RFL
Kigali

Nizeyimana Djuma yafashije Kiyovu Sport guha ubutumwa Rayon Sports-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:2/12/2018 21:28
3


Ikipe ya Kiyovu Sport yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wakinirwaga kuri sitade ya Kigali kuri iki Cyumweru. Nizeyimana Djuma yatsinze ibitego bibiri bya Kiyovu (60’,90+2’) mu gihe igitego cya Rayon Sports cyatsinzwe na Mukunzi Yannick.



Muri uyu mukino, abantu bibwiraga ko Robertinho aza gukoresha abakinnyi bacye hagati ariko yatangiranye batatu (3) barimo Donkor Prosper Kuka, Niyonzima Olivier Sefu na Mugheni Kakule Fabrice abitabaza mu gice cya mbere. Mu gice cya kabiri baje kuba bane kuko Manishimwe Djabel yasimbuwe na Yannick Mukunzi.

Nizeyimana Djuma ukina mu mpande za Kiyovu Sport niwe winjije Rayon Sports ibitego byose

Nizeyimana Djuma ukina mu mpande za Kiyovu Sport niwe winjije Rayon Sports ibitego byose

Kuba Rayon Sports yari imaze kugira abakinnyi benshi hagati mu kibuga, byatumye babura uburyo bwo kubona imipira icaracara imbere y'izamu  byatumye abakina mu gice cy'inyuma cya Kiyovu Sport babona agahenge.

Abakinnyi ba Kiyovu Sport bishimira igitego

Abakinnyi ba KIyovu Sport bishimira igitego

Abakinnyi ba Kiyovu Sport bishimira igitego

Zagabe Jean Claude (Iburyo) na Nizeyimana Djuma (Ibumoso)

Zagabe Jean Claude (Iburyo) na Nizeyimana Djuma (Ibumoso)

Nizeyimana Djuma amaze kwinjiza penaliti

Nizeyimana Djuma amaze kwinjiza penaliti

Bashunga Abouba umunyezamu wa Rayon Sports  amaze kwinjizwa igitego

Bashunga Abouba umunyezamu wa Rayon Sports  amaze kwinjizwa igitego 

Yannick Mukunzi niwe wateretse umupira kugira ngo Nizeyimana Djuma atere

Yannick Mukunzi niwe wateretse umupira kugira ngo Nizeyimana Djuma atere

Rayon Sports  bishyushya

Bimenyimana Bonfils Caleb azamukana umupira imbere ya Jean Paul Ahoyikuye

Bimenyimana Bonfils Caleb azamukana umupira imbere ya Jean Paul Ahoyikuye

Rwatubyaye Abdul mu bwugarizi bwa Rayon Sports

Rwatubyaye Abdul mu bwugarizi bwa Rayon Sports 

Umukino wa Rayon Sports na Kiyovu Sport uba ari amateka

Umukino wa Rayon Sports na Kiyovu Sport uba ari amateka 

Nyuma gato Gilbert Mugisha yahise yinjira mu kibuga ku munota wa 67' asimbura Mugheni Kakule Fabrice wari wamaze kubona ikarita y'umuhondo mu ntangirio y'umukino bityo umubare w'abakina hagati ba Rayon Sports uhita ugabanuka.

Nyuma gato nibwo Yannick Mukunzi yabonye igitego ku munota wa 78' nyuma yuko abakinnyi ba Kiyovu Sport bari bahagaze nabo. Kiyovu Sport yanze kwiyumvisha ko birangiye ikomeza gukina umukino wayo biza no gutuma basatira byatumye Rwatubyaye Abdul akorera ikosa mu rubuga rw'amahina bibyara penaliti yatewe na Nizeyimana Djuma ku munota wa 90+2'.

Zagabe Jean Claude yasimbuye Ahoyikuye Jean Paul, Shavy Babicka asimburwa na Maombi Jean Pierre ku ruhande rwa Kiyovu Sport.

Rachid Kalisa ahanganya na Mugheni Kakule Fabrice bahoranye muri SC Kiyovu

Rachid Kalisa (Ibumoso) ahanganya na Mugheni Kakule Fabrice (Iburyo) bahoranye muri SC Kiyovu  

Mugheni Kakule Fabrice (27) na Kalisa Rachid (8)

Mugheni Kakule Fabrice (27) na Kalisa Rachid (8)

Umufana wa Rayon Sports yambaye ifoto ya Mugheni Kakule Fabrice

Rayon Sports

Umufana wa Rayon Sports yambaye ifoto ya Mugheni Kakule Fabrice

Donkor Prosper Kuka umunya-Ghana ukina hagati muri Rayon Sports

Donkor Prosper Kuka umunya-Ghana ukina hagati muri Rayon Sports  yambukana umupira imbere y'abakinnyi ba Kiyovu Sport

Yannick Mukunzi ajya kwishyushya

Yannick Mukunzi ajya kwishyushya 

Iradukunda Eric Radou ku mupira imbere ya Jean Paul Ahoyikuye

Iradukunda Eric Radou ku mupira imbere ya Jean Paul Ahoyikuye

Robertinho yakuyemo Mugheni Kakule Fabrice, Yannick Mukunzi asimbura Manishimwe Djabel. Mugheni Kakule Fabrice asimburwa na Mugisha Gilbert.

