RFL
Kigali

Umuriro wagiye umukino uhagarikwa Rayon Sports imaze gutsinda APR FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:23/09/2017 23:55
3


Ibura ry'umuriro ryatumye umukino wa Rayon Sports na APR FC usubikwa ugeze ku munota wa 62'. Rayon Sports yatsinze APR FC ibitego 2-0, Ismaila Diarra na Kwizera Pierrot ni bo batsinze.



Umuriro wabuze inshuro ebyiri muri uyu mukino, waje kubura burundu ku munota wa 62' ubwo Kwizera Pierrot yari yamaze kugeza igitego cya kabiri ku munota wa 61', igitego cyaje gisanga icya Ismaila Diarra yatsinze ku munota wa 34'. Abayobozi muri FERWAFA n'amakipe yombi bemeje ko umukino usubikwa, indi myanzuro ikazamenyekana nyuma.

Jimmy Mulisa wagombaga kuba akina ashaka kwerekana ko Rayon Sports yamutwaye igikombe cy'Agaciro imutunguye, yari yazanye Ombolenga Fitina mu bwugarizi ndetse na Nshuti Innocent yongeye kubanza mu busatirizi. Karekezi Olivier yari yakoresheje abakinnyi yitabaje ku mukino usoza irushanwa ry'Agaciro uretse Ismaila Diarra wari wajemo asatira inyuma ye hari Kwizera Pierrot utarakinnye uwo mukino kubera ikarita itukura.

Amakipe yombi yatangiye ubona yose yiteguye ariko hagati ha APR FC habaye hato kuri Rayon Sports kuko ku munota wa 34' ni bwo Kwizera Pierrot yafashe umupira awutuma Ismaila Diarra wahise arekura ishoti bityo Mvuyekure Emery aryama afashe ubusa. Ibi byaje nyuma yuko Nshimiyimana Imran yari amaze kuva mu kibuga ku munota wa 28' ahawe ikarita itukura.

Jimmy Mulisa abonye ko ibintu byahinduye isura, yahise akuramo Sekamana Maxime wacaga ku ruhande rw'ibumoso muri iyo minota kuko yabanje guca iburyo, ahita yinjiza Buteera Andrew ku nyungu zo gukomeza umukino hagati nubwo bari abakinnyi icumi (10).

Ku munota wa 44' ni bwo umuriro wagiye biba ngombwa ko abakinnyi bibumbira hamwe n'abatoza. Nyuma gato umuriro ugarutse bagiye mu kibuga bakina umunota wari usigaye bajya kuruhuka ari igitego 1-0 mu nyungu za Rayon Sports.

Bavuye kuruhuka, APR FC yatangiye gusa naho isatira biciye kuri Nshuti Innocent na Issa Bigirimana wabonye ishoti rica hafi y'izamu. Gusa ntibyasabye igihe kinini kuko ku munota wa 61' Kwizera Pierrot yarebye mu izamu biba bibabye ibitego 2-0. Umuriro wongeye gusubirayo hashize umunota umwe gusa (62'). Umukino urahagarara.

Abakinnyi babanje mu kibuga:

APR FC XI:Emery Mvuyekure (GK, 1), Ombolenga Fitina 15, Imanishimwe Emmanuel 24, Rugwiro Herve (C-4), Nsabimana Aimable 13, Bizimana Djihad 8, Nshimiyimana Imran 5, Hakizimana Muhadjili 10, Sekamana Maxime 17, Issa Bigirimana 26 na Nshuti Innocent 19.

Rayon Sports XI: Ndayishimiye Eric Bakame (C-1), Nyandwi Sadam 16, Eric Rutanga 3, Manzi Thierry 4, Usengimana Faustin 15, Mukunzi Yannick 6, Niyonzima Olivier Sefu 21, Kwizera Pierrot 23, Bimenyimana Bonfils Caleb 7, Manishimwe Djabel na Ismaila Diarra 20.

Min.Uwacu Julienne na Nzamwita Vincent de Gaule kuri sitade Umuganda

Min.Uwacu Julienne na Nzamwita Vincent de Gaule kuri sitade Umuganda

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC

Karekezi Olivier  aganira na Ndikumana Hamad Katauti

Karekezi Olivier  aganira na Ndikumana Hamad Katauti

 Umufasha wa Karekezi Olivier

 Umufasha wa Karekezi Olivier 

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Igikombe giteruye

Igikombe giteruwe

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba APR FC babanje mu kibuga

11 ba APR FC babanje mu kibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Nshuti Innocent akurikiwe na Yannick Mukunzi

Nshuti Innocent akurikiwe na Yannick Mukunzi

Ombolenga  Fitina yariyabanjemo

Ombolenga Fitina yari yabanjemo

Umukino amakipe yombi yakaniye

Umukino amakipe yombi yakaniye

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports

Igice cya mbere Rayon Sports na APR FC buri imwe yakoze amakosa arindwi (7)

Igice cya mbere Rayon Sports na APR FC buri imwe yakoze amakosa arindwi (7)

Nyandwi Sadam ahagarika Issa Bigirimana

Nyandwi Sadam ahagarika Issa Bigirimana

Ismaila Diarra yishimira igitego yatsinze ku munota wa 32'

Ismail Watenga umunyezamu wa Uganda Cranes

Ismaila Diarra yishimira igitego yatsinze ku munota wa 34'

Manzi Thierry wa Rayon Sports yaryamye hasi akubiswe umutwe na Nshimiyimana Imran bimuvirnamom ikarita itukura

Manzi Thierry wa Rayon Sports yaryamye hasi akubiswe umutwe na Nshimiyimana Imran bimuviramo ikarita itukura 

Nshimiyimana Imran asohoka

Nshimiyimana Imran

Nshimiyimana Imran asohoka 

Manzi Thierry wa Rayon Sports yajyanwe hanze aravurwa aragaruka

Manzi Thierry wa Rayon Sports yajyanwe hanze aravurwa aragaruka

Imanishimwe Emmanuel azamukana umupira ku ruhande rwe rw'ibumoso

Imanishimwe Emmanuel azamukana umupira ku ruhande rwe rw'ibumoso

Umuriro wakunze kubura umukino ugahagarara umusubirizo

Umuriro wakunze kubura umukino ugahagarara umusubirizo

Abakinnyi ba APR FC mu mwijima

Abakinnyi ba APR FC mu mwijima 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sibo6 years ago
    Hahah birababaje kubona apr itsindwa bagakupa umuriro???degaule we ukora ibibi byishi muri foot kweli ibi uzabibazwa..
  • karenzi6 years ago
    Nyakubahwa munyamakuru sadam, mwakoze kuduha inkuru natwe twakurikiye, but hari ibyo mwibeshyeho cyaneee: (1) igitego cyambere cyatsinzwe kumunota wa 34. (2) Amran yabonye ikarita itukura kumunota wa 38. (3) mumukino hagati umuriro watangiye kubura kumunota ea 48, ni ukuvuga haburaga umunota umwe ngo iminota ine yari yongewe kugice cyambere irangire. (4) umuriro wabuze burundu kumunota wa 65 w'umukino, nyuma yiminota ine igitego cya kabiri gitsinzwe. Ubwo rero mwakosora neza inkuru yanyu
  • Shumbusho6 years ago
    Yewe ntibitunguranye gusanoneho bagaragaje kobayanga ubanzabisho botse bayohereza mukiciro cya 2 ariko ntabyobageraho kd Imana niyonkuru izaduhoza amarira twarize abaRayon Sport





Inyarwanda BACKGROUND