RFL
Kigali

Peter Otema yafashije Police FC gukura amanota atatu i Gicumbi-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:30/10/2018 22:39
1


Peter Otema ukina asatira yaba aca mu ruhande cyangwa hagati muri Police FC yafashije iyi kipe gutsinda Gicumbi FC ku gitego yatsinze ku munota wa 77'.



Ni igitego Peter Otema yabonye nyuma yaho Nsozera Anselme umunyezamu wa Gicumbi FC yari akuyemo umupira ukamurusha imbaraga bityo Otema ahita awuhindurira mu izamu kuko byanabonekaga ko warenze.

Peter Otema yishimira igitego cya kabiri muri uyu mwaka w'imikino

Peter Otema yishimira igitego cya kabiri muri uyu mwaka w'imikino

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Police c.

Police FC basohoka mu kibuga

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Peter Otema (17) yari yahize igitego kuva mu minota ya mbere

Peter Otema (17) yari yahize igitego kuva mu minota ya mbere 

Muri uyu mukino, Albert Joel Mphande umutoza mukuru wa Police FC yari yakoze impinduka muri 11 babanje mu kibuga kuko Nzabanita David, Niyibizi Vedaste na Ndayishimiye Antoine Dominique bose bari baje  babanza mu kibuga basimbura Ndayisaba Hamidou, Bahame Alafat na Songa Isaie.

Bizimana Abdou bita Bekeni ahanura abakinnyi be bari mu kibuga

Bizimana Abdou bita Bekeni umutoza wa Gicumbi FC yahise yiheba ubwo yari amaze kwinjizwa igitego

Bizimana Abdou bita Bekeni (Wambaye umupira utukura) umutoza wa Gicumbi FC yahise yiheba ubwo yari amaze kwinjizwa igitego 

Abafana ba Gicumbi FC bahise baheba amanota atatu

Abafana ba Gicumbi FC bahise baheba amanota atatu

Peter Otema inyuma ya Nabih Ahishakiye myugariro wa Gicumbi FC

Peter Otema inyuma ya Nabih Ahishakiye myugariro wa Gicumbi FC

Hakizimaan Kevin bita Pastore anyuza umupira hagati y'amaguru ya Kayumba Soter

Hakizimana Kevin bita Pastole umwe mu bazonze Gicumbi FC mu gice cya kabiri

Hakizimana Kevin bita Pastole (25) umwe mu bazonze Gicumbi FC mu gice cya kabiri

Peter Otema ku mupira ashaka uko yakozaho umutwe

Peter Otema (17) ku mupira ashaka uko yakozaho umutwe

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa mbere muri Police FC

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa mbere muri Police FC muri iyi minsi

Mushimiyimana Mohammed ku mupira

Mushimiyimana Mohammed (10)ku mupira nyuma yo kwinjira mu gice cya kabiri

Mushimiyimana Mohammed (10)ku mupira nyuma yo kwinjira mu gice cya kabiri

11 ba Police FC  babanje mu kibuga

11 ba Police FC  babanje mu kibuga 

11 ba Gicumbi FC babanje mu kibuga

11 ba Gicumbi FC babanje mu kibuga

Police FC yari mu mukino wa kabiri nyuma yo kuba baranyagiye Espoir FC ibitego 5-1. Ibi byatumye bagira amanota atandatu  mu mikino itatu.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya amahirwe yo kwegukana amanota kuko yaba Gicumbi FC cyangwa Police FC wabonaga iyabona igitego bitatangaza abari ku kibuga cya Gicumbi FC cyari kiganjeho abana biga mu mashuri abanza.

Igice cya kabiri nibwo Albert Mphande yafashe umwanzuro asimbuza mu gice kigana imbere aribwo Iyabivuze Osee ashyiramo Uwimbabazi Jean Paul, Mushimiyimana Mohammed asimbura Ndayishimiye Antoine Dominique naho Niyibizi Vedaste asimburwa na Hakizimana Kevin bita Pastole.

Nyuma y'umukino, Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC yabwiye abanyamakuru ko umukino wari ukomeye bitewe nuko ibitego byarumbye gusa ko ashimira abakinnyi be uko bitwaye ku kibuga nk'icya Gicumbi FC.

"Ntabwo umukino wari woroshye kuko ibitego byabaye bicye mu gihe twakabaye dutsinda ibirenze kimwe. Abakinnyi banjye bihagazeho ku kibuga nk'iki ariko nizera ko ubundi iyo uri umukinnyi w'umuhanga udatinya ikibuga. Twafashe umwanya tujya kwitoreza ku kibuga kijya gusa n'icya Gicumbi FC nabyo byadufashije". Mphande 

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Albert Mphande umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza 

Hakizimaan Kevin bita Pastore anyuza umupira hagati y'amaguru ya Kayumba Soter

Hakizimana Kevin bita Pastole (25) ashaka inzira

Hakizimana Kevin bita Pastole (25) ashaka inzira 

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira ashaka igitego

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira ashaka igitego

Nsozera Ancelme bita De Gea umunyezamu wa Gicumbi FC yari yakoze udukoryo twinshi ariko bipfa nyuma

Nsozera Ancelme bita De Gea umunyezamu wa Gicumbi FC yari yakoze udukoryo twinshi ariko bipfa nyuma

Abafana ba Rayon Sports

Abafana ba Police FC

Abafana ba Police FC

cumabafana ba gi

Abafana ba Gicumbi FC kuri sitade yabo

Abafana ba Gicumbi FC kuri sitade yabo

Ndayishimiye Celestin umwe mu bakinnyi bagira ishyaka no kudacika intege mu kibuga