Muri uyu mukino, Mugheni Kakule Fabrice, Bimenyimana Bonfils Caleb na Iradukunda Eric Radou ba Rayon Sports buri umwe yabonye ikarita y’umuhondo mu gihe Ahoyikuye Jean Paul bita Mukonya na Serumogo Ally nabo buri umwe yatahanye ikarita y’umuhondo.

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego batsindiwe na Yannick Mukunzi 

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Kiyovu Sport bugarira

SC Kiyovu XI: Nzeyurwanda Djihad (GK,20), Serumogo Ally 18, Ngirimana Alex (C,15), Rwabuhihi Uwineza Aimée Placide 6, Ahoyikuye Jean Paul 4, Habamahoro Vincent 13, Kalisa Rachid 8, Shavy Babicka 7, Nizeyimana Djuma 9, Nizeyimana Jean Claude 10 na Armel 14.

Rayon Sports

Rayon Sports XI: Bashunga Abouba (GK,1), Iradukunda Eric Radou 14, Eric Rutanga Alba 3, Manzi Thierry (C,4), Rwatubyaye Abdul 23, Donkor Prosper Kuka 8, Mugheni Kakule Fabrice 27, Niyonzima Olivier Sefu 21, Manishimwe Djabel 10, Sarpong Michael 19 na Bimenyimana Bonfils Caleb 7

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n'abakapiteni

 

Byari ibyishimo ku bakinnyi ba Kiyovu Sport imbere y'abafana

Byari ibyishimo ku bakinnyi ba Kiyovu Sport imbere y'abafana 

Manirareba Ambroise Fils (Ibumoso/Mukura VS), Ngarambe Jimmy Ibrahim na Habihirwe Arstide (Iburyo/Kiyovu Sport) nyuma y'umukino

Manirareba Ambroise Fils (Ibumoso/Mukura VS), Ngarambe Jimmy Ibrahim na Habihirwe Arstide (Iburyo/Kiyovu Sport) nyuma y'umukino

Abafana ba Rayon Sports

Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports  bategereje igitego mu minota ya nyuma

Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports  bategereje igitego mu minota ya nyuma

Izuba ryari rimeze nabi kuri sitade ya Kigali

Abafana ba Rayon Sports

Izuba ryari rimeze nabi kuri sitade ya Kigali 

Abafana ba Kiyovu Sport

Kiyovu Sport bugarira   h

Abafana ba Kiyovu Sport

Nzeyurwanda Jimmy Djihad  umunyezamu wa Kiyovu Sport

Nzeyurwanda Jimmy Djihad  umunyezamu wa Kiyovu Sport 

Niyonzima Olivier Sefu ashaka inzira

Niyonzima Olivier Sefu ashaka inzira igana ku izamu

Nzeyurwanda Djihad  (20) yari yabanje mu izamu anakina iminota 90' aha yari ahanganye na Niyonzima Olivier Sefu (21)

Nzeyurwanda Djihad  (20) yari yabanje mu izamu anakina iminota 90' aha yari ahanganye na Niyonzima Olivier Sefu (21)

Roberto Oliviera Goncalvez de Calmo  umutoza mukuru wa Rayon Sports

Roberto Oliviera Goncalvez de Calmo  umutoza mukuru wa Rayon Sports  atanga amabwiriza

Iradukunda Eric Radou ku mupira

Iradukunda Eric Radou ku mupira 

Dore uko umunsi wa 6 wa shampiyona warangiye:

Kuwa Kane tariki 29 Ugushyingo 2018

-Bugesera FC 2-1 Gicumbi FC  

-FC Musanze 2-1 Amagaju FC  

-AS Kigali 0-1 Sunrise FC  

Kuwa Gatanu tariki 30 Ugushyingo 2018

-Kirehe FC 1-0 Police FC  

-FC Marines 2-0 Espoir FC  

Kuwa Gatandatu tariki ya 1 Ukuboza 2018

-APR FC vs Mukura Victory Sport (Kicukiro,  Warimuwe)

-Etincelles FC 2-2 AS Muhanga  

Ku Cyumweru tariki 2 Ukuboza 2018

-SC Kiyovu 2-1 Rayon Sports  

Havuye ikarita y'umuhondo yahawe Mugheni Kakule Fabrice

Havuye ikarita y'umuhondo yahawe Mugheni Kakule Fabrice

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Eric5 years ago
    Ndabona izuba ryamenaga imbwa agahanga, bravo Kiyovu!!!
  • Igiraneza Gelley5 years ago
    Pole Kuba Rayon Bose Bazabikora Ubutaha.
  • Placid Pazzo Maestro5 years ago
    Ewana Kiyov Yadushimishije. Nsuhua Abafana B Apr Fc





Inyarwanda BACKGROUND