RFL
Kigali

Nsengiyumva Moustapha yafashije Rayon Sports kwisobanura na Kirehe FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:7/05/2017 22:45
0


Nsengiyumva Moustapha rutahizamu w’ikipe ya Rayon Sports yayifashije kwisobanura na Kirehe FC abatsindira igitego cy’intsinzi cyabonetse ku munota wa 75’. Uyu munota wageze amakipe yombi anganya igitego 1-1.



Ikipe ya Rayon Sports yabanjwe igitego ku munota wa 54’ ubwo Kirehe FC yatsindirwaga na Kagabo Ismi mbere yuko Savio Nshuti Dominique yishyura ku munota wa 66’.

Nsengiyumva Moustapha winjiye mu kibuga ku munota wa 55’ asimbuye Lomami Frank, yahise yinjiza igitego cyaturutse mu muvundo watewe na koruneri yari ivuye kuri Nova Bayama.

Masud Djuma wari wakoze impinduka mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga, yari yabanje Mutuyimana Evariste mu izamu, Kwizera Pierrot amwambika igitambaro cya kapiteni, Lomami Frank abanzamo cyo kimwe nuko yicaje Niyonzima Olivier Sefu aakabanzamo Mugheni Fabrice.

Manzi Thierry yahaboneye ikarita y’umuhondo, Nova Bayama asimbura Imanishimwe Djabel mu mukino Rayon Sports yabonyemo koruneri icyenda (9) kuri esheshatu (6) za Kirehe FC.

Rayon Sports yakoze amakosa atatu (3) yatumye Kirehe FC itera imipira itatutu y’imiterekano mu gihe Kirehe yo yakoze amakosa atandatu yatumye Rayon Sports ibona imiterekano itandatu (6).

Undi mukino wakinwe kuri iki Cyumweru. FC Marines yatsinze Pepinieres FC igitego 1-0.

Iyo utangiye kwegera sitade ya Kigali uhita usanganirwa n'ibirango bya SKOL

Iyo utangiye kwegera sitade ya Kigali uhita usanganirwa n'ibirango bya SKOL

Mu muhanda ugana kuri sitade ya Kigali

Mu muhanda ugana kuri sitade ya Kigali

SKOL ni uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n'ibidasembuye ariko rukanatera inkunga ikipe ya Rayon Sports

SKOL ni uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n'ibidasembuye ariko rukanatera inkunga ikipe ya Rayon Sports

Ugeze muri metero nka 12 uva ku muryango munini wa sitade ya Kigali

Ugeze muri metero nka 12 uva ku muryango munini wa sitade ya Kigali

Umufana wa Rayon Sports agana muri sitade ya Kigali

Umufana wa Rayon Sports mbere yo kwinjira muri sitade ya Kigali

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Amakipe yombi asohoka mu rwambariro

Masud Djuma umutoza wa Rayon Sports asuhuza abakinnyi ba Kirehe FC

Masud Djuma umutoza wa Rayon Sports asuhuza abakinnyi ba Kirehe FC

Masud Djuma Irambona umutoza mukuru wa Rayon Sports

Masud Djuma Irambona umutoza mukuru wa Rayon Sports

Sogonya Hamsi Kishi umutoza mukuru wa Kirehe FC

Sogonya Hamsi Kishi umutoza mukuru wa Kirehe FC

Abasifuzi n'abakapiteni b'amakipe yombi

Abasifuzi n'abakapiteni b'amakipe yombi

11 ba Kirehe FC babanje mu kibuga

11 ba Kirehe FC babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Manishimwe Djabel akurikirana umukinnyi wa Kirehe FC

Manishimwe Djabel akurikirana umukinnyi wa Kirehe FC

Manishimwe Djabel amaze gufata umupira

Manishimwe Djabel amaze gufata umupira

Abafana

Abafana 

Irambona Eric Gisa agorana n'umukinnyi wa Kirehe FC

Irambona Eric Gisa agorana n'umukinnyi wa Kirehe FC

Sogonya Hamsi Kishi umutoza mukuru wa Kirehe FC atanga amabwiriza

Sogonya Hamsi Kishi umutoza mukuru wa Kirehe FC atanga amabwiriza

Nahimana Shassir ntaherutse kubona igitego

Nahimana Shassir ntaherutse kubona igitego

Abakinnyi ba Kirehe FC bagonganira ku mupira

Abakinnyi ba Kirehe FC bagonganira ku mupira

Kwizera Pierrot yari kapiteni

Kwizera Pierrot yari kapiteni 

Abakinnyi na Kirehe FC bishimira igitego batsindiwe na Kagabo Ismi ku munota wa 54' w'umukino

Abakinnyi ba Kirehe FC bishimira igitego batsindiwe na Kagabo Ismi ku munota wa 54' w'umukino

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego bishyuriwe na Savio Nshuti Dominique ku munota wa 66'

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego bishyuriwe na Savio Nshuti Dominique ku munota wa 66'

Igitego cy'intsinzi cyatanzwe na Nsengiyumva Moustapha ku munota wa 75'

Igitego cy'intsinzi cyatanzwe na Nsengiyumva Moustapha ku munota wa 75'

Nsengiyumva Moustapha

Nsengiyumva Moustapha ubwo yari amaze kubona igitego

Urutonde rw'agateganyo rwa shampoiyona

Urutonde rw'agateganyo rwa shampoiyona

Dore uko umikino yose yarangiye:

Kuwa Gatanu tariki ya 5 Gicurasi 2017

*Kiyovu Sport 1-2Police FC   

Kuwa Gatandatu tariki 6 Gicurasi 2017

*APR FC 2-0 ESpoir FC   

*Gicumbi FC 0-1 Sunrise FC  

*Etincelles FC1-1 AS Kigali   

*Bugesera FC 1-1 FC Musanze

*Amagaju FC  0-1  Mukura Victory Sport    

 Ku Cyumweru tariki 7 Gicurasi 2017

 *Rayon Sports 2-1 Kirehe FC  

*Pepinieres FC 0-1 FC Marines

 AMAFOTO:Saddam MIHIGO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND