Ikipe ya Newcastle ni yo yegukanye igikombe muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Bwongereza(England Championship) ndetse ikaba yamaze kwizera kuzakina umwaka utaha mu cyiciro cya mbere nyuma y’uko yari yamanutse mu mwaka w’imikino ushize.
Byasabye umunsi wa 46 ari nawo wari uwa nyuma kugira ngo iyi kipe itozwa n’umutoza Raphael Benitez yizere kwegukana igikombe dore ko mbere y’uyu munsi yari inyuma y’ikipe ya Brighton & Hove Albion yaje kunganya na Aston Villa 1-1, mu gihe Newcastle yo yanyagiye Barnsley ibitego 3-0.
Byari ibyishimo bikomeye
Ikipe ya Brighton &Hove Albion igikombe cyayinyuze mu myanya y’intoki nyuma yo kwitwara nabi mu mikino itatu ya nyuma isoza iyi shampiyona aho yatakaje ibiri muri yo ikanganya umwe, gusa kurangiza ku mwanya wa kabiri nayo birayiha amahirwe mu buryo budasubirwaho yo kuzakina mu cyiciro cya mbere umwaka utaha.
Rafa Benitez ashimira abafana ba Newcastle n'akanyamuneza ku bw'uyu mudari wa mbere muri Championship we n'abasore be begukanye
Ku myaka 57, umunya-Espanyolo Rafa Benitez yinjiye mu mateka ya Newcastle nk'uwabagaruye muri Premier League nyuma y'umwaka umwe gusa bamanutse
Umunya-Ghana Christian Atsu(hagati) ni umwe mu bakinnyi iyi kipe yari yubakiyeho mu cyiciro cya kabiri
Mike Ashley(iburyo) umuherwe nyiri iyi kipe ya Newcastle yari yitabiriye uyu mukino, yatashye ikipe ye imushimishije
Abafana ba Newcastle byabasabye gutegereza umunota wa nyuma kugirango babyine intsinzi y'uko begukanye igikombe cya Championship
Amafoto:Dailymail
TANGA IGITECYEREZO