Ndayishimiye Celestin umwe mu bakinnyi bagira ishyaka no kudacika intege mu kibuga

Dore uko umunsi wa 3 wa shampiyona 2018-2019 uteye:

Kuwa Kabiri tariki 30 Ukwakira 2018

-Espoir FC 2-1 Amagaju FC

-AS Muhanga 2-0 Musanze FC

-Gicumbi FC 0-1 Police FC

-Etincelles FC 0-2 SC Kiyovu

Kuwa Gatatu tariki 31 Ukwakira 2018

-Mukura Victory Sport vs Bugesera FC (Stade Huye, 15h30’)

- APR FC vs Kirehe FC (Stade de Kigali, 15h30’)

-FC Marines vs AS Kigali (Stade Umuganda, 15h30’)

Kuwa Kane tariki ya 1 Ugushyingo 2018

-Sunrise FC vs Rayon Sports (Nyagatare, 15h30’)

Ngendahimana Eric (24) kapiteni wa Police FC umwe mu bakinnyi bari kuyiha umusanzu ukomeye mu kibuga

Ngendahimana Eric (24) kapiteni wa Police FC umwe mu bakinnyi bari kuyiha umusanzu ukomeye mu kibuga 

Mushimiyimana Mohammed ubwo yishyushyaga

Mushimiyimana Mohammed ubwo yishyushyaga 

Stade ya Gicumbi iba ikungahaye ku bana biga mu mashuri abanza

Stade ya Gicumbi iba ikungahaye ku bana biga mu mashuri abanza

Ndayishimiye Celestin (3) azamukana umupira

Ndayishimiye Celestin (3) azamukana umupira

Ahishakiye Nabil yafashe Peter Otema imbere y'izamu

Ahishakiye Nabil yafashe Peter Otema imbere y'izamu

Peter Otema(17) mu kirere ashaka umupira

Peter Otema(17) mu kirere ashaka umupira

Manzi Hubert Sincere wavuye muri Sunrise FC ubona ko ari gufssha Police FC mu  mutima w'ubwugarizi bitewe n'ingufu no kwihuta

Manzi Hubert Sincere wavuye muri Sunrise FC ubona ko ari gufssha Police FC mu  mutima w'ubwugarizi bitewe n'ingufu no kwihuta

Nsozera Ancelme bita De Gea umunyezamu wa Gicumbi FC  afata umupira mu kirere

Nsozera Ancelme bita De Gea umunyezamu wa Gicumbi FC  afata umupira mu kirere

Dukuzumuremyi Antoine umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Gicumbi FC

Dukuzumuremyi Antoine umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Gicumbi FC 

SP Ruzindana Regis (Iburyo) umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Police FC

SP Ruzindana Regis (Iburyo) umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Police FC ari kumwe na Bahizi Blaise (Ibumoso) intumwa ya FERWAFA yari ku mukino

Umukino wari ukomeye kuko igitego cyabonetse mu buryo bukomeye

Umukino wari ukomeye kuko igitego cyabonetse mu buryo bukomeye 

Niyibizi Vedaste (4) yari yabanje mu kibuga aza gusimbuzwa

Niyibizi Vedaste (4) yari yabanje mu kibuga aza gusimbuzwa

Ndayishimiye Antoine Dominique ashaka umupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ashaka umupira mu kirere

Nzabanita David (8) yari yabanje mu kibuga anakina iminota 90'

Nzabanita David (8) yari yabanje mu kibuga anakina iminota 90'

Nsozera Ancelme umunyezamwu wa Gicumbi FC yari ahagaze neza mu minota ya mbere

Nsozera Ancelme umunyezamwu wa Gicumbi FC yari ahagaze neza mu minota ya mbere

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira ashaka uko yagera ku izamu

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira ashaka uko yagera ku izamu

Nsengayire Shadad wa Gicumbi FC abyigana na Osee Iyabivuze

Nsengayire Shadad wa Gicumbi FC abyigana na Osee Iyabivuze 

Mbere gato yuko batera koruneri

Mbere gato yuko batera koruneri

Ndayishimiye Celestin (3) umwe mu bakinnyi bazi kunaga umupira muri Police FC akazi afatanya na Mpozembizi Mohammed

Ndayishimiye Celestin (3) umwe mu bakinnyi bazi kunaga umupira muri Police FC akazi afatanya na Mpozembizi Mohammed

Ngendahimana Eric (24) kapiteni wa Police FC agira inama Osee Iyabivuze (2)

Ngendahimana Eric (24) kapiteni wa Police FC agira inama Osee Iyabivuze (2) na Mpozembizi Mohammed (21)

Ahishakiye Nabil wahoze muri Rayon Sports ubu akina inyuma ibumsoo muri Gicumbi FC

Ahishakiye Nabil wahoze muri Rayon Sports ubu akina inyuma ibumsoo muri Gicumbi FC

Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Abasimbura ba Police FC ku  ntebe yabugenewe

Abasimbura ba Gicumbi FC

Abasimbura ba Gicumbi FC

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariroAmakipe asohoka mu rwambariro

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya mbere yo gutangira umukino

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

Isengesho rya Police FC

Isengesho rya Police FC 

PHOTOS:Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mbimbi5 years ago
    izi kipe zose ntanimwe rayon izatsinda rwose zirakomeye kuyirusha kure.





Inyarwanda BACKGROUND