RFL
Kigali

PEACE CUP 2018: Ndayishimiye Antoine Dominique yongeye kwigaragaza ubwo Police FC yasezereraga Kirehe FC-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:21/02/2018 21:33
0


Ndayishimiye Antoine Dominique umukinnyi ukina asatira mu ikipe ya Police FC muri iyi minsi ari mu bihe bye byiza byo kureba mu izamu , ibi byaje gukomeza kuba uguhozaho kwiza ubwo yatsindaga igitego kimwe rukumbi (1-0) Police FC yatsinze Kirehe FC , igitego yatsinze ku munota wa 61’.



Ndayishimiye Antoine Dominique yakunze kubura umwanya wo gukina mu mwaka w’imikino ushize na mbere y'uko Danny Usengimana ava muri iyi kipe kuko yabonaga umwanya wo gukina udahagije ku buryo umukinnyi yabona uko agaragaza ibyo ashoboye.

Nyuma y’umukino , Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC yavuze ko nawe abibona ko Ndayishimiye Antoine Dominique agenda azamura urwego kandi ko aba yabikoreye haba mu myitozo no hanze y’ikibuga.

“Dominique (Antoine Ndayishimiye) navuga ko ari mu bakinnyi bagenda bazamura urwego rwabo rw’imikinire kuko buri mukino nibura atsinda igitego cyangwa akanatanga umupira wakibyara (assist). Ni ibintu byiza byo kwishimira ndetse twanamutoye nk’umukinnyi w’ukwezi mu ikipe yacu (Police FC)”. Seninga Innocent

Agaruka ku myitwarirre ya Ndayishimiye Antoine Dominique, Seninga yavuze ko ari umukinnyi akurikirana agasanga akora imyitozo yiyongera ku yo baba bakoreye hamwe nk’ikipe bityo bikamufasha kugira imbaraga n’ubwitange mu kibuga.

“Dominique icyo namuvugaho ku mpamvu wenda atabonekaga cyane nuko hari Danny (Usengimana). Ntabwo (Dominique) yabonaga umwanya uhagije wo gukina kandi wari umwaka we wa mbere mu ikipe, guhita yisanga mu ikipe ntabwo byamukundiye ariko ubu uyu munsi afite umwanya. Arakora cyane cyane imyitozo y’ikirenga. Ntabwo akora imyitozo yacu gusa, ni wa mukinnyi mushobora guhura no mu muhanda ubona atwaye igare cyangwa ari kwiruka mu misozi bityo bikamufasha kubona ari wa muntu uhatana aho byakomeye”. Seninga Innocent

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC aganira n'abanyamakuru

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC aganira n'abanyamakuru

Ikipe ya Police FC yakomeje mu mikino ya 1/8 itsinze Kirehe FC igiteranyo cy’ibitego 3-1 kuko mu mukino ubanza Police FC nabwo yari yatsinze Kirehe FC ibitego 2-1 i Nyakarambi.

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Ndayishimiye Antoine Dominique yishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego 

Muhinda Bryan (15) aganira na Muvandimwe Jean Marie Vianney

Seninga Innocent yahise ashyushya myugariro Bryan Muhinda (ibumoso) na Neza Anderson (iburyo)

Seninga Innocent yahise ashyushya myugariro Bryan Muhinda (ibumoso) na Neza Anderson (iburyo)

Mu gusimbuza, Songa Isaie yasimbuye Usabimana Olivier, Neza Anderson asimbura Biramahire Abeddy naho Bryan Muhinda ahabwa umwanya wa Patrick Umwungeri.

Muri uyu mukino kandi, Patrick Umwungeri yahawe ikarita y’umuhondo ahita yuzuza abiri kuko no ku mukino ubanza yarayihawe i Nyakarambi. Abandi bahawe amakarita ni  Manishimwe Yves na Biramahire Abeddy.

Ku ruhande rwa Kirehe FC, Nzabonimpa Prosper wagize ikibazo cy’imvune yasimbuwe na Nkurikiye Jackson, Benjamin Ndagizimana asimburwa na Nanfack Polidord naho Tresor Muhoza asimbura Mutabazi Isaie. Karim Patient yahavanye ikarita y’umuhondo.

Muhinda Bryan yinjiye asimbura kapiteni Patrick Umwungeri

Muhinda Bryan yinjiye asimbura kapiteni Patrick Umwungeri

Muhinda Bryan ku mupira nyuma yo gusimbura

Muhinda Bryan ku mupira nyuma yo gusimbura 

Mu gice cya mbere, Seninga yangiye akoresha Biramahire Abeddy nka rutahizamu, Ndayishimiye Antoine Dominique agaca iburyo noneho Usabimana Olivier agaca ibumoso. Mbere yuko igice cya mbere kirangira, byaje guhinduka kuko byabonekaga ko Biramahire atari gutanga ibimenyetso byo gutsinda, bahise bamujyana ibumoso, Usabimana ajya iburyo bityo Ndaysihimiye Antoine Dominique akina nka rutahizamu.

Nyuma y’iminota micye ni bwo bongeye guhndura, Biramahire na Olivier Usabimana bagurana imyanya. Igice cya kabiri kigitangira bongeye gukina nk’uko byari byatangiye ku munota wa mbere. Ubwo Neza Anderson yari amaze kwinjira asimbuye Biramahire Abeddy, Mico Justin yavuye inyuma ya Songa Isaie hajya Neza Anderson bityo Mico aca ibumoso naho Ndayishimiye Antoine Dominique ajya ku ruhande rw’iburyo.

Seninga Innocent   (iburyo) na Niyintunze Jean Paul (iburyo) ushinzwe tekinike mu ikipe

Seninga Innocent (iburyo) na Niyintunze Jean Paul (iburyo) ushinzwe tekinike mu ikipe ya Police FC

Neza Anderson yiniiye asimbuye Biramhire Abeddy

Neza Anderson yinjiye asimbuye Biramhire Abeddy

Umwungeri Patrick (5) ubwo yari asimbuwe yasanze Twagizimana Fabrice Ndikukazi (iburyo) wahoze ari kapiteni

Umwungeri Patrick (5) ubwo yari asimbuwe yasanze Twagizimana Fabrice Ndikukazi (iburyo) wahoze ari kapiteni

Muvandimwe Jean Marie Vianney mu kirere yugarira

Muvandimwe Jean Marie Vianney mu kirere yugarira

Abayobozi ba Police FC bashimira abakinnyi

Abayobozi ba Police FC bashimira abakinnyi

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC atanga amabwiriza

Bisengimana Justin umutoza wungirije muri Police FC atanga amabwiriza

Usabimana Olivier (19) ahatana na Isaie Mutabazi (17)

Usabimana Olivier (19) ahatana na Isaie Mutabazi (17)

Nzabonimpa Prosper yavanwe mu kibuga ateruwe nyuma yo kugongan na Biramahire Abeddy

Nzabonimpa Prosper yavanwe mu kibuga ateruwe nyuma yo kugongana na Biramahire Abeddy

Abafana ba Police FC

Abafana ba Police FC

Dukuzumuremyi Antoine umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Gicumbi FC

Dukuzumuremyi Antoine umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Gicumbi FC 

CIP Mayira Jean de Dieu umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Police FC

CP Mayira Jean de Dieu umunyamabanga mukuru w'ikipe ya Police FC

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kicukiro

Mu myanya y'icyubahiro kuri sitade ya Kicukiro 

Abatoza ba Police FC bagira inama abakinnyi

Abatoza ba Police FC bagira inama abakinnyi mu kiruhuko

Nduhirabandi Abdulkalim bita Coka umutoza wa Kirehe FC aganira n'abakinnyi mu kiruhuko

Nduhirabandi Abdulkalim bita Coka umutoza wa Kirehe FC aganira n'abakinnyi mu kiruhuko

Ndayishimiye Antoine Dominiqueashaka umupira

Ndayishimiye Antoine Dominique (14) ashaka umupira cyo kimwe na Karim Patient (14) wa Kirehe FC (umutuku) 

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC atanga amabwiriza

Nizeyimana Mirafa yambukana umupira

Nizeyimana Mirafa yambukana umupira 

Nduhirabandi Abdulkalim bita Coka umutoza wa Kirehe FC abaza abakinnyi niba bafite ubwenge bwo kumva ibyo ababwira

Nduhirabandi Abdulkalim bita Coka umutoza wa Kirehe FC abaza abakinnyi niba bafite ubwenge bwo kumva ibyo ababwira 

Mbarushimana Emile umunyezamu wa Kirehe FC

Mbarushimana Emile umunyezamu wa Kirehe FC

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira ashaka gucenga Karim Patient

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira ashaka gucenga Karim Patient

..yamunyijije munsi y'ibirenge

..Yawumunyujije hagati y'amaguru  

Nduhirabandi Abdulkalim bita Coka umutoza wa Kirehe FC avuga ko gutsindwa na Police FC byamweretse ko ikipe ye ishobora kuzaba ihagaze neza mu minsi iri imbere

Nduhirabandi Abdulkalim bita Coka umutoza wa Kirehe FC avuga ko gutsindwa na Police FC byamweretse ko ikipe ye ishobora kuzaba ihagaze neza mu minsi iri imbere

Manishimwe Yves wa Police FC ahabwa ikarita y'umuhondo

Manishimwe Yves wa Police FC ahabwa ikarita y'umuhondo

Biramahire Abeddy atanga umupira

Biramahire Abeddy atanga umupira 

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupiraakurikiwe na Karim Patient

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira akurikiwe na Karim Patient

Karim Patient (14) ashaka  aho yaca Manishimwe Yves

Karim Patient (14) ashaka aho yaca Manishimwe Yves 

Mu mukino ubanza nabwo Ndayishimiye Antoine Dominique yari yafunguye amazamu

Mu mukino ubanza nabwo Ndayishimiye Antoine Dominique yari yafunguye amazamu

Biramahire Abeddy ku mupira

Biramahire Abeddy ku mupira 

Patrick Umwungeri ashaka aho yatanga umupira

Patrick Umwungeri ashaka aho yatanga umupira

Neza Anderson (13) azamukana umupira

Neza Anderson (13) azamukana umupira 

Umukino urangiye abakinnyi ba POlice FC baganirijwe n'abayobozi babo

Umukino urangiye abakinnyi ba Police FC baganirijwe n'abayobozi babo

Dore uko imikino yarangiye:

Kuwa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2018

- Espoir Fc vs Sorwathe FF (*1-0 Agg, Sorwathe FC yananiwe kugera i Rusizi )

-Amagaju Fc 3-0 Rwamagana Fc (4-1 Agg)     

-AS Kigali 4-1 Gasabo United (6-1 Agg)

-Marines Fc 0-1 Intare Fc (2-2 Agg, Marines Fc  niyo yakomeje kuko umukino ubanza yatsindiye hanze )

-Bugesera Fc 2-0 Unity Fc (2-0 Agg)

-Police Fc 1-0 Kirehe Fc (3-1 Agg)

-Musanze Fc 4-1 Heroes Fc (8-1 Agg)

-SC Kiyovu 5-1 Esperance Fc (11-3 Agg)

-Mukura VS 3-0 Hope Fc (3-0 Agg)'

Imikino itaganyijwe:

Kuwa Kane tariki 22 Gashyantare 2018

-Gicumbi Fc vs Pepiniere Fc (Gicumbi, 15:30)

-AS Muhanga vs Vision Fc (Stade Muhanga, 15:30)

-Etincelles Fc vs Etoile de l’est (Stade Umuganda, 15:30)

-Sunrise Fc vs Miroplast Fc (Stade Mironko, 15:30)

-La Jeunesse vs United Stars (Stade Mumena, 15:30)

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND