RFL
Kigali

Police FC yatsinze Mukura Victory Sport -AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:13/10/2017 18:43
0


Police FC yatahukanye amanota atatu nyuma yo gutsinda Mukura Victory Sport ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri sitade Huye iri mu karere ka Huye. Wari umunsi wa kabiri wa shampiyona wakinwe kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2017. Songa Isaie na Mico Justin batsindiye Police FC mu gihe Nshimiyimana David yatsinze Mukura VS.



Ni umukino ikipe ya Mukura VS yatangiye irimo neza kuko igice cya mbere cyarangiye imibare igaragaza ko iri imbere. Muri iki gice nibwo rutahizamu Mutebi Rachid yateye amashoti abiri agana mu izamu mu gige Police FC yateye rimwe rya Mico Justin ku munota wa 45’.

Mu gice cya kabiri, Seniga Innocent yahise abona ko impande ze zigana imbere zamaze kugira ikibazo niko kwinjiza Biramahire Abeddy na Mwizerwa Amin baje basimbura Usabimana Olivier na Manishimwe Yves.

Ku munota wa 62’, Songa Isaie wari wahize igitego yaje kukibona ku mupira yahawe na Mwizerwa Amin wagaragaje imbaraga mu minota yakinnye. Mwizerwa kandi yaje kongera guha Mico Justin atsinda igitego ku munota wa 72’ w’umukino.

Mukura Victory Sport yari mu rugo yahise yishyiramo akabaraga isatira cyane mu minota irindwi (7’) yakurikiye niko kubona igitego ku munota wa 79’ gitsinzwe na Nshimiyimana David nyuma y’akavuyo kabaye imbere y’izamu rya Nzarora Marcel.

Muri uyu mukino, Songa Isaie na Nizeyimana Mirafa buri umwe yahawe ikarita y'umuhondo bazira amakosa bakoreye bagenzi babo bo muri Mukura Victory Sport.

Mu gusimbuza, Seninga Innocent yatangiye igice cya kabiri akuramo Usabimana Olivier wari wagize ikibazo cy’imvune, ashyiramo Biramahire Abeddy nyuma gato ahita akuramo Manishimwe Yves ashyiramo Mwizerwa Amin wahise atanga imipira ibiri (2) yabyaye ibitego (Assists). Ngendahimana Eric yasimbuye Mico Justin wagize akabazo k’imvune.

Ku ruhande rwa Mukura Victory Sport, Haringingo Francis yakuyemo Hakizimana Kevin amusimbuza Kwizera Tresor, Samba Cedric aha umwanya Habihirwe Arstide naho Bukuru Christophe aha umwanya Nkomezi Alexis baguze muri AS Kigali.

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Mukura VS XI: Rwabugiri Omar (GK, 1), Zagabe Jean Claude (C-15), Manirareba Ambroise 6, David Nshimiyimana 16, Iragire Saidi 3, Bukuru Christophe 14, Ndayegamiye Abou 17, Duhayindavyi Gael 8, Hakizimana Kevin 9, Mutebi Rachid 10 na Samba Cedric 2.

Police FC XI: Nzarora Marcel (GK, 18), Ishimwe Issa Zappy 26, Ndayishimiye Celestin 3, Habimana Hussein 20, Twagizimana Fabrice (6-C), Nizeyimana Mirafa 4, Nzabanita David 16, Manishimwe Yves 22, Usabimana Olivier 19, Mico Justin 8 na Songa Isaie 9.

11 ba Police FC

11 ba Police FC 

11 ba Mukura Victory Sport

11 ba Mukura Victory Sport

Haringingo Francis (hagati) n'abamwungirije

Haringingo Francis (hagati) n'abamwungirije 

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Seninga Innocent mbere gato y'umukino

Seninga Innocent mbere gato y'umukino

 Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC

Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura ahanganye na Mico Justin

Zagabe Jean Claude kapiteni wa Mukura ahanganye na Mico Justin

Biramahire Abeddy na Mwizerwa Amin babanje hanze binjiye bakora impinduka

Biramahire Abeddy na Mwizerwa Amin babanje hanze binjiye bakora impinduka

Abafana muri sitade Huye

Abafana muri sitade Huye 

Usabimana Olivier yegera Zagabe Jean Claude

Usabimana Olivier yegera Zagabe Jean Claude  wari ufite umupira

Mukura Victory Sport niyo yatangiye umukino ifite uburyo bwo gutsinda ibitego ariko iminota igenda irangira basubira inyuma

Mukura Victory Sport niyo yatangiye umukino ifite uburyo bwo gutsinda ibitego ariko iminota igenda irangira basubira inyuma

Nshimiyimana David (16) wanatsinze igitego cya Mukura Victory Sport

Nshimiyimana David (16) wanatsinze igitego cya Mukura Victory Sport

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC  yakoze akazi ko gukina hagati afatanya na Nizeyimana Mirafa

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC  yakoze akazi ko gukina hagati afatanya na Nizeyimana Mirafa

Abapolisi bakorera mu Karere ka Huye

Abapolisi bakorera mu Karere ka Huye 

Rwabugrii Omar umunyezamu wa Mukura mu kirere afata umupira

Rwabugiri Omar umunyezamu wa Mukura mu kirere afata umupira 

Mico Justin yagarutse mu kibuga  anabona igitego ku munota wa 72' w'umukino

Mico Justin yagarutse mu kibuga  anabona igitego ku munota wa 72' w'umukino

Sitade Huye kuri uyu wa Gatanu

Sitade Huye kuri uyu wa Gatanu

Usabimana Olivier acenga Zagabe Jean Claude

Usabimana Olivier acenga Zagabe Jean Claude

CIP Mayira Jean de Dieu umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Police FC

CIP Mayira Jean de Dieu umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Police FC

Olivier Nizeyimana perezida wa Mukura VS

Olivier Nizeyimana perezida wa Mukura VS

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego 

Mico Justin igitego cye agitura Imana

Mico Justin igitego cye agitura Imana 

Songa Isaie (iburyo) yishimira igitego

Songa Isaie (iburyo) yishimira igitego

Songa Isaie  yishimira igitego cye cya mbere muri shampiyona

Songa Isaie  yishimira igitego cye cya mbere muri shampiyona 

Dore imikino y’umunsi wa kabiri wa shampiyona 2017-2018:

Kuwa Gatanu tariki 13 Ukwakira 2017

-Mukura Victory Sport 1-2 Police FC  

Kuwa Gatandatu tariki 14 Ukwakira 2017

-FC Marines vs APR FC (Stade Umuganda, 15h30’)

-Espoir FC vs Etincelles FC (Rusizi, 15h30’)

-AS Kigali vs Miroplast (Stade de Kigali, 15h30’)

-Sunrise FC vs Gicumbi FC (Nyagatare, 15h30’)

-Amagaju FC vs Kirehe FC (Nyagisenyi, 15h30’)

Ku Cyumweru tariki 15 Ukwakira 2017

-Rayon Sports vs SC Kiyovu (Stade de Kigali, 15h30’)

-FC Musanze vs Bugesera FC (Ubworoherane, 15h30’) 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND