RFL
Kigali

Nyuma yo kunyagira Unity SC, Nshutinamagara yavuze ubwugarizi bwizewe muri AS Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:13/12/2017 18:05
0


Kuri uyu wa Gatatu ni bwo ikipe ya AS Kigaki yanyagiraga Unity SC (Gasogi) mu mukino wa gishuti wakiniwe kuri sitade ya Kigali. AS Kigali yanyagiye Unity SC ibitego 6-2 birimo bibiri bya Mbaraga Jimmy Traore wari waje mu kibuga asimbuye.



Mu gice cya mbere AS Kigaki yari ifite ibitego 2-0. Nyuma mu gice cya kabiri Unity SC yaje barabyishyura ahanini bitewe n’impinduka zo gusimbuza zari zakozwe muri AS Kigali. Mu mutima w’ubwugarizi, mu gice cya mbere bakoresheje Bishira Latif na Ngandu Omar. Mu gice cya kabiri binjira bafite Ngandu Omar na Tubane James.

Gukorana kwa Tubane James na Ngandu Omar byaje gusa naho bidakunda kuko bagiye bakora amakosa yo kurangara cyane bakajya bisanga ubusatirizi bwa Unity SC bwabagezeho bikanabaviramo gukora amakosa bagamije kwitabara.

Nyuma y’umukino, Nshutinamagara Ismael Kodo umutoza wungirije muri AS Kigali yavuze ko mu mutima w’ubwugarizi bwa AS Kigali (Central Defense) bizera ari ubufatanye bwa Bishira Latif na Kayumba Soter mbere yo kwizera Bishira Latif afatanya na Ngandu Omar.

Mu magambo ye yagize ati “Ubufatanye bwa Latif na Omar mu gice cya mbere nibo bakinnye banakina neza ariko mu gice cya kabiri Tubane na Omar ntabwo bivuga ko aribo ibitego byaturutseho bonyine. Habayeho amakosa kandi yakozwe n’abantu bo hagati, dutsindwa ibitego”.

Nshutinamagara yakomeje agira ati” Bose turimo turagerageza ngo turebe ubufatanye (Partnership) dushobora gukoresha ariko ubufatanye navuga bukomeye tumaze kubona ni Ngandu Omar na Bishira Latif baragerageza ariko abakomeye cyane ni Bishira Latif na Soter kuko bamaze igihe kinini bakinana ariko n’abandi bazamenyera”.

Nshutinamagara Ismael Kodo umutoza wungirije muri AS Kigali

Nshutinamagara Ismael Kodo umutoza wungirije muri AS Kigali 

Ibitego bitandatu bya AS Kigali byarimo bibiri (2) bya Jimmy Mbaraga Traore. Ibindi byatsinzwe na Ntwali Evode, Ndarusanze Jean Claude wanafunguye amazamu, Frank Kalanda, Niyonzima Ally wagitsinze kuri penaliti. Mu gice cya mbere, AS Kigali bari babanjemo abakinnyi barimo; Bate Shamuri (GK), Benedata Janvier wakinaga inyuma ku ruhande rw’iburyo naho Ndayisenga Fuad agaca ibumoso ahitwa kuri gatatu.

Ngandu Omar na Bishira Latif bakinaga mu mutima w’ubwugarizi. Ndayisaba Hamidou, Ntamuhanga Thumaine Titty na Ntwali Evode bakinaga hagati mu kibuga. Ndahinduka Michel yacaga hagati ku ruhande rw’iburyo bityo Ishimwe Kevin agaca ibumoso noneho Ndarusanze Jean Claude agataha izamu.

Mu gice cya kabiri bahise bahindura; Nizeyimana Alphonse Ndada ajya mu izamu nubwo yaje gusimburwa na Hategekimana Bonheur, Iradukunda Eric Radou uvuye muri CECAFA nawe yaje akina akanya gato biranga ahita asimburwa byihuse, Cyubahiro Janvier aza akina ku ruhande rw’iburyo ugana imbere ahitwa kuri karindwi.

Niyonzima Ally nawe ukubutse muri CECAFA yahise aza hagati mu kibuga asimbura mu mwanya wa Ndayisaba Hamidou, Tubane James yaje mu mwanya wa Bishira Latif ni nako Jimmy Mbaraga na Frank Karanda baje mu busatirizi.

Namahoro Yves umutoza mukuru wa Unity SC yavuze ko uyu mukino nubwo bawutsinzwe ibitego 6-2 atari ibitego byinshi kandi ko kuba binjije ibitego bibiri mu izamu ari umusaruro mwiza wamufashije gutegura umukino bafitanye na Pepinieres FC mu mpera z’iki Cyumweru.

Mu magambo ye yagize ati “Impamvu twakinnye uyu mukino ni ukugira ngo dushakire abana bacu ubunararibonye. Ntabwo twaje tuvuga ko tuje gutsinda AS Kigali ahubwo twagiraga ngo turebe urwego rw’abana bacu ahantu rugeze kuko niba dutegura igikombe cy’Amahoro tuzi ko tuzahura n’amakipe y’icyiciro cya mbere. 6-2 ntabwo ari ibitego byinshi cyane ariko ni uko byagenze. Kuba binjije ibitego bibiri mu izamu rya AS Kigali buriya batinyutse, ubutaha biziyongera”.

Namahoro Yves umutoza mukuru wa Unity SC

Namahoro Yves umutoza mukuru wa Unity SC

Namahoro uri kwitegura Pepinieres FC avuga ko ari umukino azakina afite abakinnyi buzuye kuko yari afite abakinnyi batandatu (6) bari kumwe n’Isonga FC muri Cote d’Ivoire bamaze kugaruka cyo kimwe n’abakinnyi bari bamaze iminsi mu bizamini.

Ntwali Evode ukina hagati muri AS Kigali nawe yatsinze igitego

Ntwali Evode ukina hagati muri AS Kigali nawe yatsinze igitego

Ndarusanze Jean Claude niwe watsinze igitego cya mbere cya AS Kigali

Ndarusanze Jean Claude niwe watsinze igitego cya mbere cya AS Kigali

Ndandu Omar afasha bagenzi be kwishimira igitego

 Ngandu Omar afasha bagenzi be kwishimira igitego

Ishimwe Kevin umwe mu bakinnyi bahagaze neza muri AS Kigali

Ishimwe Kevin umwe mu bakinnyi bahagaze neza muri AS Kigali

Ndayisenga Fuad yari yabanje mu kibuga

Ndayisenga Fuad yari yabanje mu kibuga 

Nyuma y'igice cya mbere KNC yamanutse mu kibuga kuganiriza abakinnyi

Nyuma y'igice cya mbere KNC yamanutse mu kibuga kuganiriza abakinnyi 

Iradukunda Eric Radou yinjiye asimbuye bahita bongera bamukuramo babona byanze

Iradukunda Eric Radou yinjiye asimbuye bahita bongera bamukuramo babona byanze

Cyubahiro Janvier nawe yinjiye mu kibug asimbuye

Cyubahiro Janvier nawe yinjiye mu kibuga asimbuye 

Mbaraga Jimmy Traore yinjiye asimbuye atsinda ibitego bibiri

Mbaraga Jimmy Traore yinjiye asimbuye atsinda ibitego bibiri

Shamiru Bate (Ibumoso) na Bishira Latif (iburyo) barangije igice cya mbere

Shamiru Bate (Ibumoso) na Bishira Latif (iburyo) barangije igice cya mbere

KNC (ibumoso) na Nshimiye Joseph (iburyo) Team Manager wa AS Kigali

KNC (ibumoso) na Nshimiye Joseph (iburyo) Team Manager wa AS Kigali

Lomami Marcel (ibumoso) umutoza utanga ingufu ku bakinnyi ba Rayon Sports na Nshuti Savio Dominique (iburyo)

Lomami Marcel (ibumoso) umutoza utanga ingufu ku bakinnyi ba Rayon Sports na Nshuti Savio Dominique (iburyo)

Umukino warebwe n'abantu batari bacye

Umukino warebwe n'abantu batari bacye 

Benedata Janvier wakinnye uruhande rw'iburyo rwa AS Kigali

Benedata Janvier wakinnye uruhande rw'iburyo rwa AS Kigali 

Frank Kalanda hagati mu bakinnyi ba Unity SC

Frank Kalanda hagati mu bakinnyi ba Unity SC 

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND