Nemanja Matic umunya-Serbia wakiniraga ikipe ya Chelsea kuva mu 2014, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka itatu (3) mu ikipe ya Manchester United aguzwe miliyioni 40 z’amayero.
Uyu mukinnyi wo hagati w’imyaka 28 yabaye umukinnyi wa gatatu Manchester United iguze nyuma ya Victor Lindelof wavuye muri Benfica na Romelu Lukaku wavuye muri Everton aguzwe miliyoni 75 z’amayero (£75m).Nemanja Matic aruzuza imyaka 29 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Kanama 2017
Jose Mourinho utoza Manchester United yakiriye Nemanja Matic afata nk’umukinnyi azashingiraho kuko ngo yujuje buri kimwe amwifuzaho mu kibuga. Ubwo Jose Mourinho yari muri Chelsea nk’umutoza ni we wazanye Matic amuguze muri Benfica kuri miliyoni 21 z’amayero muri Mutarama 2014.
Akigera i Manchester, Matic yavuze ko yishimiye kuba yageze mu ikipe ya Manchester United ndetse anagaruka ku byishimo yatewe n’abafana b’iyi kipe bamwakirije yombi.
“Nishimiye cyane ibihe nagize muri Chelsea, ndashimira abafana bayo twabanye neza banshyigikira. Ubu ndashimira abafana ba Manchester United banyakiriye kandi mfite ibyishimo byo kuzaba nkorana n’abakinnyi ba Manchester United”. Nemanja Matic
Nemanja Matic byashobokaga ko azaguma muri Chelsea ariko kuva baraguze Tiemoue Bakayoko w’imyaka 22 bakuye muri AS Monaco bamuguze miliyoni 40 z’amayero, byabaye umusemburo w’igenda rya Matic wahawe nimero 31.
Matic yakiniye amakipe arimo; Kolubara (2005-2007), Kosice (2007-2009), Chelsea (2009-2011), Vitesse (2010-2011), Benfica (2011-2014), Chelsea (2014-2017). Yakiniye ikipe y’igihugu ya Serbia y’abatarengeje imyaka 21, akina imikino 11 atsinda ibitego bibiri (2). Ikipe y’igihugu nkuru yakinnyemo imikino 32 abonamo igitego kimwe (1).
Nemanja Matic ubu ni umukinnyi wa Manchester United
Nemanja Matic azjya yambara nimero 31
Nemanja ubwo yari asoje ibizamini by'ubuzima i Manchester
Ikoresho uruganda rwa NIKE rwakirije Nemanja Matic
Ivomo: DailMailOnline
TANGA IGITECYEREZO