuze ko abona bakibura abakinnyi babiri bataha izamu kuko ngo Bimenyimana Bonfils Caleb batamugenderaho umwaka wose ari umwe.



Byari mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma y’umukino Rayon Sports yatsinzemo Etincelles FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Bimenyimana Bonfils Caleb ku munota wa 10’ ku mupira yahawe na Niyonzima Olivier Sefu.

Bimenyimana Bonfils Caleb yatsinze igitego ku munota wa 10'

Bimenyimana Bonfils Caleb yatsinze igitego ku munota wa 10'

Nyuma yuko Robertinho yari yahisemo gukoresha abakinnyi benshi hagati mu kibuga, Rayon Sports yagize ikibazo cyo kuba yagwiza ibitego muri uyu mukino bamaze iminota 80’ batarabona ikindi dore ko ari nabo bahabwaga amahirwe yo gutsinda umukino nubwo mu gice cya kabiri Etincelles FC nayo yagaragaje ko ishaka ibitego.

Robertinho yavuze ko yakoresheje abakinnyi benshi hagati mu kibuga kugira ngo baze kubona imipira myinshi no kureba ko Rayon Sports yajya imara igihe itaratakaza umupira (Ball Possession) ariko ko ikibazo cyabaye ukubyaza umusaruro imipira yageraga imbere y’izamu.

“Twakinnye neza cyane hagati mu kibuga. Etincelles ni ikipe nziza ifite bamwe mu bakinnyi ubona bakina neza, byari bigoye ko tubabonamo ibitego byinshi. Twakinnye cyane hagati mu kibuga twirinda gutakaza imipira gusa byari bigoye ko twabona ibitego. Shampiyona ni ndende, dukeneye abazajya badutsindira ibitego, ni ikibazo kuba dufite Caleb gusa. Dukeneye abandi bakinnyi babiri bataha izamu kuko nka Caleb atari bukine byaba ari ibibazo”. Robertinho.

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira amanota atatu

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira amanota atatu

Muri uyu mukino, Robertinho yari yafashe abakinnyi batatu basanzwe bakina hagati mu kibuga abashyiriramo rimwe. Aba barimo; Yannick Mukunzi, Niyonzima Olivier Sefu na Donkor Prosper Kuka, abakinnyi bose bakina umwanya umwe bafite umumaro wo kubuza ikipe bahanganye kuba yakwinjira mu rubuga rw’amahina (Holding Midfielders).

Mu gusimbuza, Mugisha Gilbert yasimbuye Nova Bayama mu gihe Donkor Prosper Kuka yahaye umwanya Bukuru Christophe.

Abakinnyi bafata inama z'abatoza

Abakinnyi bafata inama z'abatoza 

Iradukunda Eric Radou na Donkor Prosper Kuka bahaboneye ikarita y’umuhondo buri umwe. Aha, Iradukunda Eric Radou niwe wabaye umukinnyi wa mbere wa Rayon Sports wabonye ikarita y’umuhondo mu mwaka w’imikino 2018-2019.

Iradukunda Eric Radou ku mupira imbere y'abakinnyi ba Etincelles FC

Iradukunda Eric Radou ku mupira imbere y'abakinnyi ba Etincelles FC

Muhire Kevinn atera koruneri

Muhire Kevinn atera koruneri

Mbere gato yuko batera koruneri

Mbere gato yuko batera koruneri

Niyonsenga Ibrahim  na mwene nyina Nahimana Isiaka bapanga urukuta

Niyonsenga Ibrahim (Iburyo)  na mwene nyina Nahimana Isiak (ibumoso) bapanga urukuta

Yannick Mukunzi agira ibyo yereka bagenzi be

Yannick Mukunzi agira ibyo yereka bagenzi be 

Hakizimana Louis yasifuye hagati

Hakizimana Louis yasifuye hagati 

Nsengiyumva Irshad (imbere hagati) wahoze muri Etincelles FC ubu ari muri FC Marines

Nsengiyumva Irshad (imbere hagati) wahoze muri Etincelles FC ubu ari muri FC Marines

Umukino watambukaga kuri Radio Rwanda

Umukino watambukaga kuri Radio Rwanda 

Ubwo Bimenyimana Bonfils yari agize ikibazo

Rayon Sports

Ubwo Bimenyimana Bonfils yari agize ikibazo 

Donkor Prosper Kuka umunya-Ghana ukina hagati muri Rayon Sports

Donkor Prosper Kuka umunya-Ghana ukina hagati muri Rayon Sports 

Muhire Kevin agenzura umupira imbere ya Tuyisenge Hackim (8)

Muhire Kevin agenzura umupira imbere ya Tuyisenge Hackim (8)

Bimenyimana Bonfils

Bimenyimana Bonfils  Caleb amaze guhusha igitego

Bimenyimana Bonfils  Caleb amaze guhusha igitego

Niyonsenga Ibrahim azamukana umupira aciye hasi

Niyonsenga Ibrahim azamukana umupira aciye hasi 

Eric Rutanga ku mupira imbere ya Manishimwe Yves

Eric Rutanga Alba (3) ku mupira imbere ya Manishimwe Yves  (12)

Akayezu Jean Bosco acomeka umupira unyura imbere ya Muhire Kevin

Akayezu Jean Bosco acomeka umupira unyura imbere ya Muhire Kevin

Umukino w'amakipe yombi akunze kugorana

Rayon Sports

Umukino w'amakipe yombi akunze kugorana 

Tuyisenge Hackim Diemme (8) ashaka umupira kwa Prosper Donkor

Tuyisenge Hackim Diemme (8) ashaka umupira kwa Prosper Donkor

Ikioe ya Bugesera FC yarebye uyu mukino mbere yuko icakirana na FC Marines kuri iki Cyumweru

bugesera FC

bugesera FC

bugesera FC

bugesera FC

Ikipe ya Bugesera FC yarebye uyu mukino mbere yuko icakirana na FC Marines kuri iki Cyumweru

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Bugesera FC unungirije mu Mavubi areba ku isaha

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Bugesera FC

Abakinnyi ba Scandinavia WFC bareba umukino

Scan

Abakinnyi ba Scandinavia WFC bareba umukino 

Mbonyingabo Regis myugariro wa Musanze Fc wavuye muri Etincelles FC

Mbonyingabo Regis myugariro wa Musanze Fc wavuye muri Etincelles FC

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Rayon Sports

Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports 

Nova Bayama (Ibumoso) na Niyonsenga Ibrahim (Iburyo)

Nova Bayama (Ibumoso) na Niyonsenga Ibrahim (Iburyo)

Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports bishyushya

Abasimbura ba Rayon Sports bishyushya

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND