RFL
Kigali

Police FC yagaruye Munezero ibura Mushimiyimana Mohammed mbere yo kwakira Amagaju FC

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/10/2017 12:52
0


Kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2017 ni bwo Police FC igomba kwakira Amagaju FC ku kibuga cya Kicukiro bakina umunsi wa Gatatu wa shampiyona. Mushimiyimana Mohammed aracyarwaye, Munezero Fiston yavuye mu gihano cy’ikarita itukura yari yahawe ku munsi wa mbere.



Kuwa 13 Ukwakira 2017 ubwo Police FC yari yasuye Mukura Victory Sport, Mushimiyimana Mohammed yari mu bakinnyi 11 bagombaga gukina uyu mukino, habura iminota micye ngo umukino ube ni bwo uyu musore yaje kugira ikibazo cy’umutsi wo mu ivi biba ngombwa ko bahita bamusimbuza Nzabanita David wavuye mu ikipe ya Bugesera FC.

Nyuma y’umukino Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC yavuze ko umukinnyi we yagize ikibazo cyo gutsikira bari mu myitozo ya mbere y’umukino bityo ahita amusimbuza byihuta. Police FC yatsinze Mukura Victory Sport ibitego 2-1.

Mushimiyimana Mohammed afite ikibazo mu ivi ry'iburyo

Mushimiyimana Mohammed afite ikibazo mu ivi ry'iburyo

Mu kiganiro na INYARWANDA, Mushimiyimana Mohammed ukina hagati muri Police FC yavuze ko igihe yahawe n’abaganga hasigaye icyumweru kimwe. “Nyuma yo kunsuzuma bari bampaye icyumweru, kizarangira mu mpera z’iki cyumweru”. Mushimiyimana Mohammed

Police FC iri ku mwanya wa karindwi n’amanota atatu mu gihe Amagaju FC   bari ku mwanya wa mbere n’amanota atandatu (6). Iyi kipe ikorera ku Kicukiro izaba ikina uyu mukino idafite Mushimiyimana Mohammed uje wiyongera kuri Mpozembizi Mohammed ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo. Gusa bagaruye Munezero Fiston ukina mu mutima w’ubwugarizi utarakinnye na Mukura Victory Sport kubera ko yari yahawe ikarita itukura batsindwa na Etincelles FC ibitego 3-1 kuri sitade Umuganda.

Ku mukino wa Mukura VS Eric Ngedahimana bita Song (ibumoso) yari yabanje hanze

Ku mukino wa Mukura VS Eric Ngedahimana bita Song (ibumoso) yari yabanje hanze

Usabimana Olivier wari wagize ikibazo i Huye kuri uu ameze neza

Usabimana Olivier wari wagize ikibazo i Huye kuri ubu ameze neza

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC  yari yakinnye iminota 90' batsinda Mukura VS ibitego 2-1

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC  yari yakinnye iminota 90' batsinda Mukura VS ibitego 2-1

Dore uko imikino y’umunsi wa 3 iteye:

Kuwa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2017

-APR FC vs AS Kigali (Stade ya Kigali, 15h30’)

Kuwa Gatandatu tariki 21 Ukwakira 2017

-Bugesera FC vs Rayon Sports (Nyamata, 15h30’)

-Etincelles FC vs Mukura Victory Sport (Stade Umuganda, 15h30’)

-Espoir FC  vs Sunirise FC (Rusizi, 15h30’)

-Kirehe FC  vs Musanze FC (Nyakarambi, 15h30’)

Ku Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2017

-Police FC vs Amagaju FC (Kicukiro, 15h30’)

-Gicumbi FC vs FC Marines (Gicumbi, 15h30’)

-Miroplast FC vs Kiyovu Sport (Mironko Pitch, 15h30’)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND