RFL
Kigali

R.S 4-2 Azam FC: Uwari uteruye igikombe yabangamiwe n’inkweto birangira azikuyemo nyuma yo gusekwa-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:9/07/2017 9:12
8


Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Nyakanga 2017 mbere yuko Rayon Sports yisobanura na Azam FC, umukobwa wari wahawe akazi ko guterura igikombe akivana mu rwambariro akijyana mu myanya y’icyubahiro, yaje kubangamirwa n’inkweto ubwo yakandagiraga mu bwatsi bw’ikibuga, afata umwanzuro wo kuziyambura kuko yabuze urugenda agasekwa n'abari muri sta



Mu busanzwe kirazira kikanaziririzwa ko umuntu wese wambaye inkweto zifite ibisa n’imisumari akandagira mu bwatsi bw’ubukorano (Tapis Synthetic) buba bugize ikibuga. Gusa mu kurenga ku mabwiriza n’amategeko agenwa n’abahanga mu gukora ibibuga, nibyo byatumye uyu munyarwandakazi aterwa isoni no kudandabirana imbere y’imbaga y’abakunzi b’umupira w’amagurun kugeza agendesheje ibirenge byambaye ubusa.

Ibi biri muri bimwe  byatindije umukino kuko byari biteganyijwe ko umukino utangira saa cyenda n’igice (15h30’) ariko byaje kuba ngombwa ko umukino utangira saa cyenda n’iminota 40’ (15h40’).

Rayon Sports yahawe igikombe yatwaye habura imikino ine (4) ngo shampiyona irangira, igikorwa cyabaye imaze gutsinda Azam FC ibitego 4-2. Ni ibitego byabonetse mu mukino wasaga naho woroheye Rayon Sports mu buryo bwo gusatira no gutembereza umupira hagati mu kibuga kuko amakipe yombi yakinnye iminota hafi 65’ ubona umukino warushingiye hagati mu kibuga.

Kwizera Pierre Pierrot Mansare ni we wafunguye amazamu ku munota wa 30’ kugira ngo abafana ba Rayon Sports batangire kwizera ko ibirori byabo bitari buzemo kidobya. Iki gitego cyaje kwishyurwa na Yahya Mudathir wa Azam FC ku munota wa 41’ w’umukino. Amakipe ajya kuruhuka anganya igitego 1-1.

Ku munota wa 49’, Savio Nshuti Dominique yarebye mu izamu atsinda igitego cyaje guhita kishyurwa na Yahya Mohammed ku munota wa 55’. Muhire Kevin yaje kubona igitego ku munota wa 67’. Muhire yakinaga hagati mu kibuga asa naho ari imbere ya Kwizera Pierrot na Mugheni Kakule Fabrice ndetse anaherekeza Nahimana Shassir.

Nahimana Shassir wakinaga asatira izamu ni we washyize umufuniko ku gatebo Rayon Sports yageremo Azam FC atsinda igitego ku munota wa kane wiyongeraga ku minota 90’ y’umukino (90’+4’).

 Igikombe imbere

Igikombe imbere

...Kugenda bitangiye kwanga yahindukiye abwira Rurangirwa Aoron ko biri kwanga

...Kugenda bitangiye kwanga yahindukiye abwira Rurangirwa Aoron ko biri kwanga

Rurangirwa Aoron aramubwira ati" Gerageza kugenda ukandagira buhoro"

Rurangirwa Aoron aramubwira ati" Gerageza kugenda ukandagira buhoro"

Aratambuka.....

Aratambuka.....

....arongera

....arongera

Nubwo yari yambaye umweru n'ubururu ntabwo byabujije abatoza ba Rayon Sports kumuseka

Nubwo yari yambaye umweru n'ubururu ntabwo byabujije abatoza ba Rayon Sports kumuseka

Ikirenge cyahengamye biba ngombwa ko igikombe yari afatishije amaboko abiri agifatisha imoso

Ikirenge cyahengamye biba ngombwa ko igikombe yari afatishije amaboko abiri agifatisha imoso

Yasabwe gukuramo inkweto cyangwa igikombe akagiha abandi

Yasabwe gukuramo inkweto cyangwa igikombe akagiha abandi....yazikuyemo

.....1

.....1

.....1

.....2

.....3

.....3

.....4

.....4

.....5...agana mu myanya y'icyubahiro

.....5...agana mu myanya y'icyubahiro

Mugheni Fabrice yamukurikije amaso anaseka

Mugheni Fabrice yamukurikije amaso anaseka

Ndayishimiye Eric Bakame nawe yasetse

Ndayishimiye Eric Bakame nawe yasetse

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • c6 years ago
    Hehehehe, mbega ikirenge! Wabona ari na we ufite ikirenge kinini mu bakobwa mu Rwanda!
  • peace6 years ago
    Nanjye biransekeje kuko mbonye yambaye ibirenge mbona kwambara izo hasi zari kumubera kurusha nindende gusa kurimba nibyiza ariko ikingenzi nukumenya ikintu igihe cyacyo
  • kimenyi6 years ago
    ariko ntakibazo kukop afite ikireenge kiza.
  • Bimawuwa6 years ago
    Hihihihih ubundi kizanwa na bantu ntabwo ntabwo ari abagre bakuze rwose.
  • Lambert6 years ago
    Uyu mwana w'umukobwa yahuye n'uruva gusenya ariko muzi no gufotora nka hariya yari agiye kuvunika cheville mwahafotoye gut?
  • 6 years ago
    hhhhhh aah hhhhhh ahwiii mbega!!!!mbuze icyo mvuga niyihangane
  • aime Gilberto 6 years ago
    hhhhhhhhhhhh.... mbega umukobwa!!!!!! arko afite n'ikirenge rero!!!!!!
  • Kate6 years ago
    Courage sis humura .nta wa hindura icya shatse kuba kiraba





Inyarwanda BACKGROUND