RFL
Kigali

Urotonde rw'abegukanye ibihembo mu birori bya Rwanda Sports Awards byari biteguranwe ubunebwe-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:1/07/2017 15:59
5


Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2017 nibwo East Afrcan Youth yakoze ibirori byo gutanga ibihembo ku bantu, ibigo n’amashyirahamwe yabaye indashyikirwa mu mikino itandukanye ikinirwa mu Rwanda.



Ni ibirori byabereye muri Marriot Hotel aho igikorwa nyirizina cyatangiye saa moya n’iminota 55 (19h55’) mu gihe kuri gahunda ngenderwaho hari handitseho ko bitangira neza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00’).

Mu gihe byari byatangiye bitinzeho isaha imwe n’iminota 55’ abari bashinzwe gahunda ntibigeze banisegura ku bashyitsi banafite amazina akomeye muri siporo y’u Rwanda bari bitabiriye ibi birori bitari bishamaje ugereranyije n’ibindi byabaga mu mpande no hagati mu mujyi wa Kigali.

Abanyacyubahiro batandukanye bari bari mu cyumba cyaberagamo ibirori, nta jambo ry’ubwenge bigeze bakura muri ibi birori kuko na Mugisha Emmanuel nyiri uyu mushinga umwanya yahawe wo kugeza ubutumwa ku bitabiriye yavuze utuntu ducye tudafite aho twanditse ari nabyo byatumye agenda yakira abantu urusorongo rimwe akanakira abantu bari ku rwego ruri hasi ugereranyije n’abo yibagirwaga.

Abahanzikazi Charly na Nina bageze ku rubyiniro saa tatu n’iminota itanu (21h05’) bahava saa tatu n’iminota 20 (21h20’) mu gihe bari kuhagera saa moya n’iminota 30’ bakahava saa mota na 50’ (19h50’).

Itinda ry’uyu muhango Mugisha Emmanuel yabwiye abanyamakuru ko ryatewe nuko abatumirwa batinze kuhagera bigatuma igikorwa nyirizina gitangira gikererewe. Gusa si bose batinze kuhagera nk’uko yabivuze kuko nka Eric Nshimiyimana umutoza mukuru wa AS Kigali yahageze habura iminota nka 15’ ngo saa kumi n’ebyiri zigere.

Mu itangwa ry’ibi bihembo niho perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame  yaherewe igihembo cy’umuntu wabaye indashyikirwa mu kwitangira siporo y’u Rwanda muri rusange.

MTN Rwanda nicyo kigo cyahawe igihembo nk’ikigo mpuzamahanga cyagiye kigaragara mu gutera inkunga ibikorwa bitandukanye bya siporo byagiye bibera mu Rwanda mu myaka irindwi (7) ishize.

Gikundiro Forever itsinda ry’abafana ba Rayon Sports niryo ryahawe igihembo cy’abafana bitanze bagashyigikira ikipe yabo batizigama mu myaka ine bamaze batangiye. Mu muryango w’abafite aho bahurira na Rayon Sports hatashyemo ikindi gihembo cyahawe Masud Djuma nk’umutoza wahize abandi muri uyu mwaka.

Bayisenge Emery niwe wahembwe nk’umukinnyi ukiri muto wigaragaje cyane kurusha abandi bari ku kigero kimwe. Minisiteri y’ingabo z’igihugu (MINADEF) yahembwe nk’urwego rwa leta rwiganza cyane muri siporo y’u Rwanda hagendewe cyane ku makipe atandukanye bafite mu mukino itandukanye.

Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryahawe igihembo nk’abarushije abandi intambwe yo kugaragaza ibikorwa by’indashyikirwa.

Dore uko ibihembo byatanzwe:

1.Abafana bahize abandi: Gikundiro Forever

2.Umukinnyi ufite ubumuga wahize abandi: Muvunyi Hermas Cliff

3.Uruganda rwakoze akazi keza muri siporo: Mironko Industry

4.Ishyirahamwe rihiga ayandi mu Rwanda: FERWACY

5.Ishuli ryakoze ibikomeye muri siporo: Lycée de Kigali (LDK)

6.Sosiyete yakoze akazi kagaragara muri Siporo: Volcano Express

7.Ikigo mpuzamahanga cyagiye gitera inkunga ibikorwa bitandukanye bya siporo: MTN

8.Urwego rwa leta rwiganza muri siporo: MINADEF

9.Umugabo wanditswe mu gitabo cy’abanyabigwi ku isi (Guinness World Records): Eric Dusingizimana

10. Umukobwa wanditswe mu gitabo cy’abanyabigwi ku isi(Guinness World Records): Uwamahoro Cathia

11.Abatwaye igikombe cya Afurika: Mutatsimpundu Denyse na Nzayisenga Charlotte (Rwanda Beach-Volleyball Team)

12.Umutoza uhiga abandi mu Rwanda: Irambona Masud Djuma (Rayon Sports)

13.Ikipe yahize izindi mu myaka irindwi ishyize: APR Football Club

14.Umukinnyi ukiri muto wakoze byinshi byiza: Emery Bayisenge (KAC Kenitra/Maroc)

15.Umukobwa wakoze ibikomeye muri siporo y’u Rwanda: Nyirarukundo Salome

16.Umugabo wakoze ibigaragara muri siporo: Ndayisenga Valens

17.Umuntu w’indashyikirwa muri siporo aho iva ikagera mu Rwanda: Paul Kagame

Igihembo cyagenewe Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame

Igihembo cyagenewe Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame

Gikundiro Forever bahabwa igihembo nk'abafana b'indashyikirwa

Gikundiro Forever bahabwa igihembo nk'abafana b'indashyikirwa

Muvunyi Hermas Cliff ahabwa igihembo

Muvunyi Hermas Cliff ahabwa igihembo

Ambasaderi Habineza Joseph uzwi nka Joe wigeze kuyoboraho Minisiteri y'umuco na siporo yari yitabiriye

Ambasaderi Habineza Joseph uzwi nka Joe wigeze kuyoboraho Minisiteri y'umuco na siporo yari yitabiriye

Gasore Serge (Wmabaye umuhondo) uyobora Gasore Serge Foundation yari yatumiwe

Gasore Serge (wamabaye umuhondo) uyobora Gasore Serge Foundation yari yatumiwe

Nkundamatck w'i Kilinda ntiyari kuhabura

Nkundamatch w'i Kilinda ntiyari kuhabura

Mironko Herve nyiri Miroplast FC

Mironko Herve nyiri Miroplast FC

Uhereye ibumoso: Seninga Innocent umutoza wa Police FC, Savio Nshuti Dominique (hagati) wamaze gusinya muri AS Kigali na Irambona Masud Djuma(iburyo) umutoza mukuru wa Rayon Sports

Uhereye ibumoso: Seninga Innocent umutoza wa Police FC, Savio Nshuti Dominique (hagati) wamaze gusinya muri AS Kigali na Irambona Masud Djuma(iburyo) umutoza mukuru wa Rayon Sports

Abashoramali bafite ibigo bakuriya mu Rwanda

Abashoramali bafite ibigo bakuriya mu Rwanda

Mutatsimpundu  Denyse (iburyo) kapiteni w'ikipe ya APR WVC  na bakinana

Mutatsimpundu Denyse (iburyo) kapiteni w'ikipe ya APR WVC  na Alice bakinana

Mashami Vincent umutoza wungirije w'Amavubi (ibumoso) na Eric Nshimiyimana (iburyo) umutoza mukuru wa AS Kigali

Mashami Vincent umutoza wungirije w'Amavubi (ibumoso) na Eric Nshimiyimana (iburyo) umutoza mukuru wa AS Kigali

Itsinda ry'abahanzikazi rigizwe ba Charly na Nina baririmba indirimbo zabo zitari mbi nka; Face to Face, Indoro, Agatege na Owooma

Itsinda ry'abahanzikazi rigizwe ba Charly na Nina baririmba indirimbo zabo zitari mbi nka; Face to Face, Indoro, Agatege na Owooma

Sonia umukozi wa MTN Rwanda yakira igihembo  cyayigenewe

Sonia umukozi wa MTN Rwanda yakira igihembo  cyayigenewe

Jimmy Mulisa (Ibumoso) umutoza mukuru wa APR FC aganira na Emery Bayisenge (iburyo)

Jimmy Mulisa (Ibumoso) umutoza mukuru wa APR FC aganira na Emery Bayisenge (iburyo)

Mukunzi  Yannick umukinnyi wo hagati muri APR FC

Mukunzi  Yannick umukinnyi wo hagati muri APR FC

Mutabazi Richard (iburyo) yakira igihembo cya FERWACY

Mutabazi Richard (iburyo) yakira igihembo cya FERWACY

Rusheshangoga Michel (ibumoso) na Bayisenge Emery (Iburyo)

Rusheshangoga Michel (ibumoso) na Bayisenge Emery (Iburyo)

Nina asusurutsa abari mu cyumba cyatangirwagamo ibihembo

Nina asusurutsa abari mu cyumba cyatangirwagamo ibihembo

Mugenzi we Charly nawe baba bungikanya amajwi ukuntu

Mugenzi we Charly nawe baba bungikanya amajwi ukuntu

..Witinya agatege, Shyiramo agatege.....Agatege indirimbo ya Charly na Nina ibyinwa mu buryo butandukanye

..Witinya agatege, Shyiramo agatege.....Agatege indirimbo ya Charly na Nina ibyinwa mu buryo butandukanye

Eric Dusingizimana n'umufasha we bakira igihembo

Eric Dusingizimana n'umufasha we bakira igihembo

Dusingizimana Eric wamaze amasaha 51 aterwa udupira twa Cricket atugarura kugira ngo yandikwe mu gitabo cy'abanyabigwi birenze ku rwego rw'isi

Dusingizimana Eric wamaze amasaha 51 aterwa udupira twa Cricket atugarura kugira ngo yandikwe mu gitabo cy'abanyabigwi barenze ku rwego rw'isi

Depite Bamporiki Eduard nawe yari ahari

Depite Bamporiki Eduard nawe yari ahari

Umugwaneza Charlotte kapiteni wa APR WBBC afasha Nina kubyina Owoma

Umugwaneza Charlotte kapiteni wa APR WBBC afasha Nina kubyina Owooma

Paul Bitok umutoza w'ikipe y'igihugu ya Volleyball ahereza igihembo Masud Djuma nk'umutoza w'umwaka

Paul Bitok umutoza w'ikipe y'igihugu ya Volleyball ahereza igihembo Masud Djuma nk'umutoza w'umwaka

Paul Bitok (Ibumoso)umutoza w'ikipe y'igihugu ya Volleyball na Irambona Masud Djuma (iburyo)umutoza mukuru wa Rayon Sports

Paul Bitok (Ibumoso)umutoza w'ikipe y'igihugu ya Volleyball na Irambona Masud Djuma (iburyo)umutoza mukuru wa Rayon Sports

Mutatsimpundu  Denyse na Nzayisenga Charlotte bahabwa igihembo

Mutatsimpundu Denyse na Nzayisenga Charlotte bahabwa igihembo

Nzayisenga Charlotte (Ibumoso) wa RRA VC na Mutatsimpundu Denyse (iburyo) kapiteni wa APR WVC

Nzayisenga Charlotte (Ibumoso) wa RRA VC na Mutatsimpundu Denyse (iburyo) kapiteni wa APR WVC

Uwamahoro Cathia ahabwa igihembo

Uwamahoro Cathia ahabwa igihembo 

Abafite aho bahurira na Rayon Sports bishimira ibihembo

Abafite aho bahurira na Rayon Sports bishimira ibihembo

Emery Bayisenge umukinnyi ukiri muto wigaragaje cyane atsinda igitego cyafunguye imikino ya CHAN 2916 yabereye mu Rwanda

Emery Bayisenge umukinnyi ukiri muto wigaragaje cyane atsinda igitego cyafunguye imikino ya CHAN 2016 yabereye mu Rwanda

Nyirarukundo Salome ajya gufata igihembo

Nyirarukundo Salome ajya gufata igihembo

Uwamahoro Latifah Tharcille umunyamabanga wa FERWAFA amuha igihembo

Uwamahoro Latifah Tharcille umunyamabanga wa FERWAFA amuha igihembo

Niyonshuti Adrien niwe wakiriye igihembo cya Ndayisenga Valens utabonetse

Niyonshuti Adrien niwe wakiriye igihembo cya Ndayisenga Valens utabonetse

Mugisha Emmanuel avuga ko ibirori byatindijwe no kuba abatumirwa baratinze

Mugisha Emmanuel avuga ko ibirori byatindijwe no kuba abatumirwa baratinze

AMAFOTO: IRADUKUNDA Desanjo/INAYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Rayon6 years ago
    Kumukinnyi wumwana yari kuba Savio ariko natangire kubona igihombo cyo kuva muri Rayon Sport
  • narumiwe6 years ago
    amafuti gusaaaaaaaaaaaaaaaaaa kuki se numutoza batarebye uwahize abandi mu nyaka irindwi ishize ubwo rero bagirango bahe APR igikombe. kukise batahembye champion ariyo R.S ko ariyo yahize andi makipe?????? ngo ikigo cyiganza muri sport MINADEF se itandukaniyehe na Ville de Kigalo ko nayo ifite ikipe ya AS Kigali???? shame on you
  • gd6 years ago
    mwebwe mushinzwe gutegura ibi birori gukora amakosa cyane mbona ibintu byose byaba football gusa ahubwo mwebwe mugane kuri ago imikino yose abakinnyi Bose my ba sports muganire nabonye
  • paul6 years ago
    hahhahhahhahaha, ngo ikipe yahize izindi mumyaka 7, hhhahahahahhahhahhahaha, noneho umwaka utaha izaba yarahize izindi mumyaka 8, hahhahhahahahaha, ubwo rayon izahiga izindi mumyaka 10 izaza hahhahahhahhahahahha birasekeje rwose FERWAFA mujye mutubabarira ntimukaturwaze impavu kubera guseka hahhahha
  • 6 years ago
    nonese izo ngirwa bihembo hari akantu kaziherekeza ko ahandi iyo baguhaye igihembo gikurikirwa na cheque abase nabo hari akantu batanga cyangwa nibigambo gusa





Inyarwanda BACKGROUND